sangiza abandi

Abanyarwanda ibihumbi 729 bagejeje imyaka yo gukora bategereje akazi 

sangiza abandi

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyatangaje ko ubushomeri bwageze kuri 13,2% muri Gicurasi 2026, imibare itarahindutse ugereranyije n’igihe nk’icyo mu 2025.

Imibare ya NISR igaragaza ko abafite akazi mu Rwanda ari 4,706,239 bangana na 53,8%  by’abanyarwanda bagejeje imyaka yo gukora, mu gihe abadafite akazi ariko  barimo kugashaka kandi biteguye kugakora ari ibihumbi 729 bangana na 13,4%.

Mu banyarwanda 8,748,082  bafite imyaka yo gukora (ni ukuvuga kuva kuri 16 kuzamura), abari ku isoko ry’umurimo ni 5,434,933 bangana na 62,1%  by’abanyarwanda bose bafite imyaka yo gukora.

Ku rundi ruhande, abaturage batari mu rwego rw’abakozi, barimo abanyeshuri, abasezerewe ku mirimo, abakora imirimo yo mu rugo batari gushaka akazi n’abandi batitabira isoko ry’umurimo, bageraga kuri miliyoni 3,3. Igipimo cyabo cyari 37,9%, kikaba na cyo cyaragumye hafi ku rwego rwa 37,8% rwariho muri Gicurasi 2025.

Urwego rwa serivisi bagera ni rwo rwatanze akazi ku bantu benshi aho  rwagatanze ku bagera kuri 44,7% rugakurikirwa n’ubuhinzi bwagahaye 39,1% naho abagahawe mu nganda ni 16,2%.

NISR kandi  igaragaza ko hakiri icyuho hagati y’abagabo n’abagore mu kubona akazi kuko muri Gicurasi 2026, ubushomeri mu bagore bwari kuri 15,5%, mu gihe mu bagabo bwari kuri 11,6%. Ibi bivuze ko ubushomeri mu bagore bwari hejuru ku mpuzandengo ya 3,9% ugereranyije n’abagabo.

Imibare kandi igagaragaza ko urubyiruko ruri hagati y’imyaka 16 na 30 rwugarijwe n’ubushomeri ku rugero rwa 15,7%.

Igipimo cy’abafite akazi ugereranyije n’abaturage bose bafite imyaka yo gukora cyari kuri 49,6% mu rubyiruko rw’imyaka 16-30, mu gihe mu bantu bari hagati y’imyaka 31 na 54 ari kuri 56,9%.

Mu myaka itanu ishize abafite akazi biyongeyeho 12% aho mu 2022 bari kuri 41.8% mu 2023 bagera kuri 49.5% mu gihe mu 2024 bageze kuri 52% mu 2025 bari kuri 52.3% naho muri uyu mwaka wa 2026 bari kuri 52.8%.

Ku rundi ruhande kandi ubushomeri mu myaka itanu byagabanutseho 10% aho mu 2022 bwari kuri 23% mu 2023 na 2024 bwaramanutse bugera kuri 16.8% mu gihe mu 2025 na 2026 bwageze kuri 13.4%.

Kuva mu 2024 kugeza muri Kamena 2026 handitswe imishinga y’ishoramari ry’abikorera rifite agaciro kagera kuri miliyari hafi 8$ aho biteganyijwe ko iri shoramari rizahanga imirimo igera ku bihumbi 118.

Muri 2025, u Rwanda rwahannze imirimo mishya 238,491 idashamikiye ku buhinzi.

Mu Rwanda ubushomeri bugeze kuri 13,4%

Photos:

[fluentform id="3"]