sangiza abandi

#Kigali2025: Australia yisubirije umudari wa Zahabu muri Shampiyona y’Isi y’Amagare i Kigali

sangiza abandi

Ikipe ya Australia yegukanye gusiganwa n’igihe kw’amakipe ku munsi wa kane wa Shampiyona y’Isi y’Amagare, irusha u Rwanda iminota 8 n’amasegonda 38.

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 24 Nzeri, wari umunsi wa kane wa Shampiyona y’Isi y’Amagare, aho amakipe 15 yagombaga gusiganwa n’igihe, ku ntera y’ibilometero 41.8.

Isiganwa ryatangiriye kuri KCC, ari naho ryagombaga gusorezwa, abahungu nibo babanje gusiganwa ibilometero birenga 20, babiri ba mbere bageze aho irushanwa risorezwa (KCC), abakobwa b’iyo kipe bagahita bahaguruka kuri KCC, amanota akaza guteranywa nyuma.

Ikipe yo muri Australia ari nayo yahagurutse bwa nyuma, yarangije yegukanye umudari wa Zahabu nyuma yo guhiga andi makipe 14 ikoresheje iminota 54 n’amasegonda 30.

Yakurikiwe n’ikipe yo mu Bufaransa yahembwe umudari wa Feza n’ikipe y’u Busuwisi yaje ku mwanya wa gatatu ihembwa umudari w’Umuringa.

Ikipe y’Igihugu ya Australia yari yegukanye Team Time Trial muri Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2024, yabereye i Zurich mu Busuwisi, mu cyiciro cy’amakipe avanze y’abagabo n’abagore mu gusiganwa n’ibihe.

Ikipe y’u Rwanda yari ihagarariwe na Byukusenge Patrick, Nkundabera Eric, Uwiduhaye Mike, Ingabire Diane, Nirere Xaveline na Nyirarukundo Claudette yaje ku mwanya wa 11, nyuma yo kurushwa iminota umunani n’amasegonda 38 n’ikipe yabaye iya mbere.

Shampiyona y’Isi y’Amagare izakomeza ku munsi wo ku wa kane, tariki ya 25 Nzeri 2025, ubwo abakobwa batarengeje imyaka 23 bazaba basiganwa mu muhanda.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]