Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yanyuzwe n’imigabo n’imigambi ya Louise Mushikiwabo, uri kwiyamamariza kongera kuba Umunyamabaga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa OIF, avuga ko amavugurura yakoze muri uyu muryango yatanze umusaruro ufatika.
Ubushakashatsi bwa Karindwi ku buzima n’imibereho by’abaturage, (RDHS 2026) bwakoze n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare [NISR], bwerekana ko umugabo umwe muri babiri anywa inzoga.
Inteko Ishinga Ametegeko Umutwe w’Abadepite watoye umushinga uvuguruye w’itegeko rigena imikorere ya Banki Nkuru y’u Rwanda BNR, riha ubwigenge iyi banki bwo gufata ibyemezo bimwe birimo ibireba uko abakozi bayo bashyirwa mu kazi b’uburyo birukanwa.
Umujyi wa Kigali wihaye intego yo kongera umubare w’abakoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange ukava kuri 20% ukagera kuri 50% mu myaka 10 iri imbere.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje impamvu amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yadindiye, asobanura ko uruhande rwa Kinshasa rwananiwe gushyira mu bikorwa ibyo rwiyemeje
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Kenya byasinyanye amasezerano y’ubwumvikane agamije koroshya itumizwa mu mahanga uburyo ry’ibikomoka kuri peteroli binyuze mu Muhora wa Ruguru mu rwego rwo kurushaho guteza imbere ubufatanye mu bucuruzi.
Umujyi wa Kigali watangaje ko abawutuye batazigera bagira irungu muri ibi bihe by’impeshyi, cyane cyane mu myidagaduro bategujwe igitaramo cy’imbaturamugabo ku munsi w’Umuganura w’uyu mwaka wa 2026
Abaturage bo mu Turere twa Gasabo na Rulindo barishimira ko umuhanda Nyacyonga–Mukoto bemerewe na Perezida Kagame watangiye gushyirwamo kaburimbo bagaragaza ko bizoroshya ubuhahirane hagati y’utu turere.
Kuri iyi tariki François Léotard, wari Minisitiri w’ingabo w’u Bufaransa yasuye ingabo z’icyo gihugu zari zaraje muri Operation Turquoise hafi ya Bisesero (Kibuye).
Perezida Kagame yongeye gushimangira ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo atabaye ku bw’impanuka yibutsa ko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe by'igihe kirekire mbere yo gushyirwa mu bikorwa.