sangiza abandi

Boateng Mensah yongereye amasezerano muri Mukura VS&L

sangiza abandi

Umukinnyi w’umunya-Ghana Agyenim Boateng Mensah ukina nka rutahizamu yamaze kongera amasezerano y’umwaka umwe mu ikipe ya Mukura VS&L azamugeza muri 2027.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Nyakanga 2026 nibwo ikipe ya Mukura yatangaje ko Mensah yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri iyi kipe nyuma y’imyaka ibiri yarayimazemo.

Boateng Mensah w’imyaka 29 yageze muri Mukura mu mpeshyi ya 2024 avuye mu ikipe ya Dreams FC y’iwabo muri Ghana.

Nyuma y’uko arangije amasezerano ndetse n’ubuyobozi bwa Mukura bugatangaza ko atazongera, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko yamaze kuyongera nyuma y’uko n’ubundi yari ari mu Rwanda mu mikino ya CECAFA Kagame Cup aho yakiniraga ikipe ya CF Garde Républicaine yo muri Djibouti.

Mensah ntiyafashije byinshi Garde Républicaine muri iri rushanwa cyane ko kugeza ubu imaze gutsindwa imikino ibiri yo mu itsinda, yinjiza igitego kimwe gusa mu gihe yo yinjijwe ibitego 6 harimo n’umukino yatsinzwemo na APR FC ibitego 3-1, byemeza ko yamaze gusezererwa kuko hazazamuka ikipe imwe mu itsinda iri kumwemo na Vipers SC yo muri Uganda, Gor Mahia FC yo muri Kenya na APR FC yo mu Rwanda.

Muri Shampiyona y’u Rwanda y’umwaka ushize wa 2025/26, Boateng Mensah yakinnye imikino 18, atsinda ibitego 3, atanga imipira 3 yavuyemo ibitego, ahabwa amakarita 2 y’umuhondo.

Mensah yitezweho gukomeza kuyobora ubusatirizi bwa Mukura VS&L yatakaje benshi mu bakinnyi bayifashaga barimo Jordan Dimbumba, Hakizimana Zuberi na Iradukunda Elie Tatou.

Mukura yakomeje n’imbaraga mu busatirizi yongerera amasezerano Irumva Justin ukina aca ku mpande asatira, ndetse yasinyishije n’umugande Freedom Mungudit wavuye muri Lugazi FC nawe ukina aca ku ruhande asatira izamu.

Ikipe ya Mukura ikomeje imyitozo yitegura umwaka utaha w’imikino, aho iri gukorera kuri Sitade Kamena mu gihe igitegereje ko Sitade Huye yuzura, gusa kugeza ubu ntabwo irabona umutoza uzayitoza mu mwaka utaha w’imikino nyuma yo gutandukana na Nshimiyimana Canisius ndetse n’uwo yari yabonye Tomáš Trucha agatandukana nayo atarayitoza na rimwe kuko yabonye akazi ahandi.

Photos:

[fluentform id="3"]