Inkuru Nshya

Politiki

Ubuhinzi

Ibidukikije

Amashusho

MENYA IBICE BIGIZE IKIMENYETSO CYA JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI CYUBATSWE KU NTEKO ISHINGA AMATEGEKO

Ndi Umunyagatolika, namubaye ntabizi ariko nkuze ndabyubahiriza – Perezida Kagame

Ijambo rya Perezida Kagame ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urugamba rwo kuyihagarika

UBU KOKO TWEBWE ABIRABURA TUZEMERA KO DUCIRIRITSE? || PEREZIDA KAGAME

ABA SPONSOR BASHORA MU MIBIRI YACU || ANTOINETTE NIYONGIRA AHAYE ABAKOBWA IMPANURO

UMWANA WANJYE BAMUTEYE INDA YIGA MU WA KABIRI | NDASHIMIRA IMBUTO FOUNDATION | IHURIRO RYARAMFASHIJE

ABANA IBIHUMBI 23 BATERWA INDA KU MWAKA || UYU MUBIRI NUWICA UZAWISHYURA EJO|| MINISITIRI SABIN

UKO ABAHUTU BIGARURIYE NYANZA BAGAKURAHO UBWAMI || MINISITIRI BIZIMANA AZANYE INDIRIMBO BARIRIMBYE

Imyidagaduro

Ikipe y'umutwe wo mu ngabo z'u Rwanda ushinzwe kurinda abayobozi bakuru, Republican Guard (RG), irangajwe imbere n'umuhungu wa Perezida Kagame, Ian Kagame, yongeye kwegukana igikombe cyo Kwibohora gihuza imitwe yo mu Ngabo z'u Rwanda, Rwanda Defence Force (RDF) Liberation Tournament 2026, nyuma yo gutsinda ikipe y’Ikigo cy’Imyitozo ya Gisirikare cya Nasho (BMTC Nasho) ibitego 3-0 ku mukino wa nyuma.
Abanyamakuru b'imikino Ishimwe Adelaide uzwi nka Ida uherutse gusezera kuri Radiyo/TV 10 na Hitimana Jean Claude uzwi nka Hit ukihakora bateguje ubukwe buzaba tariki 5 Nzeri 2026.
Umujyi wa Kigali watangaje ko abawutuye batazigera bagira irungu muri ibi bihe by’impeshyi, cyane cyane mu myidagaduro bategujwe igitaramo cy’imbaturamugabo ku munsi w’Umuganura w’uyu mwaka wa 2026

Inkuru Nshya

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'umukino wa basketball mu bagabo yatsinzwe n'ikipe y'igihugu ya Nigeria amanota 106-62 bituma irangiza imikino 6 yose yo mu itsinda C mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi itsindwa
Umukinnyi w'umupira w'amaguru w'umunyarwandakazi Mukandayisenga Jeannine uzwi nka 'KaBoy' yaciye agahigo ko kuba umukinnyi uguzwe amafaranga menshi muri Shampiyona ya Tanzania nyuma yo kugurwa n'ikipe yo mu Bushinwa yitwa Wuhan Jiangda WFC avuye mu ikipe ya Yanga Princess yakiniraga.
Mu gihe u Rwanda rwizihizaga ku nshuro ya 32 umunsi wo Kwibohora, kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2026, Ingabo na Polisi by’u Rwanda bamuritse ibikorwa bitandukanye bakoze mu guteza imbere imibereho y’abaturage.
Abasirikare b'Abanyarwanda bari mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Sudani y'Epfo, bifatanyije n'Abanyarwanda baba muri icyo gihugu mu kwizihiza Isabukuru y'imyaka 32 u Rwanda rwibohoye.  
U Burusiya bwatangaje ko buhangayikishijwe n'ihinduka ry'imiterere y'intambara ikomeje mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho impande zihanganye zikomeje gukoresha cyane drones z'intambara, ibintu buvuga ko birushaho gushyira mu kaga abasivili n'abakora ibikorwa by'ubutabazi.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro ya Washington ridakwiye gusabwa u Rwanda rwonyine, ahubwo ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) na yo igomba kubahiriza inshingano zayo zirimo guca intege umutwe wa FDLR.
Imyaka 32 irashize izari Ingabo (RPA) Inkotanyi zibohoye igihugu, nyuma y’urugamba rwamaze imyaka ine aho rwatangiye mu Ukwakira 1990 kugeza muri Nyakanga 1994.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko umutoza Habimana Sosthène yayisubiyemo nk'umutoza wungirije