Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko igihugu kidashobora kuba ingwate ku bantu bashaka ko amateka aba uko bayashaka cyangwa uko bashaka kuyumva.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Bugesera bashimiwe uruhare n’umusanzu byabo mu iterambere ry’aka karere no mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage, bigaragaza ubudasa mu gucyero umurimo.
Raporo nshya y’Urwego rwigenga rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro muri Afurika, Barometer of Peace Agreements in Africa (BAPA), igaragaza ko nyuma y’umwaka umwe hasinywe amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ishyirwa mu bikorwa ryayo rimaze kugera ku kigero cya 35%.
U Rwanda rwongeye gushimangira ko ruzakomeza kuba umufatanyabikorwa ukomeye mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo, ndetse no kongerera ubushobozi abagore n’abakobwa.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yatangaje ko mu Rwanda buri mwaka abangavu barenga ibihumbi 23 baterwa inda mu gihe ku munsi ari abagera kuri 60, agaragaza ko ari ikibazo gikomeye ku buzima bw’abana baterwa inda no ku bana bavuka muri ubwo buryo.
Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Shami Elodie yavuze ko iyo umwana w’umukobwa utageza imyaka y’ubukure atewe inda aba atari ikibazo kuri uwo mwana watwise n’uwo azabyara gusa ahubwo ko aba ari no guhekura igihugu muri rusange.
Abohereza kawa mu mahanga, bayobowe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), batangiye kumurika ikawa y’u Rwanda mu imurikagurisha mpuzamahanga rizwi nka World of Coffee Brussels 2026, riri kubera i Buruseli mu Bubiligi. 
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi (NAEB), cyatangaje ko kuva tariki 15 kugeza kuri 19 Kamena 2026, ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjirije u Rwanda asaga miliyari 17 Frw.
Polisi ya Canada yatangaje ko yataye muri yombi umugabo w'Umunyarwanda w'imyaka 68, wari umaze hafi imyaka 30 aba muri icyo gihugu akoresha imyirondoro bivugwa ko atari iye, mu gihe yashakishwaga n'u Rwanda aho akekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
U Rwanda rwongeye kugarukwaho mu biganiro by’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) ku bijyanye no koherezwamo abimukira, aho ruri mu bihugu biri gutekerezwaho kwakira abantu basabye ubuhungiro mu bihugu by’i Burayi ariko bakaba batabuhawe.