sangiza abandi

Basketball: Will Perry na Abdoulaye Harouna ntibagikiniye REG BBC muri Playoffs

sangiza abandi

Abakinnyi William Kiah Perry na Abdoulaye Harouna Amadou bari barasinyishijwe n’ikipe ya REG BBC ngo bazayifashe mu mikino ya kamarampaka, Cheetah Energy RBL Playoffs, ntabwo bazakinira iyi kipe y’Ikigo Gishinzwe Ingufu bitewe n’uko batujuje ibyangombwa.

Aba bakinnyi bombi bari basinyishijwe na REG BBC bavuye mu ikipe ya FUS Rabat yo muri Maroc ariko ntabwo ibyangombwa bisabwa ngo umukinnyi ave mu ikipe imwe ajya mu yindi byujujwe neza nk’uko bigenwa n’Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Basketball ku Isi, FIBA, n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda, FERWABA.

Kutuzuza ibisabwa nibyo bituma William Kiah Perry na Abdoulaye Harouna Amadou batazakinira REG BBC mu mikino ya kamarampaka n’ubwo aba bakinnyi bombi bari bageze i Kigali ndetse barebye umukino wa mbere wa 1/2 REG BBC yatsinzwemo na Patriots BBC.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Kanama 2026 nibwo umukino wa kabiri mu mikino ya 1/2 cya kamarampaka urakinwa hagati ya REG BBC na Patriots BBC muri BK Arena kuva saa moya z’umugoroba (19h00).

Amakipe azatanguranwa gutsinda imikino 3 mu mikino 5 iteganyijwe.

Uretse uyu mukino, kuri uyu wa Gatanu harakinwa n’umukino wa kabiri wa 1/2 hagati ya APR BBC na RSSB Tigers BBC, umukino wa mbere wari warangiye RSSB Tigers itsinze.

William Kiah Perry
Abdoulaye Harouna Amadou

Photos:

[fluentform id="3"]