Abanywarwanda mu ngeri zinyuranye haba abari imbere mu gihugu no hanze yacyo bakozwe ku mutima n’intsinzi ya Rayon Sports nyuma yo kwegukana igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026 bagaragaza amarangamutima yabo yuzuyemo ibyishimo bisendereye.
Mu kwizihiza iyi myaka 10 ishize, Ishimwe Clement yashimiye cyane umugore we Knowless avuga ko kumuhitamo nk’umugore ari wo mu myanzuro mwiza yafashe mu buzima bwe bwose. Mu gihe Knowless nawe yashimiye umugabo we ku bana beza babyaranye.
Ikipe ya Marine FC y'Igisirikare cy'u Rwanda kirwanira mu mazi yamaze kumvikana ndetse isinyisha rutahizamu Naman Keita ukomoka muri Mali avuye mu ikipe ya Olympique Beja yo muri Tunisia.
Ubutabera bwo mu Bufaransa bwemej bidasubirwaho ko Lt. Col. Cyprien Kayumba wahoze mu Ngabo z’u Rwanda za mbere ya Jenoside (Ex-FAR), yoherezwa imbere y’urukiko rwa rubanda rw’i Paris kugirango aburanishwe ku byaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Rutahizamu ukinira ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Joy-Lance Mickels, yafashije ikipe ye ya Sabah FK yo muri Azerbaijan kugera mu ijonjora rya kane ari naryo rya nyuma igahita ijya muri UEFA Champions League.Mu mukino Sabah FK yakiriyemo AGF yo muri Denmark kuri Bank Respublika Arena, Joy-Lance Mickels yatanze umupira wavuyemo igitego ndetse atsinda n’igitego cya gatatu cyo ku munota wa 78 mu bitego 4-0 Sabah FK yatsinze.
Ku wa Kabiri tariki ya 11 Kanama 2026, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa y'urwego rushinzwe imyitwarire no kurinda abayobozi (Military Police) ku basirikare 146.