Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Mu gihembwe cya mbere cya 2022 umusaruro mbumbe w’u Rwanda wari kuri miliyari 3.101 Frw, mu 2023 urazamuka ugera kuri miliyari 4.031 Frw, mu gihembwe nk’icyo cya 2024 wakomeje kuzamuka ugera kuri miliyari 5.541 Frw, naho mu 2025 wageze kuri miliyari i 5.276 Frw mu gihe mu 2026 wiyongeye ukagera miliyari 6.346 Frw.
Amakipe y’Ingabo z’Igihugu ya karate arimo ya APR n’Ikipe ya Karate y’Ingabo zidasanzwe  (RDF Special Forces) bifatanyije n’andi makipe atandukanye yo mu Rwanda mu bagabo n’abagore, mu Irushanwa rya Karate ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 199.
Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yerekanye ko kwihuza kwa za SACCO ku rwego rw’Uturere byatangiye gutanga umusaruro ku baturage binyuze mu igabanuka ry’inyungu ku nguzanyo zitangirwa muri ibi bigo.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Muhanga–Nyange, ku kiraro cya Nyabarongo gihuza Akarere ka Muhanga na Ngororero  hafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuvugurura no gusana uyu muhanda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi (NAEB), cyatangaje ko kuva tariki 8 kugeza kuri 12 Kamena 2026, ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjirije u Rwanda asaga miliyari 15 Frw.
Tariki ya 20 Kamena 1994 hari mu bihe bikomeye bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Muri icyo gihe, Ingabo za FPR Inkotanyi zari zikomeje ibikorwa byo guhagarika ubwicanyi no kurokora abantu, mu gihe abategetsi ba Leta yariho icyo gihe bamwe bari barahungiye muri Zaire.
Ambasaderi Parfait Busabizwa yashyikirije Perezida wa Guinée Equatoriale, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Ikigo gicukura amabuye y’agaciro mu Rwanda, Trinity Metals, yatangaje ko umusaruro wa tungsten icukurwa mu kirombe cya Nyakabingo ugeze ku rwego rutanga 20% by’ikenerwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Murwanashyaka Damien, yatangaje ko kuba ari ubwa mbere agiye muri Guverinoma bitazaba imbogamizi ku kuzuza neza inshingano nshya yahawe yizeza ko yiga vuba kandi atazatenguha Abanyarwanda na Perezida Kagame wamugiriye icyizere.
Ku itariki 18 Kamena 1994, Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu n’amajyambere ya Komini, Edouard Karemera, ukomoka muri Komini Mwendo ku Kibuye, yanditse asobanura uko kwica Abatutsi mu Bisesero bigomba gukorwa.