sangiza abandi

Saint Éloi Lupopo yitegura gukina na Al Hilal SC yageze i Kigali

sangiza abandi

Abakinnyi b’ikipe ya FC Saint Éloi Lupopo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bageze i Kigali, aho bari kwitegura umukino wa CAF Champions League bazakina na Al Hilal SC.

Iyi kipe yageze i Kigali kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Gashyantare 2026.

Aya makipe azacakirana mu mukino w’umunsi wa gatandatu ari na wo wa nyuma w’amatsinda ya CAF Champions League, uteganyijwe kuba ku wa Gatandatu, tariki ya 14 Gashyantare 2026, kuri Stade Amahoro.

Al Hilal SC Omdurman irasabwa gutsinda cyangwa ikanganya na FC Saint Éloi Lupopo kugirango ibe yakomeza mu cyiciro gikurikiyeho mu mikino cya ¼ cya CAF Champions League.

Al Hilal SC kuri ubu ikaba iri ku mwanya wa mbere mu itsinda C aho ifite amanota umunani, ni mu gihe mu bitugu byayo hari MC Alger ifite amanota irindwi, Mamelodi Sundowns ikaza ikurikira n’amanota itandatu ni mu gihe FC Saint Éloi Lupopo iri ku mwanya wa kane mu itsinda C n’amanota atanu.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]