sangiza abandi

#Kigali2025: Remco Evenepoel na Marlen Reusser banditse amateka mu gutsindira ITT ya Shampiyona y’Isi y’Amagare

sangiza abandi

Umubiligi Remco Evenepoel yegukanye mu bagabo agace k’umunsi wa mbere ka Shampiyona y’Isi y’amagare ubwo basiganwaga n’igihe ibizwi nka Individual time trial, mu gihe mu bagore kegukanywe n’Umusuwisi Marlen Russeur.

Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025, yatangiye kubera mu Rwanda kuri iki Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri 2025, ikaba ari inshuro ya mbere yari ibereye ku Mugabane wa Afurika.

Kuri iki Cyumweru, abasiganwa bagombaga gusiganwa n’igihe ibizwi nka Individual Time Trial, abagore bagombaga kugenda ibilometero 31.2, abagabo bakagenda ibilometero 40.6, bavuye kuri Kigali Arena berekeza kuri KCC.

Ni isiganwa ryatangiriye ku bagore, rifungurwa n’umunyarwandakazi Nirere Xaverine, wasoje irushanwa akoresheje iminota 50 n’amasegonda 7.

Iki gice cy’abakobwa cyegukanywe n’Umusuwisi, Marlen Reusser, w’imyaka 34 y’amavuko. Mu kiganiro nyuma yo kwegukana uyu mwanya yatangaje ko atari yiteze ko uyu munsi ari bwegukane agace ka ITT.

Ati” Biragoye kubyizera. Ndabizi ko ari ukuri kandi ko byabayeho koko, ariko nabigerageje inshuro nyinshi byanga, none ubu nabigezeho. Ni ibintu bidasanzwe cyane.”

Umwanya wa kabiri wegukanywe na Anna van der Breggen, akurikirwa na Demi Vollering bose bakomoka muri Netherlands.

Ku ruhande rwa Anna van der Breggen we yishimiye uburyo yasanze Afurika ari nziza ndetse ko yakiriwe neza mu Rwanda.

Ati” Mvugishije ukuri kuba turi hano, ntanubwo wamenya ko turi muri Afurika, turi muri hoteri nziza, ibintu byose biri ku murongo neza, ntago harimo itandukaniro naho twakiniye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu Gushyingo 2024.”

Yakomeje avuga ko yizera kuzava mu Rwanda abonye byinshi, ati” Kuza hano bizadufasha kubona byinshi, no kubona ubuzima busanzwe babayemo, kandi ni byiza kubona ibice bitandukanye by’Isi.”

Umubiligi Remco Evenopoel yegukanye ITT y’abagabo

Ku isaha ya 1:50′ abasiganwa mu bagabo batangiye isiganwa babimburiwe n’Umunyarwanda Nsengiyumva Shemu waje gusoza ibilometero 40.6 bari bagenewe akoresheje iminota 56 n’amasegonda 41.

Iki gice cyegukanywe n’Umubiligi Remco Evenopoel washoje urugendo akoresheje iminota 49 n’amasegonda 46, akurikirwa na Wine Jay ukomoka muri Amerika yarushije umunota 1 n’amasegonda 14 na van Wilder Ilan yarushije iminota 2 n’amasegonda 32.

Umunya-Slovenia, Tadej Pogacar wari witezweho kutarenga umwanya wa mbere, bitewe n’uko ari we wari wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2024, yaje ku mwanya wa kane, akoresheje iminota 52 n’amasegonda 23.

Remco Evenopoe wegukanye aka gace yabanje guca amarenga ubwo yazaga imbere y’abandi bose mu gukoresha umwanya muto ashoje akazamuko ka mbere (Intermediate 1). Uyu mubiligi yavuze ko yatangiye irushanwa yiyumva neza, ati” Numvaga meze neza ngitangira.”

Abajijwe “ku buryo yiyumva nyuma yo kwanikira Tajed Pogacar”, yatangiye isiganwa nyuma ye ho iminota ibiri, ndetse akaza no kumucaho.

Remco yagize ati” Ntekereza ko ku munsi nk’uyu, tutakita kuri ninde wegukanye isiganwa imbere y’undi.’

Muri iri siganwa ry’abagabo, Abanyarwanda, Nsengiyumva Shemu yaje ku mwanya wa 25, aho yakoresheje iminota 56 n’amasegonda 41 naho Mugisha Moise aza ku mwanya wa 31, akoresheje iminota 58 n’amasegonda 40.

Shampiyona y’Isi y’Amagare izakomeza ku wa mbere, tariki ya 22 Nzeri, ubwo hazaba hasiganwa abatarengeje imyaka 23, iki gice ni inshuro ya mbere kizaba gikinwe muri Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Photos:

Photos: Nsengiyumva Jean Claude

[fluentform id="3"]