Imibereho

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ingengabihe y’amatora y’inzego zegerejwe abaturage ateganyijwe mu mpera za 2026, aho Abanyarwanda bazagira uruhare mu guhitamo abayobozi n’ababahagararira kuva ku Mudugudu kugera ku Karere.
Umuhanzi w’umuraperi wanakunzwe cyane mu biganiro, Sky 2 Wabagahe, yavuze uko yagize ubumuga bw’ijisho akabagwa inshuro 3 abitewe n’ubukana bukabije bw’inzoga y’icyuma yanywaga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gicumbi bavuga ko guhagarika ikorwa n’icuruzwa ry’inzoga gakondo nk’ikigage, inzagwa n’ubushera bishobora gutuma barushaho gukomeza kunywa inzoga zitemewe zinjizwa mu gihugu ziturutse mu bihugu by’abaturanyi.
Mu Nteko Rusange y’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Rusizi, hibanzwe ku bibazo bikibangamiye umutekano n’imibereho myiza y’abaturage, hanasabwa ko hashyirwa imbaraga mu kubishakira ibisubizo birambye.
Abahinzi b’imboga mu Ntara y’Amajyepfo barasaba Leta kongera ibyumba bikonjesha bibafasha kubika umusaruro, bavuga ko kubura ahantu hahagije ho kuwubika bituma hari umusaruro wangirika ukanagurishwa ku giciro gito.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Nsanzimana Sabin yifurije Abakristu umunsi mwiza w’Ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya uzwi nka Asomusiyo abasaba kwishima ariko bakarinda ubuzinzi nk’uko ijambo ryo muri Bibiliya ribivuga.
Ubushakashatsi bwakozwe n'Ikigo kigenzura imikoreshereze y’ingengo y’imari z’ibihugu, International Budget Partnership bwagaragaje ko u Rwanda rwazamuye amanota ku ruhare rw’abaturage mu ishyirwaho n'ikoreshwa ry'ingengo y’imari, ariko ko hakiri icyuho kinini mu kugira uruhare rufatika mu ikoreshwa ry'umutungo wa Leta.
Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu Rwubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B Thiery yatangaje ko zimwe mu nganda zafunzwe zenganga ibyuma zakorerwaga amahano ajyanye n’isuku nke atagakwiye gukorwa n’uruganda rukora ibintu abantu banywa ndetse byashyiraga ubuzima bw’ababinywa mu kangaratete.
Abo mu muryango w’uwitabye Imana batangaje ko nyakwigendera yari yagiye kuri poste de sante yitwa Inshuti Nyabikoni gushaka serivise zo kuboneza urubyaro aho yatewe ikinya kugira ngo akurirwemo agapira kari mu kaboko.Nyuma yo guterwa ikinya uyu mukobwa yahise apfa.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko ibirego birebana n’urugomo inzego z’umutekano zahuraga na byo, byagabanutse nyuma y’uko inzoga zitujuje ubuziranenge zikuwe mu baturage ndetse zigahagarikwa ku isoko ryo mu Rwanda.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka