sangiza abandi

Frank Ntilikina yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa Paris Basketball

sangiza abandi

Umukinnyi wa basektball Frank Bryan Ntilikina ukina nka point guard ufite inkomoko mu Rwanda ariko ukinira ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa yatangajwe nk’umukinnyi mushya w’ikipe ya Paris Basketball yo mu Bufaransa.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kanama 2026 nibwo ikipe ya Paris Basketball yatangaje Frank Bryan Ntilikina nk’umukinnyi wayo mushya avuye mu ikipe ya Olympiacos Basketball Club yo mu Bugereki yari amazemo umwaka umwe.

Ntilikina yamenyekanye cyane mu mpeshyi ya 2017 ubwo yinjiraga muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere cya basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, NBA, atowe n’ikipe ya New York Knicks yakiniye kugeza muri 2021.

Ntilikina w’imyaka 28 yavuye muri iyi kipe yerekeza muri Dallas Mavericks na Charlotte Hornets nazo zo muri NBA mbere yo gusohoka muri NBA muri 2024 akerekeza mu Burayi mu ikipe ya KK Partizan yo muri Serbia ari nayo yavuyemo ajya gukina mu Bugereki.

Ntilikina ufite ababyeyi b’abanyarwanda yatwaye ibikombe bitandukanye birimo Euro League, ABA League, Shampiyona y’u Bugereki na Shampiyona ya Serbia.

Photos:

[fluentform id="3"]