sangiza abandi

Umunyarwandakazi yegukanye umudari wa Zahabu mu Bufaransa

sangiza abandi

Umunyarwandakazi, Niyonkuru Florence, yegukanye umudari wa zahabu  mu isiganwa ry’amaguru rya Lyon International Half Marathon ryari ribaye ku nshuro ya 41 rikaba ari isiganwa ribera mu Bufaransa.

Ibi uyu munyarwandakazi yabikoze mu mpera z’icyumweru gishize, aho yari ahagarariye u Rwanda mu cyiciro cy’abagore mu isiganwa  rya Lyon International Half Marathon.

Iri siganwa ryari ribaye ku nshuro ya 41 aho riba bwa mbere hari mu mwaka w’i 1984, iri siganwa rikaba ribera mu Mujyi wa Belfort  ndetse na Montbéliard ho mu Bufaransa .

Intego yaryo ya mbere ikaba ari ugufasha guhuza iyo Mijyi yombi binyuze muri siporo.

Isiganwa rya Lyon International Half Marathon, ry’uyu mwaka rikaba ryaritabiriwe n’abantu bose hamwe 6,300. mu cyiciro cy’abagore mu gusiganwa ibilometero ibihumbi 21 (Half Marathon) .

Isiganwa ryarangiye Umunyarwandakazi, Niyonkuru Florence ariwe wegukanye umudari wa zahabu aho yirukanse ibilometero ibihumbi 21 akoresheje isaha 1, iminota 10 ndetse n’amasegonda 14.

Niyonkuru Florence w’imyaka 24 y’amavuko, yegukanye uyu mudari wa zahabu mu gihe mu kwezi kwa Kamena 2025, nabwo yari yegukanye umudari wa zahabu mu cyiciro cy’abagore mu gusiganwa ibilometero ibihumbi 21 (Half Marathon) mu isiganwa rya Kigali Peace Marathon.

Niyonkuru yahesheje ishama u Rwanda yegukana umudari wa Zahabu

MURI KAMENA YATSINDIYE UMUDARI WA ZAHABU MURI KIGALI PEACE MARATHON

Photos:

[fluentform id="3"]