sangiza abandi

Basketball: APR BBC na REG BBC zagaruye icyizere mu mikino ya kamarampaka

sangiza abandi

Ikipe ya APR BBC na REG BBC yitwaye neza ku munsi wa kabiri w’imikino ya kamarampaka ya shampiyona ya Basketball, atsinda RSSB Tigers na Patriots BBC, bituma zigarura ikizere nyuma y’uko zese zari zatsinzwe umukino wa mbere.

APR BBC yari ifite akazi katoroshye ko kwisubiza ikuzo nyuma yo gutsindwa na RSSB Tigers mu mukino wa mbere. Ku munsi wa kabiri, yabigezeho itsinda RSSB Tigers amanota 82-79.

APR yatangiye umukino neza, yegukana uduce tubiri tubanza. Mu gace ka mbere, APR BBC yatsinze amanota 22 kuri 21 ya RSSB Tigers, naho mu gace ka kabiri itsinda 23 kuri 18.

Ibi byatumye APR BBC ijya kuruhuka iyoboye umukino n’amanota 45 kuri 39 ya RSSB Tigers.

Mu gice cya kabiri RSSB Tigers yagarutse ishaka kwigaranzura APR BBC ibifashijwemo n’abakinnyi Jackson JR wari uru mu mukino.

Ibi byatumye RSSB Tigers yegukanye agace ka gatatu ku manota 19-17, igabanya ikinyuranyo cyari kirimo, ariko APR BBC ikomeza kuyobora umukino ku giteranyo cy’amanota.

Agace ka nyuma karanzwe n’ihangana rikomeye n’amayeri menshi aho buri kipe yashakaga gutsinda umukino.RSSB Tigers yashakaga kwisubiza umukino wa kabiri, mu gihe APR BBC nayo gutsindwa uyu mukino byari kuyishyira habi.

RSSB Tigers yatsinze agace ka kane ku manota 21-20, ariko ntibyari bihagije kugira ngo itsinse umukino kuko ikinyuranyo cy’amanota 6 yari yashyizwemo mu gice cya mbere ni cyo cyabaye itandukaniro.

Umukino warangiye APR BBC ari yo yegukanye intsinzi ku manota 82-79 bituma amakipe yombi anganya umukino umwe kuri umwe mu gutanguranwa imikino itatu zishakamo izajya ku mukino wanyuma.

Leonard Craig Randall wa APR BBC ni we wigaragaje cyane muri uyu mukino  aho yatsinze 31 akora ibihomo (rebounds) 2 ndetse atanga imipira 4 yavuyemo amanota. Mu gihe ku ruhande rwa RSSB Tigers, Zouzoua Nisre Mimi yatsinze amanota 22.

REG BBC nayo yigaranzuye Patriots BBC 

Mu wundi mukino wabaye kuri uyu wa Gatanu, REG BBC yatsinze Patriots BBC amanota 74-71, ihita inganya na Patriots yari yatsinze umukino wa mbere.

Mu mukino wa mbere Patriots BBC yari yatsinze REG BBC amanota 84-75.

Mu mukino wabaye kuri uyu mugoroba REG BBC itahabwaga amahirwe nyuma y’uko abakinnyi babiri Will Perry na Abdoulaye Harouna yari yazanye ngo bayifashe bangiwe gukina iyi mikono ya kamarampaka yaje kwihagararaho ibona intsinzi yatumye amakipe yombi anganya umukino umwe kuri umwe.

Umukino watangiye amakipe yombi yegeranye cyane mu manota. Patriots BBC ni yo yatwaye agace ka mbere ku manota 22-21, ariko REG BBC iza kwigaranzura mu gace ka kabiri, igatsinda ku manota 18 kuri13.

Ibi byatumye REG BBC irangiza igice cya mbere iyoboye umukino ku manota 39 kuri 35 ya Patriots BBC.

Mu gice cya cya kabiri Patriots BBC yagarutse ishaka kuyobora umukino ndetse ibigeraho kuko agace ka gatatu yakegukanye ku manota 15-10 bituma iyobora ku kinyuranyo cy’inota rimwe.

Mu gace ka kane, REG BBC yongeye gufata umukino mu maboko, itsinda Patriots BBC amanota 25-21, ari na byo byayihesheje intsinzi y’umukino ku manota 74-71.

Damaria Franklin wa Patriots BBC ni we witwaye neza kuko aiwe watsinze amanota menshi muri uyu mukino 28 gusa ntibyari bihagije ngo ikipe ye yegukane intsinzi.

Ku ruhande rwa REG BBC Elliot Lamar Cole niwe witwaye neza aho yatsinze amanota 15 akora ibihomo (rebounds) 4 atanga imipira yavuyemo amanota 4 ndetse yiba imipira (still) inshuro 3.

Nyuma y’imikino ibiri, APR BBC na RSSB Tigers buri imwe ifite intsinzi imwe, mu gihe REG BBC na Patriots BBC na zo zinganya intsinzi imwe kuri imwe.

Amakipe yose aragaruka mu kibuga kuri iki Cyumweru tariki 9 Kanama 2026 muri BK Arena mu mikino ya kamarampaka aho amakipe ari gutanguranwa gutsinda imikino itatu yishaka izizajya ku mukino wanyuma ndetse izatwara igikombe ikaba ariyo izahagararira u Rwanda muri BAL umwaka utaha.

Photos:

[fluentform id="3"]