Raymond Tuyishimire

Raymond Tuyishimire

Tuyshimire Raymond, ni Umunyamakuru w'Umunyarwanda ubimazemo imyaka itandatu. Azobereye mu gutara inkuru zicukumbuye n'izindi zibanda ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ubw'abana ndetse n'izindi zivuga u Rwanda. Kuri ubu ni Editor ' w'ikinyamakuru Umunota

ngabo z'u Rwanda ziri bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu mujyi wa Bria muri Centrafrique,  ku wa 7 Mutarama 2026, zambitswe imidali na Loni, mu rwego rwo kubashimira ubwitange mu kubungabunga amahoro muri icyo gihugu.
Minisiteri y' Ubuhinzi n'Ubworozi, yatangaje ko umusaruro w’amafi avuye mu bworozi bwo mu mazi n'uburobyi wageze kuri toni 52.439 mu mwaka wa 2025 uvuye ku zirenga 48.133 mu 2024.
Abashoramari bo muri Hong Kong , bibumbiye muri Sosiyete Hong Kong Chuangzhi Group, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Mutarama 2026, bagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi hamwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, James Kimonyo .
Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yihanganishije imiryango y'abuze ababo bakubiswe n'inkuba mu Murenge wa Jarama, mu karere ka Ngoma, yizeza abaturage ko bagiye gushyira imirindankuba ahantu hahurira abantu benshi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kayonza, barinubira kuba barashyizwe mu gice cyahariwe ubuhinzi kandi bamaze imyaka myinshi batuye ndetse banahafitiye ibyangombwa, bityo bakaba barabujijwe kugira ikindi kintu bakoreramo kitagenewe ubuhunzi
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Mbere tariki ya 5 Mutarama 2026, rwahamije ko abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Ishimwe Patrick, Ishimwe Francois Xavier na Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta bakurikiranyweho gusakaza amashusho ya Yampano akora imibonano mpuzabitsina, bakomeza gufungwa by’agateganyo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimiye mugenzi we wa Guinée-Conakry, Mamadi Doumbouya, watsindiye kuyobora iki gihugu manda ye ya mbere nyuma yaho afashe ubutegetsi akuyeho Alpha Condé muri Nzeri 2021.
Mu mwaka wa 2018, nibwo u Rwanda rwatangije gahunda nshya yo guteza imbere ibikorwa by’Ubukerarugendo no kureshya abashoramari mpuzamahanga gushora mu Rwanda. Inshingano zahawe ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB), nacyo mu kubishyira mu bikorwa itangiza gahunda ikomeye yitwa “Visit Rwanda”
Ubuyobozi bw'Akarere ka Ngoma bwatangaje ko bwihanganishije imiryango y'abantu icyenda bishwe n'inkuba, butangaza ko abantu 12 bagizweho ingaruka n'iryo sanganya.