sangiza abandi

Rulindo: Polisi yatangiye iperereza kuri mudasobwa zibwe ku kigo Nderabuzima cya Buyoga

sangiza abandi

Kuri uyu wa 12 Mata 2026 Polisi y’Igihugu yatangaje ko iri gukora iperereza kuri mudasobwa ‘Laptop’ zibwe ku Kigo Nderabuzima cya Buyoga mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru.

Ni amakuru yatangajwe n’Umunyamakuru Oswald Oswakim, aho yavuze ko ari amakuru yahawe n’umuturage ko ku kigo Nderabuzima cya Buyoga habaye ubujura bwa mudasobwa ariko ko kamera zafashe ukekwaho ubu bujura.

Ubutumwa bw’umuturage bwagiraga buti “  “I Buyoga mu Karere ka Rulindo kuri centre de santé bongeye kuhiba laptop ariko camera yamufashe, ndabizi ukurikirwa n’abantu benshi ubu iyi photo iyishyize ku mbuga zawe ntibyafasha centre de santé kumubona? Murakoze.”

Polisi y’igihugu ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko ifatanyije n’izindi nzego yatangiye iperereza kuri iki kibazo.

Yagize iti “ Muraho, ku bufatanye bwa Polisi n’izindi nzego zibishinzwe, hatangiye gukorwa iperereza kuri iki kibazo kugirango ababigizemo uruhare bafatwe bashyikirizwe ubutabera.

Aya makuru kandi yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Ngirabakunzi Ignace.

CIP Ngirabakunzi yemereye UMUNOTA ko aya makuru ari yo ko mudasobwa zibwe avuga kandi iperereza rikomeje.

Yagize ati “Yego ubujura bwarabaye ejo tariki 12 Mata 2026, polisi n’izindi nzego turi gukora iperereza kuri iki kibazo”.

Photos:

[fluentform id="3"]