Mbere yo gutangira umwaka w’imikino wa 2025-26, APR FC irateganya gukina imikino ibiri Mpuzamahanga yose ikabera i Kigali kuri Stade Amahoro.
Iyi kipe y’ingabo z’igihugu ikomeje imyitozo yetegura umwaka w’imikino utaha aho imaze gukina imikino ibiri ya gicuti uwo yatsinze Gasogi United 4-1 n’uwo yaraye inganyije na Gorilla 2-2.
Amakuru UMUNOTA wamenye ni uko mu rwego rwo gukomeza kwitegura neza kugira ngo amaraso mashya bongeyemo nka Bugingo Hakim, Iraguha Hadji, Ngabonziza Pacique, Hakizimana Adolphe, Memel Raouf Dao, Ronald Ssekiganda na William Togui bamenyerane n’abandi bakinnyi hasanze bazakina imikino myinshi ya gicuti.
Muri iyo mikino harimo n’imikino Mpuzamahanga izabafasha kwitegura neza imikino Nyafurika ya CAF Champions League izakina. Nta gihindutse amakipe abiri akomeye muri Tanzania Simba SC na Azam FC azaba ari i Kigali mu kwezi gutaha.
Simba SC umuntu yavuga ko ifitanye umubano udasanzwe na APR FC kuko n’umwaka ushize ari yo bakinnye kuri Simba Day, amakuru avuga ko bamaze kumvikana igisigaye ari ukwemeza itariki.
Kuri Azam FC nta gihindutse uyu mukino uzaba tariki ya 17 Kanama muri Stade Amahoro.
Ubwo Azam FC iheruka gukinira mu Mahoro umwaka ushize, yahatsindiwe 2-0 na APR FC hari mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League aho yahise isezererwa ku giteranyo cy’ibitego 2-1 kuko na yo yari yatsinze 1-0 mu mukino ubanza.








