Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivise zisanzwe zitangirwa mu ku biro byacyo aho hari izimuriwe mu buryo bukoresha ikoranabuhanga.
U Rwanda rwerekanye intambwe ikomeye rumaze gutera mu bwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo rugaragaza ko byagize uruhare rukomeye mu itembere ry’igihugu no ku bakora  ubuhinzi n’ubworozi aho byagabanyije igihombo bahuraga nacyo giturutse ku biza.
Tariki 5 Gicurasi 1994, Umubikira Mukangango Gertrude yicishije Abatutsi ba nyuma bari barokotse ubwicanyi bwo ku wa 22 na 25 Mata 1994, bari bahungiye mu kigo cy’Ababikira yayoboraga cyari i Sovu muri Huye.
Minisiteri y’Ibikorwa by’ubutabazi yatangaje ko kuva uyu mwaka watangira mu mezi ane gusa inkuba zimaze guhitana abantu 49 mu gihugu hose ndetse zinangiza ibikorwaremezo byiganjemo iby’amashanyarazi.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Thelesphore Ndabamenye, yagaragaje ko hakenewe amavugurura ya politiki no kwihutisha udushya mu by’ingufu z’imirasire y’izuba hagamijwe kugera ku ikoranabuhanga rihendutse kandi ryoroshya ubuzima bw’abahinzi ari na ko ryongera umusaruro rikanasigasira umutekano w’ibiribwa.
Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi Abanyarwanda 25 bacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Kisoro.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo yatangaje ko bari hari gukorwa igeregeza rigamije kureba niba imodoka zikoresha ibikomoka kuri peteroli (lisansi na mazutu) zahindurwa iz’amashanyarazi cyangwa gaze nk’uko bikorwa kuri moto
Ikigo cy’Abadage gishyira mu bikorwa imishinga y’ishoramari mu Rwanda, DSIK, cyashimiye u Rwanda ko ari kimwe mu bihugu muri Afurika cyashyizeho uburyo buhamye bufasha abagore bifuza kuba ba rwiyemezamirimo rubafasha kubona inguzanyo mu  buryo  bworoshye.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RDF na Polisi) ziri  mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado ku bufatanye n’iza Mozambique n’abaturage baho bakoze umuganda rusange mu rwego rwo gusukura umujyi.