sangiza abandi

RwandAir yasubukuye ingendo zerekeza i Doha na Dubai

sangiza abandi

Sosiyete y’indege ya RwandAir yatangaje ko igiye gusubukuru ingendo zerekeza i Doha muri Qatar na Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, guhera ku itariki ya 1 Kamena 2026.

Ni mu itangazo banyuijije ku mbuga nkoranyambaga zabo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28 Gicurasi 2026.

Ni nyuma y’igihe izi ngendo zarahagaritswe, aho iyi sosiyete yasobanura ko izi ngendo zerekeza mu mijyi yombi zifitiye akamaro abakiriya bayo, by’umwihariko abakora ingendo z’ubucuruzi, iz’akazi n’iz’ubukerarugendo hagati y’u Rwanda n’ibice byo mu Burasirazuba bwo Hagati.

RwandAir yavuze ko mu gihe izi ngendo zizaba zisubukurwa bazakomeza guharanira ko umutekano w’abagenzi n’abakozi bayo biba ku isonga mu byo yitaho kurusha ibindi byose.

RwandAir yari yahagaritse ingendo zerekeza i Dubai na Doha ku wa 28 Gashyantare 2026, kubera umutekano muke n’ifungwa ry’ikirere mu gace k’Uburasirazuba bwo Hagati, nyuma y’imirwano n’ibitero bya gisirikare byari bihanganishije Iran na Israel.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]