Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Donatille Mukantaganzwa, yasabye abanditsi b'impapurompamo z'ubutaka kwirinda amanyanga bagakora baharanira gukemura ibibazo bigaragara muri serivise z’ubutaka aho kuba ba gitera.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga hagati y’itariki 2-6 Werurwe 2026, byinjije arenga miliyoni 10$ (arenga miliyari 14,6 Frw).
Mu Rwanda hateraniye inama y’iminsi itatu yo gusuzuma aho gahunda yo gukoresha mu buryo buhuriweho inganda za gisirikare igeze ishyirwa mu bikorwa.
Abashyira imbere ubutegetsi bavuga ko butuma umuntu agira uburenganzira bwo gushyiraho amategeko, kugena politiki n’imirongo ngenderwaho mu gihe ubutunzi ngo butanga imbaraga zihuse ariko zitaramba kuko amateka atakugira umunyabigwi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda NISR, cyatangaje ko mu kwezi kwa Gashyantare 2026 ibiciro byazamutseho 9,2% bivuye kuri 8,9% byari biriho muri Mutarama.
Mu Rwanda hateraniye abashoramari 250 baturutse mu Majyaruguru y’u Burayi aho bari kwerekwa amahirwe y’ishoramari agaragara mu nzego zitandukanye ziri mu gihugu kugira ngo babashe kuba bashora imari yabo mu Rwanda
Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura irenze isanzwe igwa muri icyo gihe kandi ko ishobora guteza ibiza mu bice bitandukanye by’igihugu.
Abayobozi b’amatsinda y’Abanyarwanda baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bahuriye i Washington, D.C. mu mpera z’icyumweru gishize mu mwiherero w’iminsi ibiri wari ugamije gukomeza ubumwe bw’Abanyarwanda, iterambere mu rubyiruko no kurebera hamwe uruhare rwa diaspora mu iterambere ry’u Rwanda.
Polisi y’u Rwanda (RNP) n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku bufatanye n’izindi nzego z’igihugu  zitandukanye  batangije ku mugaragaro mu gihugu hose, ibikorwa byo gufasha abaturage mu mibereho myiza n’iterambere, bigizwe n’imishinga itandukanye n’inkunga bizatwara asaga miliyari 2.5 Frw.
Muri Mutarama 2024 ni bwo perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yafunze imipaka yose yo ku butaka ihuza u Rwanda n’u Burundi arushinja gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu cye binyuze mu gufatanya n’umutwe wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bwa Gitega, ibirego u Rwanda rwamaganiye kure rugaragaza ko ntashingiro bifite.