Ikipe ya Bugesera FC yamaze gutangaza ko Gatera Mussa ari umutoza wayo mu gihe cy’umwaka umwe wa 2026/27 asimbuye Banamwana Camarade wamaze kugirwa umutoza wa Sunrise FC y’i Nyagatare.
Kuri uyu wa Mbere tariki 20 Nyakanga 2026 ni bwo ikipe ya Bugesera FC yo mu Ntara y’Uburasirazuba yatangaje umutoza Gatera Mussa nk’umutoza wayo mushya n’ubwo impande zombi zari zarumvikanye cyera.
Gatera yatinze gutangazwa nk’umutoza mushya wa Bugesera FC kuko yari akiyifitiye amasezerano y’umwaka umwe ikipe ya AS Muhanga yatozaga mu mwaka ushize w’imikino kandi akaba yasabwaga kubanza kuyishyura.
Amakuru dukesha umunyamakuru Ndayambaje Jonathan, avuga ko Gatera Mussa arasimburwa na Munyeshyaka Gaspard wari wazamuye AS Muhanga mu cyiciro cya mbere umwaka ushize w’imikino, nyuma y’uko ari nawe wazamuye ikipe ya Sunrise FC uyu mwaka aho yari imaze imyaka ibiri mu cyiciro cya kabiri.
Gatera Mussa yerekeje mu ikipe ya Bugesera FC nyuma y’uko ikipe ya AS Muhanga yatozaga mu mwaka ushize w’imikino yongeye gusubira mu cyiciro cya kabiri, yarangije Shampiyona iri ku mwanya wa 17 mu makipe 18 n’amanota 31.
Gatera Mussa asanzwe amenyereye Shampiyona y’u Rwanda kuko yanyuze mu yandi makipe arimo Rutsiro FC, Sunrise FC, Isonga FC, Espoir FC, na Gorilla FC.
Gatera yatoje muri Rayon Sports nk’umutoza wungirije ndetse anatoza ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 17.









