sangiza abandi

Uwacu Jean Bosco wakiniye amakipe arimo APR FC yapfuye

sangiza abandi

Umukinnyi w’umupira, Uwacu Jean Bosco wakiniye amakipe arimo Atraco FC, APR FC na Police FC, yitabye Imana azize uburwayi.

Inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Uwacu Jean Bosco yamenyekanye kuri uyu wa Mbere, Tariki ya 19 Mutarama 2026.

Amakuru UMUNOTA ukura mu bo mu muryango wa Uwacu, avuga ko uyu munyabigwi muri ruhago y’u Rwanda yagize uburwayi kuva mu mpera za 2025.

Uwacu yabanje kubabara ukuboko ndetse nyuma yaho biba ngombwa ko ajyanwa kwa muganga, ariko akomeza kumererwa nabi aho yatakaje ubushobozi bwo kuvuga ndetse no kumva bitewe n’uburwayi.

Uwacu yitabye Imana nyuma y’igihe yari amaze arwariye mu bitaro bya Kimisagara mu Mujyi wa Kigali.

Uwacu Jean Bosco yabonye izuba tariki ya 31 Mutarama 1988, yabaye umukinnyi ngenderwaho aho yakinaga nka myugariro ku ruhande rw’iburyo inyuma, mu makipe anyuranye yo mu Rwanda arimo Etincelle FC, APR FC, Atraco FC, na Police FC.

Yakiniye kandi ikipe y’igihugu y’Amavubi, mu mikino inyuranye irimo uwo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’Isi cya 2010 cyabereye muri Afurika y’Epfo.

Kuva tariki ya 23 Kamena 2023, Uwacu yari umutoza wungirije w’ikipe ya Sunrise kuri ubu ikina Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu Rwanda, akaba yaherukaga mu nshingano mbere y’uko arwara mu Ugushyingo 2025.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]

One Response