Rayon Sports na APR FC zombi zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro cya 2026 zikunze guhuriraho, ibyo abakunzi b’aya makipe y’abacyeba bifuzaga ku bwinshi.
Rayon Sports ni yo yahageze mbere isezereye Gorilla FC, mu gihe APR FC yo yayisanzeyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Gicurasi 2026, isezereye Etincelles FC ku giteranyo cy’ibitego 6-2.
Ni nyuma y’intsinzi y’ibitego 3-1 yayikuyeho mu mukino wo kwishyura, bisanga 3-1 yatsinze mu mukino ubanza.
Kuri uyu mukino, APR FC yatsindiwe na Mugisha Gilbert, Mmel Dao ndetse na Djibril Ouattara, mu gihe igitego rukumbi cya Etincelles cyatsinzwe na Ciza Hussein.
Aya makipe yongeye kwisanga ari kumwe ku mukino wa nyuma, ni na yo aheruka guhurira ku w’iki gikombe cy’amahoro giheruka cya 2025, warangiye APR FC icyegukanye itsindiye Rayon Sports FC ibitegi 2-0 muri Stade Amahoro
Ku rundi ruhande, Rayon Sports na yo icyo iheruka gutwara, yagitwaye itsinze APR FC igitego 1-0, mu mukino wabereye kuri Stade ya Huye muri 2023.
Aya makipe agiye guhanganira iki gikombe cya 2026, mu gihe APR FC yo ifite umutekano wo kuba ibura gato ngo yegukane icya Shampiyona, mu gihe Rayon Sports yo iri ku gitutu cyo gushaka iki gikombe kuko ari ho isigaranye amahirwe.
Aya makipe, akunze guhurira cyane muri Stade Amahoro, Rayon Sports itaratsindiramo APR FC kuva yavugururwa ikagira ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza.
Umukino uheruka kubahurizamo ku wa 2 Gicurasi 2026, wari uwa shampiyona warangiye ziguye miswi, igitego 1-1.














