Dosiye ya Dr.Manirakiza Benjamin, umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa abashukisha amafaranga, yaregewe urukiko.
Uyu mwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyarugenge, akurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa bari mu myaka ya 16-20, akabaha amafaranga guhera kuri 40,000 Frw kugeza ku 100,000 Frw.
Ikinyamakuru UMuryango kivuga ko aba bana ngo yabaga afite amabwiriza y’uko bagomba kuba ari amasugi cyangwa barakoze imibonano mpuzabitsina inshuro itarenze imwe gusa, kandi ngo bakaba bafite amabere ashinze nk’imitemeri.
Iperereza ry’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, ryagaragaje ko mu bihe bitandukanye uyu mwarimu yagiye asambanya aba bana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye yo mu Karere ka Bugesera.
Ku wa 19 Mutarama 2026, nibwo RIB yatangaje itabwa muri yombi ry’uyu mwarimu, kuri ubu akaba yitegura kwitaba Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugirango aburane ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Ingingo ya 14 y’itegeko No 059/2023 ryo ku wa 4 Ukuboza 2023 rihindura itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30 Kamena 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu usambanya umwana cyangwa umukorera ibindi bikorwa bigamije ishimishamubiri aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25. Iyo gusambanya umwana byakorewe ku mwana uri munsi y’imyaka 14, igihano kiba igifungo cya burundu.





