Raymond Tuyishimire

Raymond Tuyishimire

Tuyshimire Raymond, ni Umunyamakuru w'Umunyarwanda ubimazemo imyaka itandatu. Azobereye mu gutara inkuru zicukumbuye n'izindi zibanda ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ubw'abana ndetse n'izindi zivuga u Rwanda. Kuri ubu ni Editor ' w'ikinyamakuru Umunota

Urugaga rw'Ababaruramari b'Umwuga mu Rwanda (ICPAR) bafatanije n’ikigo cyo mu Bwongereza Gishinzwe Ababaruramari, ACCA (Association of Chartered Certified Accountants),  ku wa 5 Werurwe 2026, rwamuritse raporo y’inyigo zakozwe mu Rwanda yerekeye imicungire irambye y’ibidukikije mu rwego rw’imari ‘yakozwe na Sustainability Working Group Africa (SWGA).
Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu kibumbiye hamwe ibigo bya Leta muri Kazakhstan, riyobowe na Nurlan Zhakupov ukiyobora.
Minisitiri w’Intebe , Dr. Nsengiyumva yageze Arusha, muri Tanzania, aho azahagararira Perezida Kagame mu Nama ya 25 isanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bo mu Karere ka Afurika y'Iburasirazuba, izaba ku wa 7 Werurwe 2026.
Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe gukemura Amakimbirane (ICG), watangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igomba guhagarika ibikorwa by’imvugo z’urwango n’ibyibasira Abanye-Congo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda, ibwirwa ko intambara itatanga igisubizo.
Hagiye gushira icyumweru, ibihugu bya Amerika,Iran na Israel byinjiye mu ntambara, Abanyarwanda batuye mu Burasirazuba bwo hagati bo bavuga ko batekanye.
Musenyeri Laurent Mbanda uyobora Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda, yongeye gutorerwa kuyobora umuryango mpuzamahanga uharanira gukurikiza inyigisho za Bibiliya mu Itorero Angilikani (GAFCON) ubarizwamo n’iryo mu Rwanda  .
Perezida wa Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu mu Nteko Ishingamategeko umutwe wa Sena , Senateri Umuhire Adrie, yagaragaje ko hari abajyanwa mu bigo bifungirwamo by’igihe gito ‘Transit Centers’  ariko ugasanga barenza igihe cyajyenwe n'amategeko.
Inama y'Abaminisitiri yemeje ko abantu 1874 bari barakatiwe n'inkiko bafungurwa by'agateganyo. Ni bimwe mu byemezo by'Inama y'Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Werurwe 2026, ibereye muri muri Village Urugwiro, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU ) rikorera mu Mujyi wa Kigali, ryafashe umugabo w'imyaka 24 afite udupfunyika 100 tw'urumogi.