sangiza abandi

“The Battle of Bisesero”, filime izahinyuza abagoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

sangiza abandi

Abahanga muri Sinema yo muri Afurika ndetse no ku Mugabane w’u Burayi bagiye guhuriza imbaraga muri Filime yiswe “The Battle of Bisesero”, ivuga ku nkuru y’ubutwari bw’Abanya-Bisesero n’ukuri kw’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuhanga mu gutunganya filime, Producer Richard Hall, ni umwe mu mazina akomeye ari mu mushinga w’iyi filime. Akomoka mu Bwongereza ariko akaba amaze imyaka 25 akorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, by’umwihariko akaba yarashakanye n’umukobwa warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hall yibitseho igihembo cya Emmy Award, ndetse ni we wagize uruhare mu itegurwa rya Filime “The 600: A Soldiers’ Story” igaruka ku butwari bw’abasirikare b’Inkotanyi 600 bari baroherejwe mu Nteko Ishinga Amategeko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Hari kandi Umwongereza ufite inkomoko muri Nigeria, Wale Ojo, uzagaragara muri iyi filime.

Wale afite izina rikomeye muri Sinema yo muri Nigeria izwi nka Nollywood, aho yakinnye muri nyinshi muri filime ziri ku rubuga rwa Netflix zirimo ‘Phone Swap’ na ‘The CEO’.

Umunyafurika y’Epfo usanzwe yandika inkuru za filime, Mandla Dube, ni we uzayobora “The Battle of Bisesero”. Uyu yayoboye izirimo ‘Heart of the Hunter’, ‘Jiva’ n’izindi ziganjemo iziri ku rubuga rwa Netflix.

Azafatanya n’Abanyarwanda Annette Uwizeye na Munyeshuri Innocent, ndetse n’Umunya-Uganda Tracy Kababiito.

Umushinga wa “The Battle of Bisesero” watangiye witwa “Bisesero: A Daughter’s Story”, ariko uza guhindurirwa izina. Biteganyijwe ko iyi filime izakinwa muri Mata na Gicurasi 2026.

Aba bahanga mu bya sinema n’abandi bazagaragara muri uyu mushinga bari bamaze iminsi ine mu mahugurwa no gutoranya abakinnyi bazifashishwa mu ikinwa ry’iyi filime, yatangiye tariki ya 9-12 Mutarama 2025, asozwa n’ikiganiro gisobanura impamvu y’itegurwa ryayo.

Richard Hall ari na we uri ku ruhembe rw’abari kuyitegura, yavuze ko yayitekerejeho ashaka gukora filime yubakiye ku nkuru mpamo y’amateka y’ibyabaye no kurinda abantu kureba izigoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mandla Dube na we yavuze ko mu gihugu akomokamo filime zikoreshwa mu gusangiza inkuru z’igihugu, yerekana ko ari igitekerezo cyiza gukora filime igaruka ku mateka y’ubutwari bw’Abanya-Bisesero mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse ashima impano yasanganye Abanyarwanda mu gukina filime, ko itanga icyizere cyo kugera kure.

Wale Ojo uzakina muri iyi filime Nyarwanda yitwa ‘Birara Aminadab’ yashimye Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubuhanzi yayitekereje, avuga ko ubwo izaba igiye hanze izahindura byinshi ku Rwanda na sinema yarwo muri rusange.

Uyu mushinga umaze imyaka isaga itatu utegurwa, Wale Ojo yavuze ko yasabwe kuwugaragaramo mu 2023, ndetse yiteguye gukora ibisabwa kugira ngo iyi filime izajye hanze igaragaza inkuru y’ukuri y’u Rwanda.

Photos:

[fluentform id="3"]