Imibereho

Abajyanama b’Ubuzima bo mu Murenge wa Butaro, Akarere ka Burera, basaba inguzanyo ya banki kugira ngo barangize hoteli batangiye kubaka mu 2018, bavuga ko kuyigira iwabo byaba ari iterambere kubera ko yabaha akazi ikanabahahira imyaka yabo beza kubwinshi.
Urwego rw'Ubugenzacyaha RIB rwafunze abakozi 18 bo mu nzego zitandukanye za Leta barimo Umuyobozi Mukuru w'Ikigo gishinzwe Ibiribwa n'Imiti Rwanda FDA, bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n'ikorwa ry'ibinyobwa bitujuje ubuziranenge biherutse guhagarikwa ku isoko.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko iyo igihugu kidahuguruka ngo kirwanye inzoga zitujuje ubuziranenge cyivuye inyuma zari gushyira igihugu mu kangaratete ku buryo icyizere cyo kubaha ku Banyarwanda cyari kuva ku myaka 70 kiriho ubu kikagera kuri 50.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igihe cyo gukangurira abaturage kwirinda inzoga zitujuje ubuziranenge no kuzishyikiriza inzego bireba cyarangiye, bityo umuntu uzifatirwa ubu ashobora gufatwa nk’uwakoze icyaha agahanwa hakurikijwe amategeko.
Umujyi wa Kigali watangaje ko kuva gahunda yo guca inzoga zitujuje ubuziranenge yatangira, mu turere dutatu tuwugize hamaze gukusanywa amacupa akabakaba miliyoni enye y’inzoga zizwi nk’ibyuma.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko inyubako y’Inkundamahoro yongeye gufungurwa nyuma y’uko ubuyobozi bwayo butangiye gushyira mu bikorwa ibisabwa kugira ngo hakemurwe ibibazo by’isuku n’umutekano byari byagaragaye muri iyi nyubako.
Mu karere ka Kicukiro hafashwe litiro ibihumbi 385 z’ikinyabutabire cya Ethanol ndetse n’amakarito asaga 31,000 y’inzoga zitujuje ubuziranenge byari bikiri mu bibiko bw'inganda zirimo urwa Kasesa Distillers Distributors zikorera i Gahanga mu cyanya cy’inganda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko ibiciro ku masoko muri Nyakanga 2026 byiyongereyeho 14.5% ugereranyije n’uko byari bihagaze muri Nyakanga 2025. Muri Kamena 2026 byari byiyongereyeho 13.6%.
Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangije ibikorwa byo kwizihiza Umunsi w’Umuganura, ihamagarira Abanyarwanda baba muri icyo gihugu gukomeza kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda, nubwo baba hanze y’igihugu.
Urwego rw’u Rwanda rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko igice cy’uruganda rwa Sina Gerard gikora ibinyobwa bisembuye cyafunzwe, nyuma y’uko hamenyekanye ko hari ibinyobwa byakorwaga bitujuje ubuziranenge busabwa.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka