Ikipe ya Patriots BBC yamaze kongeramo umukinnyi Noel Obadiah Arthur wamenyekanye ku izina rya Mutabazi ubwo yakiniraga ikipe ya APR BBC mu rwego rwo gukomeza imfuruka yitegura imikino ya kamarampaka nk’uko yabyemeje kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Nyakanga 2026.
Umunyamerika Obadiah w’imyaka 27 ntabwo ari mushya mu Rwanda kuko yahageze muri 2024 ubwo yari yiyambajwe n’ikipe ya APR BBC ngo azayifashe mu mikino ya Basketball Africa League (BAL) ari nabwo yahawe izina rya Mutabazi nyuma yo gutsinda amanota menshi y’ingenzi.
Mu mwaka wakurikiyeho n’ubundi Obadiah yakiniye APR BBC muri BAL ndetse yari mu bakinnyi bayifashije kwegukana umwanya wa gatatu, ari nayo kipe yo mu Rwanda yaribashije kugera ku mwanya mwiza mbere y’uko RSSB Tigers BBC yegukana BAL uyu mwaka.
Noel Obadiah yakiniye amakipe atandukanye yo mu cyiciro cya kabiri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, NBA G League, arimo Raptors 905, Westchester Knicks na Indiana Mad Ants nyuma y’uko kwinjira muri NBA byanze, NBA Draft, mu 2020.
Noel Obadiah asanze Patriots BBC ifite abandi bakinnyi bakomeye barimo Stubbs Jeffery Tyrone, Damaria Franklin, Hubert Sage Kwizera, Gabra Chingka Kennedy, Bruno Shema n’abandi bazayifasha mu mikino ya kamrampaka.
Mu mikino ya kamarampaka, ikipe ya Patriots BBC izakina na REG BBC muri 1/2 nyuma yo kurangiriza ku mwanya wa 2 mu mikino isanzwe ya Shampiyona inyuma ya APR BBC.
Imikino ya kamarampaka izatangira tariki 5 Kanama 2026.









