sangiza abandi

Volleyball: Amakipe y’u Rwanda yacanye umucyo mu mikino y’umunsi wa kabiri wa Shampiyona Nyafurika

sangiza abandi

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 24 Mata 2026, Shampiyona Nyafurika yʼAbagabo muri Volleyball yakomeje hakinwa iy’umunsi wa kabiri wo mu matsinda, muri iri rushanwa riri kubera mu Rwanda.

Mu mikino 12, yabereye ku bibuga bya BK Arena na Petit Stade, amakipe ane ya REG VC, Police VC, Police VC na Kepler VC yaserukiye u Rwanda muri iri rushanwa, yitwaye neza kuko yose yegukanye intsinzi.

Muri BK Arena REG VC yatsinze Rukinzo VC y’i Burundi amaseti 3-0; umukino wakurikiwe n’uwo Police VC yatsinzemo Faith Union Sports yo muri Maroc amaseti 3-1 mu gihe umukino wa nyuma wahabereye warangiye APR VC itsinze Litto Team VC yo muri Cameroun amaseti 3-0.

Ni mu gihe mu yabereye muri Petit Stade, harimo uwo Kepler VC na yo y’u Rwanda yatsinzemo Sport-S VC yo muri Uganda amaseti 3-0.

Bitandukanye n’umunsi wa mbere, aho REG VC ariyo itarabonye intsinzi, uwa kabiri wo wasinze amakipe ane yo mu Rwanda yose abonye intsinzi.

Shampiyona Nyafurika yʼAbagabo muri Volleyball irakomeza kuri uyu wa Gatandatu , hakinwa imikino 12 irimo itandatu ibera muri BK Arena n’indi ikinirwa muri Petit Stade.

Amakipe ahagarariye u Rwanda yose arakinkra muri BK Arena, aho Police VC ikina na Wolaitta VC yo muri Ethiopia saa 14:00, REG VC igakina na General Service Unit yo muri Kenya saa 16:00.

Ni mu gihe Kepler VC ikina Cameroon Sports saa 18:00 naho APR VC igakina na Nemo Stars yo muri Uganda saa 20:00.

Iyi mikino ikomeje kwerekana ko u Rwanda rumaze kuba ubukombe mu kwakira amarushanwa kuko n’abafana bakurikira iyi mikino ari benshi by’umwihariko iy’amakipe ahagarariye Igihugu.

Photos:

[fluentform id="3"]