sangiza abandi

Police FC yatandukanye n’abakinnyi 7 barimo Byiringiro Lague

sangiza abandi

Police FC yatandukanye n’abakinnyi 7 barimo Byiringiro Lague n’abanyamahanga 6, basoje amasezerano yabo muri iyi kipe.

Kuri uyu wa mbere, tariki 8 Kamena 2026, ni bwo ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Police FC yatangaje ko ishimira abakinnyi barimo Umugande Allan Kateregga, Abarundi Richard Kilongozi na Henry Msanga, abanya-Nigeria Ani Elijah, David Chimezie ndetse n’umunye-Ghana Issah Yakubu.

Ni mu gihe Byiringiro Lague ari we munyarwanda rukumbi kugeza ubu iyi kipe yamaze gutandukana na yo. Uyu mugabo winjiye muri iyi kipe muri Mutarama 2025 avuye muri Sandvikens IF yo muri Sweden, yari yayisinyishije amasezerano y’umwaka n’igice (amezi 18) akaba arangiye.

Ni umwe mu bataratanze umusaruro yari yitezweho, ahanini bijyanye n’imyitwarire ye yo hanze y’ikibuga yakomye mu nkokora iyo mu kibuga. 

Uyu mukinnyi waje avuye i Burayi, aherutse gutangaza ko nta kipe yo mu Rwanda yifuza gukinira, ndetse ubu biravugwa ko nyuma yo gusoza amasezerano yaba agiye kwerekeza mu ikipe yo muri Tunisia.

Ni mu gihe Henry Msanga we amakuru avuga ko ashobora kwerekeza mu ikipe ya Rayon Sports FC.

Police FC yasoje ku mwanya wa kane, ntiyageze ku ntego yari yatangiranye umwaka w’imikino wa 2025/26 yo kwegukana igikombe, ikaba ari kugerageza kongera kwiyubaka ngo yubake ikipe izifashisha mu mwaka w’imikino wa 2026/27.

Amakuru avuga ko ishobora kurekura abandi bakinnyi bagera ku 8 mu gihe ku bijyanye no kugura, itaragira icyo yerekana kugeza ubu.

Byiringiro Lague ntiyongerewe amasezerano muri Police.
Henry Msanga wasoje amasezerano muri Police FC ashobora kwerekeza muri Rayon Sports FC.
Ani Elijah yageze muri Police FC avuye muri Bugesera FC yari yatsinzemo ibitego byinshi.
Richard Kilongozi ni umwe mu bakinnyi beza baca ku mpande basatira, gusa ntiyongerewe amasezerano muri Police FC.

Photos:

[fluentform id="3"]