sangiza abandi

Vipers SC yageze i Kigali yitabiriye CECAFA Kagame Cup 2026

sangiza abandi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Nyakanga 2026 ni bwo ikipe ya Vipers SC yo muri Uganda yageze mu Rwanda aho yitabiriye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026.

Vipers SC yisanze mu itsinda A muri CECAFA Kagame Cup aho iri kumwe n’amakipe ya APR FC, Garde Republicaine na Gor Mahia FC yo muri Kenya.

Vipers SC izakina umukino wayo wa mbere na Garde Republicaine yo muri Djibouti nayo yamaze kugera i Kigali, ku wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2026 muri Sitade Amahoro saa cyenda z’umugoroba (15h00).

Uyu mukino ni wo uzabimburira indi yo muri CECAFA Kagame Cup 2026.

Vipers SC y’umutoza Denis Lavagne yageze i Kigali iri kumwe n’abakinnyi 24 barimo na Farouk Miya na Cesar Mandzoki iherutse kongera gusinyisha.

Iyi kipe kandi irimo abakinnyi barimo Ndahiro Derrick, Ashraf Mandela, na Chukuma OdilI bose banyuze muri Shampiyona y’u Rwanda mu ikipe ya Police FC.

Nyuma yo gukina na Garde Republicaine, Vipers SC izakurikizaho umukino izahuramo na Gor Mahia FC tariki 27 Nyakanga 2026 saa kumi z’umugoroba muri Kigali Pele Stadium, ubundi isoze imikino yayo ikina na APR FC ku wa 30 Nyakanga 2026 saa mbiri zuzuye muri Sitade Amahoro.

Vipers ifite igikombe cya Shampiyona ya Uganda ntabwo ari ikipe ifite amateka muri CECAFA Kagame Cup kuko ntabwo irabasha kweguakana iki gikombe ndetse ntabwo irabasha no kugera ku mukino wa nyuma.

Urutonde rw’abakinnyi ba Vipers baje gukina CECAFA Kagame Cup 2026

Photos:

[fluentform id="3"]