Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Muri iki cyumweru cyo kunamira inzirakarengane z’Abatutsi zishwe mu 1994, Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, MINUBUMWE, yagaragaje ibikorwa biteganyijwe mu Cyumweru cy’icyunamo, itangaza ko ibikorwa byose n’indi mirimo byemerewe gukomeza nyuma y’igikorwa cyo Kwibuka.
Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres yatangaje Isi yose ikwiye kwigira ku makosa yabaye ubwo mu Rwanda habaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 amahanga yose arebera avuga ko Isi yose ikwiye gukuramo amasomo.
Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe AU, watangaje ko uzifatanya n’Abanyarwanda n’Isi yose mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yavuze ko ibihe byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari igihe cyo kunga ubumwe nk’Abanyarwanda bagafatanya kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ku wa 6 Mata 1994 ni itariki yatangiriyeho ishyirwa mu bikorwa ry’umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda aho uyu mugambi wari umaze imyaka myinshi utegurwa kuva kuri butegetsi bwa Repubulika ya mbere n’iya kabiri bwashyiraga imbere politiki y’ivangura.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko mu 2028 ari bwo Abanyarwanda bazatangira gutekesha gaz methane icukurwa mu kiyaga cya Kivu. 
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yasabye Abanyarwanda gufasha leta y’u Rwanda mu kubahiriza ingamba zo kugabanya ingano y’ibyo bakoresha cyane cyane ibitumizwa hanze mu rwego rwo guhangana n’ingaruka ziri guterwa n’intambara iri kubera mu Burasirazuba bwo Hagati.
U Rwanda rwitabiriye Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo riri kubera muri Pakistan, aho rwamurikiye abaryitabiriye umwihariko w’ubukerarugendo bwarwo n’ibyiza nyaburanga birutatse rubashishikariza kuza kurusura.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, na Wedfaq Ajdabiya yo muri Libya, Nshuti Innocent yambitse impeta umukunzi we, Uwase Nice,  bamaze imyaka myinshi bakundana amusaba kumubera umugore.
Abashoramari biganjemo abakoresha ikoranabuhaga mu buzima bwabo bwa buri munsi bagaragaje ko ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga bugiye kuba isoko nshya y’ubukungu mu Rwanda.