Amakuru

Abagize Urugaga rw’Abahanga mu by’Ubwubatsi basabye Minisiteri y’Ibikorwaremezo kujya bahabwa amasoko y’imishinga y’ubwubatsi minini akunze guhabwa sosiyete z’abanyamahanga, kuko na bo bafite ubushobozi bwo kuyakora neza;
Abana 3 bo mu muryango umwe wo mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Cyumba, baturikanywe na grenade ubwo batashyaga inkwi mu ishyamba, bahita bitaba Imana.
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda (GDP) wazamutse ku kigero cya 11.8% mu gihembwe cya gatatu cya 2025, ugera kuri miliyari 5,525 Frw, uvuye kuri miliyari 4,659 Frw wariho mu gihembwe nk’iki cy’umwaka wa 2024
Abaturage bazindukiye mu mihanda bagaragaza ku mugaragaro ko bishimiye ihuriro rya AFC/M23 banayiha ikaze bagaragaza ko bayishimira kubera umutuzo yabazaniye mu mujyi wa Uvira ho mu ntara ya Kivu y’amajyepfo
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, MINAGRI, yatangije  ku mugaragaro umushinga  mushya witwa BIO-CAP (Biological Control Agents Project), ugamije gufasha abahinzi mu guhangana n’udukoko n’indwara byibasira imyaka, cyane cyane ibirayi n’imyumbati.
Nyuma yo kubona icyuho kinini kiri hagati y’ubuhinzi gakondo bukorwa n’abahinzi benshi n’ubugezweho bushingiye ku ikoranabuhanga, Nyampinga Laetitia yafashe icyemezo cyo gushyiraho gahunda igamije guhuriza hamwe no guhugura urubyiruko rukora mu buhinzi
Perezida Kagame, Kuri uyu wa Mbere, yakiriye muri Village Urugwiro Mohamed Ali Janah, Umuyobozi wa Sosiyete itanga serivisi z’amahoteli n’ubukerarugendo muri Maldives (Hotels and Resorts Investment Maldives), ufite n'inshingano z'ubuyobozi mu Kigo cy’Ishoramari, JIH Global Investments ndetse na Ghassan Aboud na Ahmad Aboud, abayobozi bari muri Sosiyete y’Ubucuruzi, Ghassan Aboud Group yo mu Bihugu Byunze Ubumwe by'Abarabu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe,Kuri uyu wa Mbere, yakiriye kopi z’impapuro zemerera ba Ambasaderi bashya barimo Kazuya Nakajo w’u Buyapani na Mansour Ali Fahd Al Shahwani Al Hajri wa Qatar guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Polisi ya Uganda yatangaje ko Abanyarwanda babiri baguye mu mpanuka y'imodoka ya Sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express ifite pulake RAT 597K , yavaga i Kampala yerekeza i Kigali.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka