Ikipe ya Rayon Sports yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya CECAFA yo gushaka itike ya CAF Women’s Champions League yasezerewe itarenze amatsinda nyuma yo kunganya na Yei Joint Stars WFC yo muri Sudani y’Epfo igitego 1-1, mu gihe yasabwaga gutsinda.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Kanama 2026 hasojwe imikino yo mu itsinda A muri CECAFA y’abagore hakinwa imikino ibiri yombi yatangiye saa 15:00.
Umukino wari utegerejwe na benshi ni umukino wahuje Rayon Sports na Yei Joint Stars kuri Kigali Pele Stadium.
Uyu mukino warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1 nyuma y’igitego cya Rayon Sports cyatsinzwe na Ukwinkunda Jeanette ku munota wa 48, kikaza kwishyurwa na Moureen Nankinga ku munota wa 79.
Nyuma y’uko umukin urangiye amakipe yombi aguye miswi, Yei Joint Stars yahise igira amanota 7 ikomeza kuyobora itsinda, Rayon Sports igira amanota 5, Mafunzo WSC yo muri Zanzibar iba iya gatatu n’amanota 3 kuko yari yanyagiye Denden WFC yo muri Eritrea ibitego 9-0.
Muri CECAFA y’uyu mwaka, iri tsinda niryo ryonyine ririmo amakipe 4, andi matsinda abiri arimo amakipe 3.
Itegeko rivuga ko itsinda rifite amakipe ane (4) harebwa niba ikipe yabaye iya kabiri nta manota yakuye ku ikipe yasoje ku mwanya wa nyuma kugira ngo izamuke nk’ikipe yatsinzwe neza.
Ibi bivuze ko buri kipe yose muri aya makipe atatu ya mbere muri iri tsinda yagombaga guhita ikurwaho amanota yabonye kuri Denden WFC ya nyuma muri iri tsinda.
Ibi bivuze ko Rayon Sports yahise ikurwaho amanota 3 yabonye ubwo yatsindaga Denden isigarana amanota 2, naho Mafunzo isigarana inota rimwe kuko yatsinze Denden, ikanganya na Rayon Sports.
Kuba Rayon Sports ifite amanota abiri ntabwo byayihesha kuzamuka nk’ikipe yatsinzwe neza (Best looser) kuko mu itsinda mu yandi matsinda abiri asigaye harimo amakipe 2 muri buri tsinda byibuze afite amanota 3.
Ku nshuro ya gatatu Rayon Sports yari ihagarariye u Rwanda muri iyi mikino ya CECAFA y’abagore yongeye kuviramo mu matsinda nk’uko byagenze muri 2024 ubwo yahagarariraga u Rwanda bwa mbere.
Umwaka ushize Rayon Sports yari yagarukiye ku marembo ya CAF Women’s Champions League kuko yatsindiwe ku mukino wa nyuma w’imikino ya CECAFA na JTK Queens yo muri Tanzania.
Imikino ya CECAFA irakomeza kuri uyu wa Gatatu hakinwa imikino ya nyuma yo mutsinda B na C, imikino yombi izatangira saa 16:00
Mu itsinda B, FC Ujeco yo muri Djibouti izakina na Kawempe Muslim Ladies FC naho Top Girls Academy yo mu Burundi ikine na Kenya Police Bullets WFC.
Ikipe izegukana igikombe n’iyo izahagararira Afurika y’Iburasirazuba no Hagati mu mikino ya nyuma y’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, CAF Women’s Champions League.










