Umunyarwandakazi Uwumuhoza Viollete , ku wa 7 Mutarama 2026, yapfuye urupfu rutunguranye, aguye muri sitasiyo ya Polisi iri mu Majyaruguru y’iki gihugu, mu mujyiwa Arusha.
Ikinyamakuru The Tanzania Times, kivuga ko uyu nyakwigendera mu itangazo rya Polisi yashyize hanze, ryakoze iperereza ku rupfu rwe ariko ntihamenyekana icyaba cyamwishe.
Gusa iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko raporo yaturutse ku biro bikuru bya Polisi muri Dodoma ivuga ko uyu munyarwandakazi utaramenyekana imyaka yaba yiyahuriye aho yari afungiwe nubwo na byo bigikomeje kugenzurwa.
Uwumuhoza Viollete yatawe muri yombi kubera kwinjira no gutura muri Tanzania mu buryo bunyuranyije n’amategeko burimo no kuba nta cyangombwa kimwemerera kuhaba yari afite.








