Inkuru Nshya

Politiki

Ubuhinzi

Ibidukikije

Amashusho

Kugirango tujye muri vibes tugire aho tuba duhagaze|| Ntimukabe ubusa || Perezida Kagame

“Vibes ntabwo nzanze, ariko uhagaze he? Kugirango tujye muri vibes tugire aho tuba duhagaze.”

Umutekano ujyanye no kubaho kwacu ntabwo tuwushakira gushimwa n’abahandi: Perezida

MENYA IBICE BIGIZE IKIMENYETSO CYA JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI CYUBATSWE KU NTEKO ISHINGA AMATEGEKO

Ndi Umunyagatolika, namubaye ntabizi ariko nkuze ndabyubahiriza – Perezida Kagame

Ijambo rya Perezida Kagame ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urugamba rwo kuyihagarika

UBU KOKO TWEBWE ABIRABURA TUZEMERA KO DUCIRIRITSE? || PEREZIDA KAGAME

ABA SPONSOR BASHORA MU MIBIRI YACU || ANTOINETTE NIYONGIRA AHAYE ABAKOBWA IMPANURO

Imyidagaduro

Nyuma yo gutanga ibyishimo mu myaka yashize, itsinda rya Urban Boyz ryari rigizwe na Safi, Nizzo na Humble Jizzo ryongeye guhurira hamwe mu gihe ryitegura kongera gutaramira abantu i Rubavu tariki 1 Kanama 2026 mu bitaramo bizenguruka Igihugu bya MTN Iwacu Muzika Festival bitegurwa na East African Promoters (EAP).
Muyango Claudine wabaye Nyampinga uberwa n’amafoto (Miss Photogenic) muri Miss Rwanda 2019 yerekanye imodoka nshya yaguze ya ‘Mercedes-Benz GLC 300’ ifite n’icyapa kiranga ikinyabiziga (Plaque) cyiri mu izina rye ‘Muyango’.
Mimi Mehfira, umugore w’umuhanzi Ngabo Médard Jobert wamamaye nka Meddy, yasubije abamubajije impamvu yabujije Umugabo we kongera gusohora indirimbo ababwira ko nawe ari umufana bityo ko ategereje nk’abandi.
Umubyinnyi mpuzamahanga w'umunyarwanda ariko ufite n'ubwenegihugu bw'Ubwongereza, Sherrie Silver, yishimiye guhura na Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi, FIFA, Gianni Infantino ku mukino w'Igikombe cy'Isi wahuje Ubwongereza na Argentine muri 1/2 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Inkuru Nshya

Kuri uyu wa Kane Guverineri w'Intara y'Amajyepfo, Madame Alice KAYITESI, ari kumwe n'Abayobozi b'Uturere batandukanye mu ntara y'amajyepfo, bitabiriye gahunda yo kwigiranaho ku buryo bwo kuvana abaturage mu bukene yabereye mu Karere ka Nyamagabe.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Telesphore Ndabamenye yasabye abahinzi n’aborozi gushyira imbere ubufatanye no guhanga ibishya nk’inzira iganisha ku iterambere rirambye ry’urwego rw’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Nyakanga 2026, ikipe ya Gicumbi FC yakiriye umutoza wayo mushya umunya-Tunisia Afahmia Lotfi ugiye kuyitoza mu myaka ibiri iri imbere asimbuye Bisengimana Justin kuri ubu uzatoza AS Kigali.
Kuwa Gatanu tariki ya 17 Nyakanga 2026, ku cyicaro gikuru cy'Umuryango FPR-Inkotanyi i Rusororo, mu Karere ka Gasabo, hateraniye Inama ya Biro Politiki y'Umuryango FPR-Inkotanyi yayobowe na Perezida Kagame Paul, akaba na Chairman w'Umuryango FPR-Inkotanyi.
Umukinnyi Leroy-Jacques Mickels ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda 'Amavubi' yerekeje mu ikipe ya SV Waldhof Mannheim ikina icyiciro cya gatatu mu Budage nyuma yo kurangiza amasezerano mu ikipe ya Zira FK yo muri Azerbaijan yakiniraga.
Imikino y'Akarere ka gatanu (5) yo gushaka itike y'Igikombe cya Afurika cya basketball mu ngimbi n'abangavu batarengeje imyaka 18, yegejwe inyuma ho umunsi umwe nyuma y'uko ikipe y'igihugu ya Kenya itinze kugera mu Misiri ahazabera iyi mikino, ndetse hari n'abasifuzi batinze kugera mu mujyi wa Cairo uzakira iyi mikino.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolee, yashimiye abatuye ikirwa cya Bugarura, uburyo bifashisha amafi n'isambaza byo mu Kivu mu kwita ku mikurire y'abana bakaba nta n'umwe ugaragarwaho n'imirire mibi n'igwingira.
Abapolisi b’u Rwanda basoje ku mugaragaro amahugurwa yo kurinda abanyacyubahiro, guhangana n’ibyihebe mu bice by’imijyi, guhosha imyigaragambyo no kugarura ituze muri rubanda.