Guillaume NIYONKURU

Guillaume NIYONKURU

Myugariro w’umunyarwanda Rwatubyaye Abdul yerekeje mu ikipe ya KF Shkëndija Haraçinë 77 ikina icyiciro cya mbere muri Macedonia nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Al-Soqour Club yo muri Libya yari amaze umwaka akinira.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko imirimo yo kuvugurura Sitade Mpuzamahanga ya Huye igiye kongera gusubukurwa nyuma y'uko habonetse ingengo y'imari ikenewe.
Ikipe ya AEK Athens FC yo mu Bugereki ikinamo umunyarwanda Hakim Sahabo yabonye itike ya UEFA Champions League nyuma yo gusezerera PFC Levski Sofia yo muri Bulgaria ku giteranyo cy'ibitego 4-0.
Abasifuzi b’abanyarwanda Gad Imanimbahafi na Jean Jacques Tuyizere bashyizwe mu basifuzi bazayobora imikino y’igikombe cy’isi cya handabll cy’abangavu batarengeje imyaka 16, 2026 IHF Women’s U16 World Championship.
Amakipe ya Yei Joint Stars WFC yo muri Sudani y’Epfo, Kenya Police Bullets WFC yo muri Kenya, Kawempe Muslim Ladies FC yo muri Uganda na Commercial Bank of Ethiopia WFC (CBE WFC) niyo yageze muri 1/2 cy’imikino ya nyuma ya CECAFA y’abagore yo gushaka itike ya CAF Women’s Champions League.
Ikipe ya REG Women BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ya basketball mu bagore ku nshuro ya gatatu (3) yikurikiranya nyuma yo gutsinda The Hoops Rwanda imikino 4-0 ibizwi nka “Sweep” mu Cyongereza ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka, Cheetah Energy RBL Playoffs.
Perezida w’agateganyo wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko ikipe ya Rayon Sports iteganya gukoresha agera kuri miliyari 1 na miliyoni 800 y’amafaranga y’u Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2026/2027.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya volleyball y’abagore yitwaye neza itsinda ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaseti 3-0 mu mukino wa kabiri wo mu itsinda D mu gikombe cy’Afurika, CAVB Women’s Nations Volleyball Championship 2026.
Umuhanzi Bruce Melodie ari mu bahanzi batanu (5) bahataniye igihembo cy’umuhanzi mwiza w’umwaka wo muri Afurika y’Iburasirazuba (Best East African Artist) mu bihembo bya Headies bitangwa n’ikinyamakuru Hip Hop World Magazine cyo muri Nigeria kuva muri 2006.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Dolly Patron witabye Imana.