Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yavuze ko abanyeshuri bagaragaye mu gukopera no gukopeza ibizamini batazahanishwa guhabwa zeru ahubwo bazahabwa amahirwe yo kongera kubikora. Yavuze ko iki cyemezo cyafashwe hagamijwe kurengera inyungu z’abanyeshuri, nyuma y’uko iperereza rigaragaje uruhare rw’abantu bakuru mu ikorwa ry’aya makosa.