Amakuru

Nyuma yo kubona icyuho kinini kiri hagati y’ubuhinzi gakondo bukorwa n’abahinzi benshi n’ubugezweho bushingiye ku ikoranabuhanga, Nyampinga Laetitia yafashe icyemezo cyo gushyiraho gahunda igamije guhuriza hamwe no guhugura urubyiruko rukora mu buhinzi
Perezida Kagame, Kuri uyu wa Mbere, yakiriye muri Village Urugwiro Mohamed Ali Janah, Umuyobozi wa Sosiyete itanga serivisi z’amahoteli n’ubukerarugendo muri Maldives (Hotels and Resorts Investment Maldives), ufite n'inshingano z'ubuyobozi mu Kigo cy’Ishoramari, JIH Global Investments ndetse na Ghassan Aboud na Ahmad Aboud, abayobozi bari muri Sosiyete y’Ubucuruzi, Ghassan Aboud Group yo mu Bihugu Byunze Ubumwe by'Abarabu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe,Kuri uyu wa Mbere, yakiriye kopi z’impapuro zemerera ba Ambasaderi bashya barimo Kazuya Nakajo w’u Buyapani na Mansour Ali Fahd Al Shahwani Al Hajri wa Qatar guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Polisi ya Uganda yatangaje ko Abanyarwanda babiri baguye mu mpanuka y'imodoka ya Sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express ifite pulake RAT 597K , yavaga i Kampala yerekeza i Kigali.
Nyuma y'uko AFC/ M23 yigaruriye umujyi wa Uvira, igakurikizaho Makobola, ingabo za Repubulika iharanira Demukarasi FARDC, hamwe n’imitwe yitwaje intwaro izwi nka Wazalendo,kuri yu wa mbere bamaze kwikura mu gace ka Mboko, gaherereye mu bilometero 45 uvuye mu mujyi wa Uvira.
Umusesenguzi mu bya Politiki, Senateri Evode Uwizeyimana,  yavuze ko ifatwa rya Uvira bikozwe n'Ihuriro AFC/M23, byatewe n'uko ari Umujyi wari ingirakamaro cyane mu mikoranire mu bya gisirikare hagati y'u Burundi na DRC.
Banki Nkuru y’Igihugu yashyize ku isoko impapuro mpeshwamwenda za miliyari 50 Frw, zizagurishwa mu gihe cy’imyaka 15.
Perezida w'Inama y'Abepiskopi mu Rwanda akaba na Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, yagaragaje ko bihangayikishije ku kuba Akarere k'ibiyaga bigari gafite abakirisitu benshi ariko kagakomeza kugira intambara ,amakinbirane n'ubugizi bwa nabi bikomeje kwiyongera .

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka