sangiza abandi

Tour du Rwanda 2026: Umunya Israel Einhorn Itamar yegukanye agace ka mbere

sangiza abandi

Umunya Israel Einhorn Itamar ukinira NSN Development Team ni we wegukanye Agace ka Mbere ka Tour du Rwanda 2026 kakinwe ku ntera y’ibilometero 173,6 kuva Rukomo muri Gicumbi kugera i Rwamagana, akoresheje amasaha ane, n’amasegonda 5.

Ni nyuma yo kurusha abandi imbaraga ku murongo ( Splint) . Ni etape ya gatatu atwaye muri Tour du Rwanda nyuma yo gutsindira i Kayonza n’i Nyaruguru mu 2024.

Yahise yambara umwambaro w’umuhondo kuko ari we utanze abandi i Rwamagana.

Uyu yakurikiwe na Hodei Gabina Munoz ukinira Soudal Quick-Step Devo Team, Mewael Girmay (Istanbul Team),
Henok Mulubrhan (Eritrea), na Christian Van Rees (Devo Team Picnic Postnl).

Umunyarwanda waje hafi ni Uwiduhaye Mike ukinira Benediction waje ku mwanya wa 10 na
Muhoza Eric Team Amani waje ku mwanya wa 11.

Ku munsi w’ejo tariki ya 23 Gashyantare 2026. hazakinwa agace ka kabiri , kazava mu karere ka Bugesera kerekeza mu karere ka Huye.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]