Ku cyumweru tariki 21 Nzeri 2025 nibwo i Kigali mu Rwanda hatangiye Shampiyona y’Isi y’amagare 2025 , rikaba ari irushanwa ribereye ku mugabane wa Afurika ku nshuro ya mbere mu myaka 103 rimaze ribayeho.
Mu budasa bwinshi bw’irisiganwa rya Shampiyona y’Isi , Umunyabigwi muri ruhago ya Afurika ukomoka mu gihugu cya Tuniziya , Karim Haggui ari mu Rwanda .
Ni bufatanye na sosiyete icuruza ibikomoka kuri peteroli ya Total Energie isanzwe ari umufatanyabikorwa w’impuzamashyirahamwe y’umukino wo gusiganwa ku magare ku Isi (UCI) ndetse n’impuzamashyirahamwe y’umupira wa maguru muri Afurika (CAF).
Uyu munyabigwi ari mu Rwanda aho yaje kwerekana igikombe cyumwimerere cy’afurika gihuza amakipe y’Ibihugu (AFCON).
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 22 Nzeri 2025 nibwo Haggui yageze ku kicaro cya Ferwafa giherereye I Remera mu mujyi wa Kigali , maze afatanyije n’abanyabigwi mu mupira w’u Rwanda barimo: Jimmy Mulisa ndetse na Nibagwire Sifa Gloria bafatanya kwerekana igikombe cy’umwimerere cya Afurika gihuza amakipe y’Ibihugu (AFCON)
Biteganyijwe ko iki gikorwa cyo kwerekana igikombe cya Afurika ( CAF AFCON TROPHY) kizakomeza ku munsi wejo tariki 23 Nzeri 2025 aho Ambasaderi wa Caf Karim Haggui afatanyije na Haruna Niyonzima ndetse na Niyoyita Alice bazereka igikombe cya Afurika (AFCON) Abatura Rwanda bazaba bari ku mihanda hirya no hino mu mujyi wa Kigali bareba isiganwa rya Shampiyona y’Isi 2025.
Iki gikorwa cyateguwe na Sosiyete ya Total Energie kigamije kwerekana amateka, umuco ndetse n’umurage w’umupira wa maguru ku mugabane wa Afurika.










