Rutahizamu ukinira ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Joy-Lance Mickels yafashije ikipe ye ya Sabah FK kugera muri UEFA Champions League, bimugira umukinnyi wa mbere w’umunyarwanda ugiye gukina iri rushanwa rikomeye ku mugabane w’u Burayi.
Sabah FK yo muri Azerbaijan yateye iyi ntambwe nyuma y’uko isezereye Hapoel Be’er Sheva FC yo muri Israel mu ijonjora rya nyuma iyitsinze ku giteranyo cy’ibitego 6-4.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Kanama 2026 nibwo Sabah FK yakiriye Hapoel Be’er Sheva FC mu mukino wo kwishyura nyuma y’uko umukino ubanza wari warangiye Hapoel Be’er Sheva FC itsinze ibitego 2-1.
Mu mukino wo kwishyura, Sabah FK yabanjwe ibitego bibiri ariko iza kubyishyura ndetse ibona n’igitego cya gatatu mu minota ya nyuma y’inyongera byatumye iminota 90 isanzwe y’umukino irangira ari ibitego 3-2, ubwo ku giteranyo cy’imikino yombi byari ibitego 3-3 hahita hiyambazwa iminota 30 y’inyongera.
Muri iyi minota nibwo Sabah FK yabonye ibindi bitego bibiri birimo n’igitego cya Joy-Lance Mickels cyo ku munota wa 115 ari nacyo cyatanze intsinzi idasubirwaho ya Sabah FK y’ibitego 5-2, ihita ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 6-4.
Ni ku nshuro ya mbere Sabah FK igiye gukina irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere yo ku mugabane w’i Burayi, UEFA Champions League, kuva iyi kipe yashingwa muri 2017.
Joy-Lance Mickels abaye umukinnyi wa mbere mu mateka ukinira ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi” ugiye gukina UEFA Champions League.
Ku wa Kane tariki 27 Kanama 2026 nibwo hazaba tombola y’uko amakipe azakina muri UEFA Champions League, naho imikino nyirizina izatangira tariki 8 Nzeri 2026.











