sangiza abandi

Rayon Sports yasinyishije Umunye-Congo wakiniye Yanga SC na AS Vita Club

sangiza abandi

‎Ikipe ya Rayon Sports FC yatangaje ko yasinyishije Yannick BANGALA Litombo, umukinnyi wayo mushya Ukomoka mu gihugu cy’abaguranyi cya DRC.

‎Uyu musore yashyize umukono ku masezerano ndetse ahita anatangazwa, kuri uyu wa gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026.

‎Yisinye amasezerano y’amezi 6 ashobora kongerwa, bikaba byitezwe ko akinira iyi kipe mu gice cya kabiri ( 2nd leg) cya Shampiyona y’u Rwanda.

‎Bangala ashobora gukina mu mutima w’ubwugarizi, inyuma iburyo ndetse no mu kibuga hagati.Uyu musore yahawe umwambaro wa nimero 4.

‎Uyu myugariro w’imyaka 31,yakiniye amakipe nka Far Rabat,Young Africans ,Azam, AS Vita Club na DCMP

‎Iyi kipe ikomeje kwiyubaka gake gake ishakisha imbaraga izagarukana mu mikino yo kwishyura, dore ko idahagaze neza muri Shampiyona.

‎Iranavugwamo kandi umuzamu Kwizera Olivier wanayihozemo, ushobora gusinya amezi 6 mu gihe bakumvikana ntihagire igihinduka, akaba yatangwaza, ariko ubu bigihanzwe amaso.

‎Rayon Sports ya 7 ku rutonde rwa Shampiyona, iri kwitegura umukino wa nyuma w’igikombe kiruta iminsi, ibindi ( Super Cup) uzayihuza na APR FC tariki 10 Mutarama 2026.

‎Gikundiro ikaba yizeye ko izaba yamaze kongeramo amaraso mashya dore ko isoko ry’igura n’igurishwa ribura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo rifungurwe.

Photos:

[fluentform id="3"]