Umunyarwanda Kagarara wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Ashton Small, yujuje miliyoni imwe y’abamukurikira kuri Instagram, aba umwe mu Banyarwanda bamaze kugera kuri uyu mubare kuri uru rubuga.
Taikun Ndahiro yasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ko aho gufungwa yakoherezwa muri gahunda yo kuvura no gufasha abashaka kureka ibiyobyabwenge, nyuma yo kwiregura ku byaha byo kwigomeka ku nzego z’umutekano no gukoresha urumogi.
Umurundikazi Marie Goreth Nizigama yatangiye ku mugaragaro inshingano zo guhagararira Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere ry’Abagore (UN Women) mu Rwanda.
Abanyeshuri 1,097 bakopeye ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026, ntibazahabwa andi mahirwe yo kongera gukora ibyo bizamini, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi.
Imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026 yazamutseho 5.2%, aho abatsinze bageze kuri 94,33%, ugereranyije na 89,1% bari batsinze mu mwaka wabanje wa 2024/2025.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Mukantaganzwa Domitilla, yavuze ko nubwo imanza za gatanya zikomeje kwiyongera ndetse akaba atari ikintu igihugu cyakwishimira ariko hari igihe biba ntayandi mahitamo asigaye ku bashakanye ku buryo ari cyo gisubizo cyonyine kiba gishoboka ku nyungu za buri umwe.