Rurangirwa mu mukino w’Amagare ukomoka mu gihugu cya Slovenia, Tadej Pogacar yegukanye ku nshuro ya kabiri yikurikiranye umudali wa Zahabu muri Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025.
Uyu munya-Slovenia yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025, ahigitse Umubiligi, Remco Evenopoel wamutwaye umudali wa Zahabu mu gusiganwa n’igihe (ITT), ubwo yamucagaho ku gaterera k’amabuye ku munsi wa mbere w’iyi Shampiyona.
Tadej yashoje intera y’ibilometero 267,5, byakozwe muri ‘Lap’ 16 akoresheje amasaha 6, iminota 21 n’amasegonda 20, arusha umunota 1 n’amasegonda 28, Remco Evenopoel n’Umunya-Iraland Ben Healy waje ku mwanya wa gatatu.
Uyu munya-Slovenia yambitswe umudali wa Zahabu na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ni mu gihe Remco Evenopoel yambitswe umudali wa Feza n’igikomangoma cya Monaco, Albert II naho Ben Healy yambikwa umudali w’Umuringa na Perezida wa UCI, David Lappartient.
Ni isiganwa ritari ryoroshye benshi bavuga ko rirenze urwego rw’Abanyafurika, aho ryari ryitabiriwe n’abasiganwa 125, barimo Abanyarwanda batandatu, aribo Manizabayo Eric, Vainqueur Masengesho, Byukusenge Patrick, Eric Muhoza, Eric Nkundabera na Shemu Nsengiyumva.
Abakinnyi 30 nibo babashije gusoza iyi ntera, barimo Umunyafurika umwe, ukomoka muri Eritrea. Abanyarwanda bo bahaburiye amahirwe yo kuba mu babashije gusoza Shampiyona y’Isi y’Amagare.
Shemu Nsengiyumva niwe Munyarwanda wavuyemo nyuma ageze kuri Lap ya 11, amaze kuzenguruka Nyabugogo-Norvege no kwa Mutwe.
Tadej Pogacar w’imyaka 28 y’amavuko usanzwe akinira ikipe ya UAE Team Emirates-XRG, yegukanye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya Shampiyona y’Isi y’Amagare nyuma yo kwegukana iya 2024, yabereye i Zurick mu Busuwisi ndetse kandi yibitseho Tour du France ya 2024, 2025 n’izindi ebyiri zabanje.
Mu gusoza iyi ntera Tadej mu byishimo yarambuye amaboko aramutsa ibihumbi by’Abanya-Kigali n’Abanyamahanga bateraniye mu mbuga ya KCC, ndetse ku musozo yakiranwa yombi n’umugore we Urška Žigart bari bazanye mu masiganwa i Kigali.
Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2026, izabera Montreal mu mujyi wa Quebec muri Canada, kuva tariki ya 20 kugeza 27 Nzeri 2026.






















