Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Inteko Rusange ya Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo atange ibisobanuro ku bibazo n’imbogamizi bikigaragara mu byanya byahariwe inganda.
Raporo y'Itsinda ry'Impuguke z'Umuryango w'Abibumbye ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), yashyikirijwe Akanama k'Umutekano, isesengura mu buryo burambuye imiterere y'imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa DRC, irimo na FDLR.
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Israel, Gideon Saar, bifatanyije n'Abanyarwanda baba muri Israel, n'inshuti z'u Rwanda mu kwizihiza umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32.
Perezida Paul Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe guteza imbere ikoreshwa ry’ubwenge buhangano (AI) ku rwego mpuzamahanga, AI for Good Global Commission.
Abanyarwanda baba mu Buholandi barikumwe n’inshuti zabo bizihije imyaka 32 ishize u Rwanda rwibohoye, bashimira ingabo zari iza RPA zabohoye igihugu ndetse zigahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu ruzinduko rw'akazi ari kugirira muri Israel, Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, yasuye Old City of Jerusalem (Umujyi wa Kera wa Yeruzalemu) na Western Wall, hamwe mu hantu hafite amateka akomeye kandi hafatwa nk'ahera ku Isi.
Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko 8% by'abagore bafite hagati y'imyaka 15 na 49 bahuye n'ihohoterwa rishingiye ku gukubitwa mu gihe bari batwite.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda RDF, Brig Gen Patrick Karuretwa, yatangaje ko kuba Ingabo za RPA zitarigeze zihorera ku ngabo za zatsinzwe (Ex-FAR) nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari icyemezo gikomeye kandi gisaba ubushishozi.
Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko umubare w’impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu ugenda ugabanuka aho mu myaka 25 ishize zagabanutse ku rugero rungana na 81.6%.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, yatangaje ko kuvanga Ingabo za RPA zari zimaze gutsinda urugamba rwo kubohora igihugu n’iza FAR bari bahanganye byatanze ubutumwa bukomeye ku Banyarwanda ko ikibazo atari umusirikare urwana ahubwo ko ari imiyoborere mibi.