Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje abayobozi bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, barimo uwa Guinée Équatoriale na Oman.
Victorino Nka Obiang Mayé yemejwe nk’Ambasaderi wa Guinée Équatoriale mu Rwanda, aho azaba afite icyicaro i Brazzaville muri Congo, naho Hussain Saif Aziz Al-Harthi ahagarariye igihugu cya Oman mu Rwanda.
U Rwanda na Guinée Équatoriale ni ibihugu bisanganywe umubano w’igihe kirekire, aho mu 2019 Perezida w’iki gihugu, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yagiriye uruzindo mu Rwanda, asiga hasinywe amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye zigamije iterambere ry’ibihugu byombi.
Ibihugu byombi bifitanye amasezerano mu bijyanye na Dipolomasi, ubukerarugendo, ubwikorezi bwo mu kirere, ubuzima, n’izindi nzego.
Ku rundi ruhande, u Rwanda na Omar bisanzwe bifitanye umubano mwiza wa dipolomasi watangiye mu mwaka wa 1998.
Muri Gashyantare 2016 Sosiyete yo muri Oman yitwa Mawarid Mining LLC yasinye amasezerano y’imikoranire y’imyaka itatu ajyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda.
Umwami wa Oman, Sultan Qaboos bin Said, ari mu bayobozi boherereje Perezida Kagame ubutumwa bwo kumushimira mu 2017 ko yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi.
Mu 2020 na bwo mu Rwanda hatangijwe imurikagurisha ry’ibikorerwa muri Oman (Omani Products Exhibition: OPEX) ryitabirwa n’abamurika barenga 80 baturutse muri Oman.
Ibihugu byombi bikorana mu bijyanye na serivisi z’ubuzima, gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi, ikorabuhanga, ingendo zo mu kirere, ubukerarugendo n’izindi nzego.






