sangiza abandi

Ibigezweho ku mutekano wo mu Burasirazuba bwa RDC

sangiza abandi

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye imirwano yongeye kubura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’uko uruhande rwa leta ya RDC n’ihuriro rya AFC/M23 basinyiye amasezerano y’amahoro i Doha muri Qatar.

Mu itangazo ryasohowe n’umujyanama mukuru wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ibya Afurika, Massad Boulus, ku wa gatanu, tariki ya 16 Kanama 2025, yavuze ko iyi mirwano yongeye kubura ari icyuho gikomeye mu nzira y’amahoro, asaba impande zose kubaha amasezerano y’agahenge.

Yagize ati “Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaganye imirwano mishya yubuye mu burasirazuba bwa Congo. Turasaba impande zose kubaha amasezerano y’agahenge no gushyira imbere ubufatanye ndetse no gushyiraho ubuyobozi bukomeye kugira ngo amasezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Doha ashyirwe mu bikorwa neza kandi mu buryo burambye.”

Amahame y’amasezerano y’amahoro yashyizweho umukono na leta ya RDC na AFC/M23, i Doha muri Qatar, ku wa 19 Nyakanga 2025, yari yitezweho gutanga umuti urambye ku bibazo bimaze imyaka myinshi byibasiye uburasirazuba bwa RDC, harimo imirwano hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa M23.

Gusa nubwo aya masezerano yasinywe impande zombi zirashinjanya kuba nyirabayazana mu kutubahiriza agahenge kari kemejwe i Doha muri Qatar.

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Willy Ngoma aherutse gutangaza ko biteguye gusubiza leta ya RDC ubwo izaba ihisemo imirwano, ndetse yunganiraga amagambo y’umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrance Kanyuka wari watangaje ko bafite amakuru ahagije abagaragariza ko leta ya Kinshasa ikomeje kurunda abasirikare n’abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Uruhande rwa leta ya RDC narwo rugashinja uyu mutwe gukomeza kongera abasirikare muri uyu mutwe, ndetse no gukomeza kwigarurira ibice bindi muri Kivu y’Amajyepfo.

Ibi kandi byakurikiranye no kuba ihuriro rya AFC/M23 ryaranze kwitabira ibiganiro bikurikira isinywa ry’amahame y’amahoro i Doha muri Qatar, kuko bavuga ko batigeze batumirwa.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirasaba imiryango mpuzamahanga, ndetse n’abayobozi bo mu Karere gushyira imbaraga mu gushyigikira ibikorwa bigamije gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro, no guharanira ko uburenganzira bw’ikiremwamuntu burindwa.

Photos:

Photos:

Live Updates
17:12 GMT+0200

Amerika yamaganye imirwano yongeye kubura mu Burasirazuba bwa RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye imirwano yongeye kubura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’uko uruhande rwa leta ya RDC n’ihuriro rya AFC/M23 basinyiye amasezerano y’amahoro i Doha muri Qatar.

Mu itangazo ryasohowe n’umujyanama mukuru wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ibya Afurika, Massad Boulus, ku wa gatanu, tariki ya 16 Kanama 2025, yavuze ko iyi mirwano yongeye kubura ari icyuho gikomeye mu nzira y’amahoro, asaba impande zose kubaha amasezerano y’agahenge.

13:49 GMT+0200

Kenya yagennye uyihagarariye i Goma biteza imvururu

Perezida wa Kenya,Wiliam Ruto, yagennye ba Ambasaderi bahagarariye iki gihugu mu bindi bihugu birimo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu bice bya Goma bigenzurwa n’umutwe wa M23.

Ibiro bya Perezida wa Kenya, byatangaje ko umukuru w’iki gihugu, yashyizeho ba Ambasederi n’abahagarariye inyungu z’iki gihugu mu bindi bihugu.

Mu bo yatangaje harimo ko yagize Amb.Moni Manyange, guhagarira Kenya mu murwa mukuru wa DRC, i Kinshasa.

11:00 GMT+0200

Uwahoze ari Minisitiri muri RDC yagaragaye muri AFC/M23 afite imbunda

Daniel Paluku Kisaka wahoze ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku butegetsi bwa Joseph Kabila yagaragaye yambaye umwambaro wa gisirikare wa AFC/M23, afite n’imbunda.

Mu cyumweru gishize nibwo byamenyekanye ko Daniel Kisaka yinjiye mu ihuriro rya AFC/M23, nyuma yaho yari amaze gutanga ubutumwa agaragaza ko yinjiye muri iri huriro rirwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

19:20 GMT+0200

AFC/M23 na RDC bashyize ibiganiro ku ruhande bateguza imirwano

Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryarahiriye kwigiza kure ingabo za FARDC, ingabo z’u Burundi, FDNB n’imitwe yitwaje intwaro bikorana, nyuma yaho bigaragaye ko iri huriro ry’ingabo rimaze iminsi myinshi mu myiteguro yo kubarwanya.

Ni mu gihe kandi na FARDC ishinja M23 kongera umubare munini w’abasirikare ku murongo w’abari ku rugamba ndetse n’ibikoresho byinshi.

Ibi ni ibyatangajwe n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya gisirikare, Lt.Col Willy Ngoma, wavuze ko iri huriro ry’ingabo za Congo zikomeje kurenga ku gahenge, bityo bakaba bagiye kuzigiza kure.

13:30 GMT+0200

AFC/M23 irashinja leta ya Congo gutegura intambara bucece

Ihuriro ry’Umutwe urwanya leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, AFC/M23 ryatabaje Umuryango Mpuzamahanga uvuga ko ubutegetsi bwa Congo buri gutegura bucece intambara .

AFC/M23 mu itangazo yasohoye ku wa Mbere tariki ya 11 Kanama 2025, uvuga ko ubutegetsi bwa Kinshasa buri kurenga ku mahame yumvikanyweho ku mpande zombi i Doha kuwa 19 Nyakanga 2025.

Bimwe mu bimenyetso uyu mutwe ushingiraho harimo ko leta ya Congo iri kohereza ingabo n’ibikoresho mu duce twa Nzimbira, Mwenga, Bunyakiri, Kibuwa, Pinga na Uvira bityo bigaragaza kurenga ku gahenge kumvikanyweho n’impande zombi.

11:02 GMT+0200

U Rwanda rwamaganye ibirego bya Komisiyo ya Loni ku iyicwa ry’abasivile 319 muri Ituri

U Rwanda rwamaganye ibirego bidafite ishingiro byagaragajwe n’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR), bishinja Ingabo z’u Rwanda (RDF) kwica abasivili bagera ku 319, mu mirima yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, kuri uyu wa mbere, tariki ya 11 Kanama 2025, rivuga ko u Rwanda rwemeza ko ibi birego byatanzwe na OHCHR nta bimenyetso bifatika, nta buhamya, ndetse nta mpamvu zifatika zigaragajwe.

Showing 6 of 7 updates
View All Updates (7)
[fluentform id="3"]