Nina Cynthia

Nina Cynthia

Dushime Nina Cynthia ni umunyamakuru w’Umunyarwandakazi ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru y'ibibera imbere mu gihugu. Kuri ubu ni 'Special Editor' ku rubuga rw’amakuru rwa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko gushora imari mu rwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere muri Afurika bikwiye gufatwa nk’amahirwe yo kwihutisha iterambere ry’umugabane, aho kuba umutwaro, kuko ari imwe mu nkingi zafasha ibihugu bya Afurika kwihuza no guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari
Victoire Umuhoza Ingabire yabwiye Urukiko Rukuru ko atiteguye kuburana urubanza aregwamo ibyaha birimo gushinga cyangwa kujya mu mutwe w'abagizi ba nabi, avuga ko ubuzima arimo muri gereza n'uburyo urubanza rwe rwateguwe bitamuhaye amahirwe ahagije yo kwitegura no kwisobanura uko bikwiye
Urubyiruko rugize Umuryango w’Abaskuti mu Rwanda (Rwanda Scouts Association) rusaga 300 rwahuriye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Minisitiri wa Siporo yatangaje ko Isiganwa Mpuzamahanga ry'Amahoro ryabereye i Kigali mu mpera z'icyumweru ryitabiriwe n'abasaga ibihumbi 9500 baturutse hirya no hino ku Isi
Perezida Paul Kagame yasabye ba Ofisiye Bakuru barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama kurangwa n’ubutwari, ubushishozi no kugira intego isobanutse, agaragaza ko ari byo bituma umuyobozi afata ibyemezo bikwiye mu bihe bigoye kandi bikagira uruhare mu kurinda Igihugu
U Rwanda rugiye kwakira ku nshuro ya 6 Inama Nyafurika ihuza urubyiruko, abashoramari, abafata ibyemezo n’abafatanyabikorwa mu iterambere, izwi nka YouthConnekt Africa Summit
Ikipe ya RSSB Tigers yateguye igitaramo cyo kwishimana n’Abanyarwanda bayishyigikiye mu mikino ya Basketball Africa League (BAL) 2026, irushanwa risoza shampiyona y’amakipe akomeye ya Basketball muri Afurika
Mu Karere ka Nyagatare hatangijwe gahunda yo kuvugurura amakusanyirizo y’amata, mu rwego rwo kongera ubuziranenge bw’amata, aho amenshi muri yo yari amaze gusaza atakijyanye n’ibipimo bisabwa mu kubungabunga amata.