sangiza abandi

Rutsiro FC na AS Muhanga mu mazi abira, Amagaju na Etincelles mu nzira ihunga umurongo utukura

sangiza abandi

Amakipe ya AS Muhanga, Rutsiro FC, Etincelles FC na AS Kigali ari mu rugamba rwo kurwana no kuguma mu cyiciro cya mbere, yahatanye mu mukino w’umunsi wa 31 wa shampiyona y’u Rwanda.

Al Hilal SC yatsinze AS Muhanga ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri stade ya Muhanga, Amagaju atsindira  Rutsiro FC i Rubavu ibitego  2-1 mu gihe Etincelles FC yanganyirije i Kigali na Gasogi United ibitego 2-2.

AS Muhanga ya 17 na Rutsiro ya 18 za nyuma ziraye mu murongo utukura nyuma yo gutakaza imikino y’uyu munsi, mu gihe Amagaju araye ku mwanya wa 14 n’amanota 31 mu nzira ihunga uyu murongo utukura mu gihe yakwitwara neza mu mikino isigaye.

AS Kigali ya 15 n’amanota 29, iracakirana na APR FC ishaka gutsinda cyanga ngo inganye yigire imbere ho inota rimwe ishake inzira iyisohora muri iyi nkundura yo kumanuka.

Gutakaza umukino kwa Rutsiro biyongereye ibyago byo kumanuka mu cyiciro cya kabiri kuko umikino ikurikira na yo itoroshye, aho bazakina na APR FC, AS Kigali na Bugesera.

Ni mugihe AS Muhanga, izakina na Kiyovu Sports, Amagaju, na Marines FC zo zidafite igitutu nk’icyayo. Amagaju yo nyuma yo gutsinda kuri uyu munsi ifite umutekano kurusha izi zindi.

APR FC iyoboye izo mu Rwanda ku rutonde  inyuma ya Al Hilal na Al Merreikh, iresurana na AS Kigali, na yo itorohewe kuko iyi kipe y’Umujiy wa kigali iri ku mwanya wa 15 n’amanota 29, inyuma ya Amagaju.

Al Hilal ya mbere ifite amanota 70 mu gihe igifite ikirarane kimwe, Al Merreikh ya kabiri ikagira 58 n’imikino ibiri y’ibirarane, APR ya gatatu ikagira 56 irusha amanota 5 Rayon Sports mu gihe itaramara gukina na AS Kigali.

Shampiyona isigaje imikino 3 ngo iramngire, kuko hateganyijwe imikino 34 yose hamwe.

Photos:

[fluentform id="3"]