Amakuru

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) yatangije ku mugaragaro ikoranabuhanga rishya rya e-IDSR (Electronic Integrated Disease Surveillance and Response), rigamije kunoza uburyo igihugu gikurikirana kandi kigatanga amakuru ajyanye n’indwara z’ibyorezo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko uruhare rw’umuturage mu bimukorerwa ndetse no kubazwa inshingano kw’abayobozi biri mu byafashije u Rwanda gutera intambwe igana ku iterambere.
Mu karere ka Kirehe, mu Mujyi wamaze kugirwa uwunganira umujyi wa Kigali, huzuye inzu mbera byombi, Gymnase’ n’Ikigo cy’urubyiruko byuzuye bitwaye  Miliyari 2.7 Frw.
Polisi y’Igihugu yatangaje ko yafashe abantu 11 bakekwaho ibikorwa by’ubujura aho  bategaga nijoro abaturage, bakabambura ibyabo.
Perezida wa Repubulika ihararanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi  yongeye gushinja u Rwanda umugambi wo kwiyomekaho igice cy’Iburasirazuba .
Icumbi ry’Ikigo cya IWE (Institute Women for Excellence cyigamo abanyeshuri 150 b’abakobwa gusa giherereye mu Karere ka Rwamagana, ryafashwe n’inkongi y’umuriro rirakongoka.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangiye uruzinduko rw’akazi i Doha muri Qatar aho yitabiriye inama ya kabiri yiga ku Iterambere ry’Abatuye Isi ‘World Summit for Social Development’.
Polisi y’Igihugu yatangaje ko imaze gufata abantu 11 bakekwaho ibikorwa by’ubujura bw’inka , bagiye bakora mu bihe bitandukanye mu mujyi wa Kigali .
Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo,yatangaje ko Leta ye igiye gusubukura ibiganiro n’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwe,anemeza ko agiye kuzahurira na mugenzi we w'u Rwanda Paul Kagame i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Umuhuzabikorwa w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, Corneille Nangaa yanenze bikomeye icyemezo cya Perezida Felix Tshisekedi cyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma, yerekana ko abaavuga igiswahili bakeneye uburenganzira bwabo aho kubafata nk’abasabirizi.