Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Sandja Bulaya Moise wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Kanama 2026 nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangaje uyu rutahizamu mushya, aba umukinnyi wa 17 isinyishije muri iyi mpeshyi, andetse aba umunyamahanga wa 11 iyisinyiye.
Kugeza ubu Rayon sports ihise igira abanyamahanga 15 mu gihe mu mikino yo mu marushanwa yo mu Rwanda hemewe abanyamahanga 8 gusa ku rupapuro rw’umukino.
Kwinjira muri Rayon Sports kwa Sandja Bulaya Moise bishimangira ko Ndikumana Asman ashobora kuba ari mu muryango usohoka muri iyi kipe nk’uko byavuzwe ko atari mu mibare y’umutoza Haringingo Francis Christian.
Rutahizamu Sandja Bulaya Moise asanzwe amenyereye Shampiyona y’u Rwanda kuko mu mwaka ushize w’imikino yayikinnyemo mu ikipe ya Kiyovu Sports, yayigezemo avuye muri AS Otohô yo muri Congo (Brazaville).
Sandja Bulaya Moise wifuzwaga n’andi makipe arimo Police FC yakiniye Kiyovu imikino 19 muri Shampiyona, ayitsindira ibitego 4.
Uyu rutahizamu asanze Rayon Sports ifite abandi bakinnyi bakina ku mwanya umwe aribo Kameni Herman Junior, Nizeyimana Mubarakah na Ndikumana Asman.
Asanze kandi Rayon Sports ikomeje imyiteguro y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri rusange, ariko by’umwihariko irushanwa ry’igikombe kiruta ibindi, FERWAFA Super Cup, izatangira ihuramo na Police FC muri 1/2 tariki 27 Kanama 2026 kuri Kigali Pele Stadium.
Nyuma y’iri rushanwa, Rayon Sports izatangira urugendo rwayo rwo gushaka itike ya CAF Confederation cup aho mu ijonjora rya mbere izatana mu mitwe na Panthère Sportive du Ndé FC yo muri Cameroon.
SANDJA BULAYA MOISE IS BLUE!
— Rayon Sports Official (@rayon_sports) August 22, 2026
The former AS Otohô and Kiyovu Sports striker is officially a Rayon Sports player!
Welcome to the Gikundiro, Sandja. pic.twitter.com/vg9c6CKu0I








