Imibereho

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, watangiye ibiganiro bigamije guhuza uburyo ibiribwa n’ibinyobwa bigenzurwa mu bihugu biwugize, mu rwego rwo korohereza ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Guverinoma y’u Rwanda yasobanuriye abahagarariye ibihugu by’amahanga mu Rwanda ingamba ikomeje gushyira mu bikorwa zo guhangana n’ibinyobwa bisembuye bitujuje ubuziranenge, mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturage no gukomeza kubaka umuryango ushoboye guhangana n’ibibazo bishobora kuwugariza.
Guverinoma y’u Rwanda yatangiye gufungura buhoro buhoro amasoko y’amatungo aho yahereye mu turere tune two mu Ntara y’Uburasirazuba, nyuma y’uko icyorezo cy’indwara y’ubuganga (Rift Valley Fever - RVF) kigabanutse muri utwo turere.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iteganyagihe Meteo Rwanda cyatangaje ko mu gihembwe cy’imvura y’Umuhindo wa 2026 gitangira muri Nzeri kugera mu Ukuboza, giteganyijwemo imvura iri hagati ya milimetero 300 na 1000, ikaba iri hejuru y’impuzandengo y’isanzwe igwa muri icyo gihe.
Hari urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rwashoye imari mu bikorwa by’ubworozi bw'amatungo magufi , ruvuga ko byababereye akazi gahoraho bibarinda ubushomeri. Bavuga ko ibi byabafashije kwiteza imbere banatanga akazi no k’urundi rubyiruko.
Ubushakashatsi ku mibereho n’ubuzima mu Rwanda bwa 2025, bwagaragaje ko umubare w’abana bavukana ibilo bike uri kwiyongera, aho wageze ku 8.8% mu 2025.
Inzego zitandukanye za Leta mu Ntara y’Amajyaruguru no mu Karere ka Rulindo, zamennye ahabugenewe litiro zirenga ibihumbi 26 z’urwagwa rw’akarusho rwakorwaga n’uruganda rwa Sina Gerard rwo kuri Nyirangarama muri ako Karere. 
Mu gihe mu Karere ka Gicumbi hamaze kumenwa inzoga zitujuje ubuzirange zifite agaciro k'arenga miliyoni 60 Frw, abatuye muri aka Karere basabwe gutanga amakuru y’ahaba hakiri izo nzoga, kugira ngo zose zikurwe mu baturage mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo.
Mu miryango myinshi haracyari imyumvire ivuga ko kwita ku mwana ari inshingano ya mama gusa, papa agafatwa nk’umutware. Nyamara ibikorwa bito papa akorera umwana buri munsi, nko kumuterure, kumugaburira cyangwa kumukinisha bigira uruhare rukomeye mu mikurire n’imibereho myiza y’umwana.
Minisitiri Wungirije w'Ububanyi n'Amahanga Ushinzwe Ingufu muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu (UAE), Abdulla Ahmed Balalaa, yashimye imikoranire ifitanye akamaro irakataje hagati y'igihugu cye n'u Rwanda

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka