sangiza abandi

#Kigali2025: Tadej Pogacar yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025

sangiza abandi

Ku wa mbere, tariki ya 21 Shampiyona y’Isi y’Amagare yatangiye kubera mu Rwanda, ku nshuro ya mbere ibereye ku Mugabane wa Afurika.

Ibitangazamakuru mpuzamahanga n’abafana ibihumbi bateraniye muri BK Arena aho gusiganwa n’igihe byatangiriye.

Ni mu gihe abandi bafana ibihumbi bateraniye kuri Kigali Convection Center ahari gusorezwa irushanwa.

Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships) ni amarushanwa mpuzamahanga ategurwa buri mwaka n’Impuzamashyirahamwe y’Amagare ku Isi (UCI – Union Cycliste Internationale).

Ibihugu 110 byitabiriye iri rushanwa ry’amagare ryitabirwa n’abakinyi babigize umwuga.

Shampiyona y’Isi y’Amagare, iri kubera mu mujyi wa Kigali kuva tariki ya 21 kugeza 29 Nzeri 2025.

Ni rimwe mu masiganwa akomeye yabayeho kuko rizaba rigizwe n’inzira y’ibilometero 267,5 irimo akazamuko ka metero 5.475.

Photos:

Photos:

Live Updates
19:00 GMT+0200

Tadej Pogacar yambitswe umudali wa Zahabu na Perezida w'u Rwanda Paul Kagame

Umunya-Slovenia, Tadej Pogacar yambitswe umudali wa Zahabu na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Remco Evenopoel yambitswe umudali wa Feza n'Igikomangoma cya Monaco, Albert II.

Umunya-Iraland Ben Healy yambitswe umudali w'Umuringa n'Umuyobozi wa UCI, David Lappartient.

18:17 GMT+0200

Tadej Pogacar yegukanye Shampiyona y'Isi y'Amagare ya 2025.

Umunya-Slovenia Tadej Pogacar yegukanye Shampiyona y'Isi y'Amagare ya 2025, yabereye muri Afurika ku nshuro ya mbere mu mujyi wa Kigali.

Yakurikiwe n'Umubiligi Remco Evenopoel na Mattias Skjelmose Jensen waje ku mwanya wa gatatu.

17:52 GMT+0200

Tadej Pogacar yinjiye muri Lap ya nyuma

Umunya Slovenia Tadej Pogacar yinjiye muri Lap ya nyuma.

Asigaje ibilometero 12.9, amaze gukoresha amasaha 5, iminota 38 n'amasegonda 46.

Aracyarusha Remco Evenopoel umunota n'amasegonda 28.

17:29 GMT+0200

Pogacar aracyayoboye isiganwa

Tadej Pogacar ayoboye isiganwa binjira muri Lap ebyiri za nyuma.

Basigaje ibilometero 28.4.

Aracyarusha Evenopoel umunota 1 n'amasegonda 18.

Isiganwa risigayemo abakinnyi 41.

17:12 GMT+0200

Abasiganwa basigaje Lap 2 5:17:45

Tadej Pogacar ashoje Lap ya 13 akiyoboye isiganwa, aho amaze gukoresha amasaha 5, iminota 17 n'amasegonda 45.

Ayoboye isiganwa, arusha Pogacar umunota 1 n'amasegonda 2.

Abasiganwa bashigaje ibilometero 38.5.

17:09 GMT+0200

Amagare azamuka kwa Mutwe

Abafana bari benshi kwa Mutwe.

16:50 GMT+0200

Tadej Pogacar yinjiye muri Lap ya 13 ayoboye isiganwa

Tadej Pogacar yinjiye muri Lap ya 13 ayoboye isiganwa nyuma yo gukoresha amasaha 4, iminota 57 n'amasegonda 8.

Evenopoel ayoboye Chase ya 2, arushwa na Pogacar umunota 1.

16:38 GMT+0200

Abasiganwa bari kuzamuka MINAGRI basigaje ibilometero 66

Abasiganwa bari kuzamuka MINAGRI, Tadej Pogacar aracyayoboye isiganwa, hasigaye ibilometero 66.

Yasize Peloton umunota 1 n'amasegonda 6.

Abakinnyi bakiri mu isiganwa ni 75.

Evenopoel ayoboye Chase ya 2.

16:29 GMT+0200

Tadej Pogacar yinjiye muri Lap ya 12 ayoboye isiganwa.

Tadej Pogacar yinjiye muri Lap ya 12 ayoboye isiganwa.

Yakoresheje amasaha 4, iminota 36 n'amasegonda 45.

Ari imbere ya Evenopoel umunota 1 n'amasegonda 35.

16:13 GMT+0200

Ishusho ya Nyabugogo yakira amagare

Nyabugogo yari ifite umufana

16:06 GMT+0200

Tadej Pogacar ayoboye isiganwa

Tadej Pogacar ashoje Lap ya 10 ayoboye isiganwa.

Yakoresheje amasaha 4, iminota 16 n'amasegonda 4.

Abasiganwa basigaje ibilometero 88.

15:52 GMT+0200

Abasiganwa bari kuzamuka kwa Mutwe

Tadej Pogacar ayoboye isiganwa.

Remco Evenopoel ari muri Chase ya 3, arushwa amasegonda 55.

Umunyarwanda Shemu Nsengiyumva aracyari mu isiganwa.

15:44 GMT+0200

Abafana Norvege ni benshi

Abasiganwa bari kuzamuka Norvege.

Hasigaye ibilometero 104.6.

15:31 GMT+0200

Abasiganwa banyuze Nyabugogo berekeza Giti cy'Inyoni

Abasiganwa banyuze Nyabugogo, berekeza Giti cy'Inyoni bazamuka Norvege.

Bazamutse Mount Kigali, ku muvuduko wa 7.

Basigaje ibilometero 108.3.

15:21 GMT+0200

Abakinnyi batatu bayoboye isiganwa

Abakinnyi batatu, aribo A.Foldeger, J. Bernard na I.Oliveira bayoboye isiganwa.

Bari imbere ya Peloton umunota 1 n'amasegonda 59.

Basigaje ibilometero 120.5.

15:10 GMT+0200

Anders Foldager ashoje 'Lap' ya 9 ayoboye isiganwa

Umunya-Denmark Anders Foldager ashoje 'Lap' ya 9 akoresheje amasaha 3, iminota 13 n'amasegonda 33.

Abasiganwa bashigaje 'Lap' 7, n'ibilometero 126.

14:45 GMT+0200

Marius Mayrhofer yashoje 'Lap' ya 8 akiyoboye isiganwa

Umudage Marius Mayrhofer yashoje 'Lap' ya munani akiyoboye isiganwa.

Yakoresheje amasaha 2, iminota 51 n'amasegonda 52.

14:26 GMT+0200

Marius Mayrhofer aracyayoboye isiganwa

Umudage Marius Mayrhofer aracyayoboye isiganwa aho amaze gukoresha amasaha 2, iminota 29 n'amasegonda 47.

Abasiganwa basigaje ibilometero 156.

14:19 GMT+0200

Isiganwa rirakomeye

Abakinnyi 24 bamaze kwikura mu isiganwa muri Lap ya 7.

Basigaje ibilometero 162.2.

Peloton ya mbere irimo abantu 7, iya kabiri irimo abantu 121.

14:00 GMT+0200

Marius Mayrhofer ayoboye isiganwa

Umudage Marius Mayrhofer ayoboye isiganwa aho amaze gukoresha amasaha 2, iminota 8 n'amasegonda 8.

Abasiganwa binjiye muri 'Lap' ya 7.

Abanyarwanda Vainqueur Masengesho, Eric Muhoza na Manizabayo Eric baracyari mu isiganwa.

13:51 GMT+0200

Abanya-Kigali bitabiriye ku bwinshi kwihera ijisho umunsi wa nyuma wa Shampiyona y'Isi y'Amagare

Abanya-Kigali mu bice bitandukanye bitabiriye ku bwinshi kwihera ijisho umunsi wa nyuma wa Shampiyona y'Isi y'Amagare.

Aha ni mu Mujyi na Nyabugogo.

13:39 GMT+0200

Abasiganwa binjiye muri 'Lap' ya 6.

Abasiganwa basigaje Lap 11.

Raúl García Pierna ayoboye isiganwa aho yakoresheje isaha 1, iminota 46 n'amasegonda 20.

Peloton ya mbere irimo abakinnyi 7, yasize abandi iminota 2 n'amasegonda 48.

13:20 GMT+0200

Ivo Oliveira ashoje 'Lap' ya 4 ayoboye isiganwa

Umunya-Portugal, Ivo Oliveira, ayoboye isiganwa aho amaze gukoresha isaha 1, iminota 24 n'amasegonda 32.

Abasiganwa basigaje ibilometero 196.6.

12:56 GMT+0200

Abasiganwa binjiye muri 'Lap' ya 4

Umudage Marius Mayrhofer ayoboye isiganwa aho amaze gukoresha isaha 1, iminota 2 n'amasegonda 13.

Abasiganwa binjiye muri 'Lap' ya 4.

Bjoern Koerdt yakoze impanuka.

Manizabayo ayoboye Peloton ya kabiri.

12:47 GMT+0200

E. Manizabayo ayoboye Peloton ya 3

R. Garcia Pierna ayoboye Peloton ya 2, Umunyarwanda Manizabayo ayoboye Peloton ya 3.

Basigaje ibilometero 224.8.

Aba mbere basize Peloton iminota 2 n'amasegonda 34.

12:42 GMT+0200

Abakinnyi 9 bamaze kwikura mu isiganwa

Abasiganwa basigaje ibilometero 227.6.

Abakinnyi 9 bamaze kwikura mu irushanwa.

12:29 GMT+0200

Fabio Christen ayoboye isiganwa

Umusuwisi Fabio Christen ayoboye isiganwa aho ashoje 'Lap' ya kabiri akoresheje iminota 40 n'amasegonda 28.

12:17 GMT+0200

Abasore bari kwihuta

Ni isiganwa riri kwihuta cyane.

Abasiganwa bageze kuri Golf bazenguruka muri Lap ya kabiri.

Basigaje ibilometero 244.6.

12:08 GMT+0200

Abasiganwa binjiye muri Lap ya 2

Umunya-Portgal, Ivo Oliveira ashoje 'Lap' ya mbere ayoboye isiganwa.

Yakoresheje iminota 18 n'amasegonda 39.

Abasiganwa basigaje Lap 15, n'ibilometero 251.4.

11:59 GMT+0200

Abakinnyi batatu bayoboye isiganwa

Abakinnyi batatu aribo M.Huising , I.Oliveira na M.Mayrhofer bayoboye isiganwa.

Basize Peloton amasegonda 9.

11:45 GMT+0200

Isiganwa ry'umunsi wa nyuma riratangiye

Abahungu bakuru 'Men Elite' batangiye gusiganwa.

Isiganwa ryatangijwe n'Umuyobozi wa UCI, David Lappartient na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire.

Hari gusiganwa abakinnyi 165, barimo ba kirangirire mu mukino w'Amagare ku Isi, Umubiligi Remco Evenopoel n'umunya-Slovania, Remco Evenopoel.

Abanyarwanda bari muri iri siganwa ni Manizabayo Eric, Vainqueur Masengesho, Byukusenge Patrick, Eric Muhoza, Eric Nkundabera, Shemu Nsengiyumva

11:21 GMT+0200

Abasiganwa babanje kwiyerekana mbere y'irushanwa

Abasiganwa babanje kwiyerekana mbere y'irushanwa.

Buri kipe yerekanye abakinnyi bayo.

11:00 GMT+0200

Ni umunsi wa nyuma wa Shampiyona y'Isi y'Amagare mu Rwanda

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 28 Nzeri 2025, harakinwa isiganwa rya nyuma rya Shampiyona y'Isi y'Amagare.

Kuri iki Cyumweru harasiganwa, abahungu bakuru, aho bari bugende intera y'Ibilometero 267,5.

Ni ibilometero biri bukinwe mu gihe cy'incuro 16, zirimo imwe ya 10 iri buzenguruke Norvege.

Amasaha yo gutangira ni saa 9:45 kuri KCC.

Gusoza ni 16:45 kuri KCC.

19:12 GMT+0200

Magdeleine Vallieres yambitswe umudali wa Zahabu n'Umuyobozi wa UCI, David Lappartient

Magdeleine Vallieres yambitswe umudali wa Zahabu n'Umuyobozi wa UCI, David Lappartient.

Niamh Fisher-Black yahembwe umudali wa Feza.

Mavi García ahembwe umudali w'Umulinga.

19:10 GMT+0200

Nta Munyarwanda washoje irushanwa mu bagore bakuru

Abanyarwanda uko ari bane, Valentine Nzayisenga, Violette Irakoze Neza, Diane Ingabire na Xaverine Nirere ntawabashije gusoza isiganwa.

18:44 GMT+0200

Magdeleine Vallieres yegukanye 'road race' y'abagore bakuru

Umunya-Canada, Magdeleine Vallieres yegukanye gusiganwa mu muhanda mu bagore bakuru muri Shampiyona y'Isi y'Amagare.

Yakoresheje amasaha 4, iminota 34 n'amasegonda 48.

Yakurikiwe na Niamh Fisher-Black wo muri New Zealand yarushije amasegonda 23.

N'Umunya-Espagne, Mavi García, waje ku mwanya wa gatatu, arushwa amasegonda 27.

18:30 GMT+0200

Hasigaye ibilometero 9.

Abasiganwa bageze kuri Kigali Golf hasigaye ibilometero 9.

18:23 GMT+0200

Abasiganwa binjiye muri Lap ya nyuma

Abasiganwa binjiye muri Lap ya nyuma.

Niamh Fisher-Black niwe uyoboye isiganwa aho amaze gukoresha amasaha 4, iminota 11 n'amasegonda 12.

Abasiganwa basigaje ibilometero 13.7.

18:08 GMT+0200

Abasiganwa basigaje ibilometero 22.1.

Abasiganwa bari mu Kabuga ka Nyarutarama muri Peloton ya 9 basigaje ibilometero 22.1.

Abasiganwa 45 bivanye mu isiganwa.

17:35 GMT+0200

Mireia Benito ayoboye isiganwa

Umunya-Espagne, Mireia Benito ayoboye isiganwa aho yakoresheje amasaha 3, iminota 22 n'amasegonda 22.

Abasiganwa basigaje ibilometero 40.8.

17:11 GMT+0200

Abasiganwa binjiye muri Lap ya 8

Abasiganwa basigaje ibilometero 59.2.

Shirin van Anrooij ukomoka muri Netherlands ayoboye isiganwa aho yakoresheje amasaha 2, iminota 58 n'amasegonda 23.

Umunyarwanda ukiri mu isiganwa ni Nirere Xaveline.

16:28 GMT+0200

Abasiganwa basigaje ibilometero 81.9.

Abasiganwa basigaje ibilometero 81.9, Carina Schrempf aracyayoboye yasize Peloton umunota 1 n'amasegonda 23.

Abasiganwa 24 bamaze kwikura mu isiganwa.

16:15 GMT+0200

Carina Schrempf aracyayoboye isiganwa

Carina Schrempf aracyayoboye isiganwa aho amaze gukoresha amasaha 2, iminota 7 n'amasegonda 38.

Peloton isigaje ibilometero 90.8.

15:55 GMT+0200

Carina Schrempf yinjiye muri Lap ya 5 akiyoboye isiganwa

Umunya-Austria, Carina Schrempf yinjiye muri Lap ya 5 ayoboye isiganwa, aho amaze gukoresha isaha 1, iminota 40 n'amasegonda 12.

Yasize Peloton iminota 3.

15:48 GMT+0200

Carina Schrempf yinjiye muri Lap ya 4 ayoboye isiganwa

Carina Schrempf ashoje Lap ya 3 akoresheje isaha 1, iminota 13 n'amasegonda 52.

Yasize Peloton iminota 2 n'amasegonda 30.

Umunyarwanda Valentine Nzayisenga yavuye mu isiganwa.

15:33 GMT+0200

Carina Schrempf yasize Peloton iminota 3.

Umunya-Austria, Carina Schrempf aracyayoboye isiganwa, yasize Peloton iminota 3.

15:20 GMT+0200

Abasiganwa basigaje ibilomtero 122.6

Abasiganwa basigaje ibilomtero 122.6.

U Rwanda ruhagarariwe n'Abanyarwanda bane aribo Valentine Nzayisenga, Violette Irakoze Neza, Diane Ingabire na Xaverine Nirere

15:13 GMT+0200

Carina Schrempf ayoboye isiganwa

Umunya-Austria Carina Schrempf ayoboye isiganwa aho yashoje Lap ya kabiri akoresheje iminota 47 n'amasegonda 56.

Yasize Peloton iminota 2 n'amasegonda 43.

14:46 GMT+0200

Abasiganwa bari kuzamuka kuri Minagri, basigaje ibilometero 142.

Abasiganwa bari kuzamuka kuri MINAGRI basigaje ibilometero 142.

Kubera akazamuko, bari kugendera ku muvuduko wa 12km/h.

Baracyari muri Lap ya 2.

14:40 GMT+0200

Marie Le Net ayoboye isiganwa

Umufaransa Marie Le Net ashoje isiganwa akoresheje iminota 23 n'amasegonda 04.

Abasiganwa bageze mu Kabuga ka Nyarutarama basigaje ibilometero 145.

14:00 GMT+0200

Abagore bakuru batangiye gusiganwa

Abagore bakuru batangiye gusiganwa mu muhanda muri Shampiyona y'Isi y'Amagare.

Batangiye ari 105.

Barasiganwa ibilometero 164.6, muri Lap 11.

12:33 GMT+0200

OSTIZ TACO Paula yegukanye 'road race' y'abangavu

Umunya-Espagne, OSTIZ TACO Paula yegukanye umudali wa Zahabu nyuma yo gusoreza ku mwanya wa mbere, akoresheje amasaha 2, iminota 9 n'amasegonda 19.

Umutaliyani PEGOLO Chantal waje ku mwanya wa kabiri, yegukanye umudali wa Feza.

Umusuwisi GROSSMANN Anja waje ku mwanya wa kabiri, yegukanye umudali w'Umuringa.

12:25 GMT+0200

Abasiganwa bari ku kazamuko ka nyuma

Abasiganwa batangiye akazamuko ka nyuma basigaje ibilometero 4.5.

Abakinnyi 13 nibo bavuye mu isiganwa.

12:13 GMT+0200

de LAURENTIIS Elena yinjiye muri Lap ya nyuma ayoboye isiganwa

Umutaliyani de LAURENTIIS Elena amaze gukoresha isaha 1, iminot 43 n'amasegonda 54.

Ayoboye isiganwa, basigaje ibilometero 11.8.

Abanyarwanda bose baracyari mu isiganwa.

12:04 GMT+0200

Peloton isigaje ibilometero 16.5

Peloton isigajeje ibilometero 16.5.

Abasiganwa basigaje Lap 1.

Abanyarwanda bose baracyari mu isiganwa.

11:50 GMT+0200

BLACKBURN Arabella ayoboye isiganwa

Umwongereza BLACKBURN Arabella ashoje Peloton ya 3 ayoboye isiganwa, aho yakoresheje isaha 1, iminota 17 n'amasegonda 31.

Abasiganwa bageze mu Kabuga ka Nyarutarama basigaje ibilometero 24.7.

Abakinnyi 7 bamaze kwikura mu isiganwa.

11:14 GMT+0200

Umunyafurika KIROS Tsige ayoboye isiganwa

KIROS Tsige ukomoka muri Ethiopia ayoboye isiganwa aho ashoje Lap ya kabiri amaze gukoresha iminota 50 n'amasegonda 8.

Peleton isigaje ibilometero 43.7.

11:08 GMT+0200

Peleton isigaje ibilometero 47.5

Abasiganwa bari kuzamuka ku butumburuke bwa 722.

Umuvuduko ni 18km/h

10:48 GMT+0200

Abasiganwa binjiye muri Lap ya 2

Umunya-Australia SCHWEITZER Tully ayoboye isiganwa aho ashoje Lap ya 1 akoresheje iminota 23 n'amasegonda 48.

Igikundi gisigaje ibilometero 58.

10:30 GMT+0200

Abangavu batangiye gusiganwa mu muhanda ku bilometero 74

Shampiyona y'Isi y'Amagare yakomeje kuri uyu wa Gatandatu, aho abangavu bari gusiganwa ku ntera y'ibilometero 74.

Abasiganwa ni 71, barimo Abanyarwanda Liliane Uwiringiyimana na Yvonne Masengesho.

00:00 GMT+0200

Ibihe byiza byaranze isiganwa ry'abasore batarengeje 23

Abasiganwa barahagurukira KCC.

Basoreze KCC.

18:01 GMT+0200

Umutaliyani Lorenzo Finn yegukanye 'road race' yabatarengeje imyaka 23

Umutaliyani Lorenzo Finn ashoje isiganwa akoresheje amasaha 3, iminota 35 n'amasegonda 49.

Umusuwisi Jan Huber aje ku mwanya wa kabiri, yakoresheje amasaha 3, iminota 14 n'amasegonda 29.

Marco Schrettl wo muri Austria aje ku mwanya wa gatatu, akoresheje amasaha 3, iminota 58 n'amasegonda 40.

17:52 GMT+0200

Lorenzo Finn na Jan Huber bahataniye umwanya wa mbere

Umutaliyani Lorenzo Finn n'Umusuwisi Jan Huber bari imbere, barabura ibilometero 5.4.

Basize Peloton umunota 1 n'amasegonda 16.

17:45 GMT+0200

Lorenzo Finn ayoboye isiganwa muri Lap ya nyuma

Umutaliyani Lorenzo Finn yinjiye muri Lap ya nyuma akoresheje amasaha 3, iminota 35 n'amasegonda 49.

Akurikiwe n'Umusuwisi Jan Huber.

Abasiganwa basigaje ibilometero 11.0.

Niyonkuru Samuel aracyari mu isiganwa ku mwanya wa 52.

17:31 GMT+0200

Umutaliyani n'Umusuwisi bayoboye isiganwa

Jan Huber na Lorenzo Finn bayoboye isiganwa.

Bari imbere amasegonda 26 y'irindi tsinda ry'abasiganwa batatu.

Ni imbere ya Peloton umunota 1 n'amasegonda 26

17:20 GMT+0200

Abasiganwa basigaje Lap 2

Umusuwisi Jan Huber ayoboye isiganwa, aho amaze gukoresha amasaha 3, iminota 14 n'amasegonda 29.

Abasiganwa basigaje ibilometero 28.7.

Samuel Niyonkuru ari ku mwanya wa 52.

16:53 GMT+0200

Umunyarwanda Niyonkuru Samuel aracyari mu isiganwa

Niyonkuru Samuel aracyari mu isiganwa kuri Lap ya 7.

Uyu mukinnyi yakinnye 'Tour of Salalah', 'Tour of Sharjah', 'Tour du Cameroun' n'izindi.

Abasiganwa basigaje ibilometero 46.8.

16:34 GMT+0200

Umunyarwenya Niyonkuru Samuel yakoze impanuka

Niyonkuru Samuel wari muri Peloton yigeze kugwa, ariko yahise asubira ku igare arakomeza.

Abasiganwa basigaje ibilometero 59.

H.Alvarez Martinez ayoboye isiganwa aho arusha Peleton amasegonda 29.

Bari gusasiganwa muri Lap ya 7.

16:22 GMT+0200

Ababiligi bayoboye isiganwa

Ababiligi bayoboye isiganwa.

Peloton isigaje ibilometero 69.4.

16:09 GMT+0200

Abasiganwa basigaje ibilometero 78.9

Abasiganwa basigaje ibilometero 78.9.

Umunyarwanda Niyonkuru Samuel ari muri Peloton.

15:52 GMT+0200

Jarno Widar ayoboye isiganwa

Umubiligi Jarno Widar ayoboye isiganwa, aho amaze gukoresha isaha 1, iminota 48 n'masegonda 05.

Abasiganwa bari muri Lap ya 5.

Hasigaye ibilometero 89.9.

15:43 GMT+0200

Peloton isigaje ibilometero 95.4

Peloton isigaje ibilometero 95.4.

Abadage bayoboye isiganwa.

15:25 GMT+0200

Abasiganwa bashoje Lap ya kane

MATTIO Pietro ukomoka mu Butaliyani ayoboye isiganwa aho amaze gukoresha isaha 1, iminota 26 n'amasegonda 04.

Abasiganwa bari muri Lap ya 5.

Abakinnyi 26 bamaze kuva mu isiganwa barimo Umunyarwanda umwe Ruhumuriza Aime.

14:00 GMT+0200

Abahungu bo munsi y'imyaka 23 batangiye 'road race'.

Abahungu bari munsi y'imyaka 23 batangiye gusiganwa mu muhanda.

Bari busiganwe intera y'ibilometero 164.6, iri bukorwe inshuro 'Lap' 11.

U Rwanda ruhagarariwe n'abakinnyi babiri aribo Ruhumuriza Aime, Ufitimana Shadrack, Tuyizere Etienne na Niyonkuru Samuel.

13:20 GMT+0200

Umunyarwanda Moise Ntirenganya yashoje isiganwa

Ku nshuro ya mbere umunyarwanda Moise Ntirenganya ashoje isiganwa.

Yashoreje ku mwanya wa 66, akoresheje amasaha 3, iminota 9 n'amasegonda 32.

13:00 GMT+0200

Hudson Harry yegukanye 'road race' mu ngimbi

Umwongereza Hudson Harry yegukanye 'road race' mu bahungu batarengeje 19.

Yakoresheje amasaha 2, iminota 33 n'amasegonda 16.

Yakurikiwe n'Umufaransa, Blanc Johan waje ku mwanya wa kabiri, yarushije amasegonda 40.

Na Jackowiak Jan ukomoka muri Poland, waje ku mwanya wa gatatu, arushwa amasegonda 42.

11:08 GMT+0200

Drake Beckam ayoboye isiganwa

Drake Beckam ayoboye isiganwa aho amaze gukoresha isaha imwe n'iminota ine.

Yasize Peloton umunota 1 n'amasegonda 36.

Abasiganwa binjiye muri Peloton ya kane, basigaje ibilometero 72.

10:46 GMT+0200

Fugger Heimo ashoje Lap ya kabiri akiyoboye isiganwa

Fugger Heimo washoje Lap 1 ari uwa mbere, ashoje n'iya kabiri akiyoboye isiganwa.

Amaze gukoresha iminota 42 n'amasegonda 2.

Abasiganwa basigaje ibilometero 88.1.

10:37 GMT+0200

Abasiganwa basigaje Ibilometero 99.6

FUGGER Heimo aracyari imbere ya Peloton amasegonda 38.

10:27 GMT+0200

FUGGER Heimo ayoboye isiganwa

FUGGER Heimo ukomoka muri Austria ayoboye isiganwa aho ashoje Lap ya mbere akoresheje iminota 19.

Ari imbere ya Peloton amasegonda 41.

10:00 GMT+0200

Abahungu batarengeje imyaka 19 batangiye gusiganwa

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 26 Nzeri 2025, ni umunsi wa Gatandatu wa Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Abahungu batarengeje imyaka 19, bari gusiganwa mu muhanda.

Ni isiganwa ryatangiye saa mbiri za mu gitondo.

Abasiganwa bahagurukiye KCC, bari bukore intera y’Ibilometero 119,3.

02:00 GMT+0200

Lorenzo Finn atahanye mu Butaliyani umudali wa Zahabu

Lorenzo Finn yegukanye umudali wa Zahabu.

Jan Huber yegukana umudali wa Feza.

Marco Schrettl yegukana umudali w'Umuringa.

19:00 GMT+0200

GERY Celia ahembwe umudali wa Zahabu

GERY Celia wegukanye umunsi wa Gatanu wa Shampiyona y'Isi y'Amagare yahembwe umudali wa Zahabu.

Viktória Chladoňová yaje ku mwanya wa kabiri yahawe umudali wa Feza

Paula Blasi waje ku mwanya wa gatatu, yahawe umudali wa Blonze.

18:36 GMT+0200

GERY Celia yegukanye Road race y'abakobwa batarengeje imyaka U23 muri Shampiyona y'Isi y'Amagare

Umufaransa GERY Celia yegukanye gusiganwa mu muhanda mu bakobwa batarengeje imyaka 23.

Akoresheje amasaha 3, iminota 24 n'amasegonda 26.

Viktória Chladoňová ukomoka muri Slovakia yaje ku mwanya wa kabiri akoresheje amasaha 3, iminota 24 n'amasegonda 28.

Paula Blasi ukomoka muri Spain yaje ku mwanya wa gatatu, akoresheje amasaha 3, iminota 24 n'amasegonda 38.

18:08 GMT+0200

Abasiganwa batangiye Lap ya 7

Abasiganwa binjiye muri Lap ya 7.

Umunya-Canada Isabella Holmgren ayoboye isiganwa aho yakoresheje amasaha 2, iminota 59 n'amasegonda 46.

Abasiganwa 14 basize abandi amasegonda 40.

17:57 GMT+0200

Abasiganwa bari kuzamuka kuri Minagri basigaje ibilometero 21.0

Abasiganwa bari kuzamuka kuri MINAGRI, basigaje ibilometero 21.0.

C.Gery ukomoka mu Bufaransa ayoboye isiganwa.

Akurikirwa na V. Chladonova ukomoka muri Slovakia na M.Mul ukomoka muri Poland.

Basize Peloton amasegonda 2.

Baracyari gusiganwa muri Lap ya 6.

17:48 GMT+0200

Abasiganwa basigaje ibilometero 26.4

Abasiganwa basigaje ibilometero 26.4.

Malwina Mul ukomoka muri Poland ari imbere ya Poloton, yayisize amasegonda 30.

17:40 GMT+0200

Abakinnyi bagiye muri Lap 2 za nyuma

Abakinnyi bashoje Lap ya 5.

Tabea Huys ukomoka muri Austria ayoboye isiganwa aho yakoresheje iminota 2, iminota 34 n'amasegonda 38.

Abakinnyi bane bayoboye isiganwa.

17:25 GMT+0200

Peloton isigaje ibilometero 39.6

Peloton isigaje isigaje ibilometero 39.6.

Abakinnyi 25 bamaze kuva mu isiganwa.

17:15 GMT+0200

Eleonora Ciabocco ayoboye isiganwa

Peleton itangiye Lap ya 6.

Eleonora Ciabocco ukomoka muri Italy niwe uyoboye isiganwa amaze gukoresha amasaha 2, iminota 7 n'amasegonda 58.

16:58 GMT+0200

Peloton igeze mu Kabuga ka Nyarutarama basigajemo ibilometero 54.8

Abasiganwa bageze mu Kabuga ka Nyarutarama basigajemo ibilometero 54.8.

Bari gusiganwa muri Lap ya 5.

Umunyarwanda Charlotte yaviriyemo kuri Rap ya 4.

16:50 GMT+0200

Peloton itangiye gusiganwa ku nshuro ya 5

Peloton igizwe n'abasiganwa 24 igeze kuri KCC.

Marie Schreiber ukomoka muri Luxembourg niwe uyoboye isiganwa, aho yakoresheje isaha 1 n'iminota 41 n'amasegonda 41.

16:38 GMT+0200

Peleton isigaje ibilometero 66.5

Peleton isigaje ibilometero 66.5.

Abakinnyi batandatu bamaze kuva mu isiganwa.

Ikipe y'u Bwongereza irahabwa amahirwe menshi yo kwegukana uyu munsi.

Ikurikirwa na Spain n'u Bufaransa.

16:23 GMT+0200

Stina Kagevi ayoboye isiganwa

Igikundi cy'abasiganwa gitangiye kuzenguruka inshuro ya kane.

Umunya-Sweden, Stina Kagevi niwe uyoboye aho amaze gukoresha isaha 1 n'iminota 15.

Abasiganwa basigaje ibilometero 75.

Basigaje kuzenguruka izindi nshuro 5.

16:18 GMT+0200

Peloton iri guterera kwa Mignone, basigaje ibilometero 77.4

Igikundi kiri imbere, kiri guterera akazamuko ko ku rusengero rwo kwa Mignonne.

Basigaje ibilometero 77.4.

Bari kuzenguruka ku nshuro ya 3.

16:07 GMT+0200

Umunyarwanda Nyirarukundo Claudette aracyari muri Peleton

Umunyarwanda Nyirarukundo yagarutse muri Peleton.

Abasiganwa basigaje ibilometero 83.6.

15:58 GMT+0200

Abasiganwa bashoje kuzenguruka inshuro 2

Abasiganwa bashoje gusiganwa inshuro ya kabiri, uri imbere ni Umufaransa Julie Bego wakoresheje iminota 48 n'amasegonda 41.

15:54 GMT+0200

Abasiganwa basigaje ibilometero 91.5

Peloton igiye gusoza red light zo ku Kabindi isigaje ibilometero 91.5.

Abasiganwa batangiye ari 80, abari imbere ntibarenze 20.

15:40 GMT+0200

Abasiganwa batangiye ibizwi nka file indienne

Abasiganwa ntabwo bakiri kugenda mu gikundi, batangiye kugenda basa n'abashoreranye.

Bageze mu Kabuga ka Nyarutarama basigaje ibilometero 98.

Ikipe y'u Bwongereza irayoboye ikurikirwa n'ikipe ya Spain.

15:33 GMT+0200

Abakinnyi basoje kuzenguruka inshuro ya mbere

Abasiganwa basoje kuzenguruka inshuro ya mbere, Marie Schreiber ukomoka muri Luxembourg niwe ushoreje imbere aho yakoresheje iminota 23 n'amasegonda 10.

Umunyarwanda Ntakirutima Martha arasigaye.

15:27 GMT+0200

Abasiganwa bari guterera kwa Mignonne basigaje ibilometero 107.6

Abasiganwa bari guterera kwa Mignonne basigaje ibilometero 107.6.

Bari kugendera ku muvuduko wa 21km/h.

Abasigawa bakurikiwe n'amamodoka arimo abayobozi b'amakipe y'aba bakinnyi.

15:15 GMT+0200

Abasiganwa bageze kuri MINAGRI basigaje ibilometero 111.6

Abasiganwa bashoje kuzamuka mu muhanda wa Minagri basigaje ibilometero 111.6.

15:13 GMT+0200

Umukobwa wo muri Benin akoze impanuka

Umukobwa wo muri Benin akoze impanuka hasigaye ibilometero 116.0.

15:09 GMT+0200

Isiganwa riratangiye (Official Start)

Gutangira gusiganwa babara intera biratangiye, ibizwi nka Official Start.

15:05 GMT+0200

Isiganwa ry'umunsi wa Gatanu riratangiye

Kuri uyu wa Gatanu, abakobwa batarengeje imyaka 23 bari gusiganwa mu muhanda.

Baraza kuba basiganwa ibilometero 119.2.

15:00 GMT+0200

Inzira abasiganwa bari kunyuramo

Inzira abasiganwa bari bunyuremo barayizenguruka inshuro 8, aho bari bukore ibilometero 119.3.

12:00 GMT+0200

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Inama y'Inteko rusange ya UCI

Kuri uyu wa kane, tariki ya 25 Nzeri 2025, Perezida Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Inama y’Inteko Rusange ya 194 y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gusiganwa ku Magare (UCI) yateranye bwa mbere mu Rwanda.

Iyi nama kandi ibaye mu gihe i Kigali hari gukinirwa Shampiyona y’Isi y’Amagare, nayo ibereye bwa mbere ku Mugabane wa Afurika, by’umwihariko mu Rwanda.

Iyi nama iramurikirwamo raporo y’iri shyirahamwe ku bihugu binyamuryango, inaberemo amatora y’uzariyobora muri manda ikurikira, agasimbura David Lappartient ufite izi nshingano.

Perezida Kagame yashimye iterambere ry’umukino w’amagare muri Afurika n’impinduka wazanye ku buzima bw’abaturage n’iterambere rya Siporo kuri uyu mugabane n’u Rwanda rudasigaye.

Ati “Mu Rwanda twashyize imbaraga mu guteza imbere umukino w’amagare nka siporo. Ndashimira abafatanyabikorwa bakoranye natwe mu kubikora.”

Yakomeje agira ati “Izi mbaraga zahinduye Tour du Rwanda rimwe mu masiganwa ari ku isonga muri Afurika ndetse byashyize ifatizo ku iterambere ry’umukino.” 

Yavuze ko siporo yabaye umuyoboro w’iterambere, ndetse itanga n’amahirwe atandukanye. 

Ati “Kwakira ibikorwa biri ku rwego rw’Isi byihutisha iterambere, ndetse bigakuba inyungu ibivamo.’’

Perezida Kagame yavuze ko mu bihugu 108 bihatanye muri Shampiyona y’Isi y’Amagare harimo umubare munini w’abakinnyi bo ku rwego mpuzamahanga.

Ati “Afurika yonyine ifite ibihugu 36, bituma igira umubare munini w’ibyitabiriye mu mateka yayo. Twishimiye abakinnyi n’abafana bavuye hafi na kure kugira ngo babe bari hano.’’

Perezida Kagame n’u Rwanda, yashimiwe uruhare rwe mu kwandika amateka yo kwakirira Shampiyona y’Isi y’Amagare muri Kigali.

Mu izina ry’ibihugu byitabiriye iyi Nama, Perezida wa UCI David Lappartient yagize ati “Ntituzigera twibagirwa ibihe twagiriye mu gihugu cyawe cyiza.”

David Lappartient, yavuze ko yanyuzwe n’uko Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 n’inama yayo ya 194 bibereye bwa mbere muri Afurika. 

Ati “Nishimiye ko yabereye hano mu Rwanda. Iki cyumweru muri Kigali kirihariye kuri twese. Ni urwibutso tuzasigarana iteka.”

00:40 GMT+0200

Shampiyona y'Isi igiye gukomeza hakinwa isiganwa ryo mu muhanda

Ku wa Kane, tariki ya 25 Nzeri 2025, Shampiyona y’Isi y’Amagare izakomeza ku munsi wayo wa gatanu, ubwo abakobwa batarengeje imyaka 23 bazaba basiganwa mu muhanda.

Bitandukanye n’iminsi ine ya mbere, aho abasiganwa basiganwaga n’igihe ibizwi nka Time Trial, kuri iyi nshuro abasiganwa bazatangira gusiganwa mu mihanda.

Ku munsi w’ejo hazasiganwa abakobwa batarengeje imyaka 23, aho bazakora intera y’ibilometero 119.3, bahagurukiye kuri KCC-KBC akaba ari naho bazasoreza.

Imihanda bazanyura nayo itandukanye n’iyo banyuze mu minsi ya mbere, aho bazahagurukira KCC - RDB ku Gishushu - MTN Nyarutarama - Mu kabuga ka Nyarutarama - Kuzenguruka kuri Golf - Kuri SOS - MINAGRI - KABC - RIB Kimihurura - Mediheal - Ku Kabindi bagaruka KCC.

Abakinnyi b’amakipe azasiganwa bazatangira kwerekanwa saa 11h50 kugeza 12h45, hanyuma saa 13h05 isiganwa nyirizina ritangire.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imihanda yo izafunga kuva saa 11h kugeza 16h30.

18:47 GMT+0200

Ikipe ya Australia yegukanye gusiganwa n'igihe muri Shampiyona y'Isi y'amagare

Ikipe ya Australia yegukanye gusiganwa n'igihe muri Shampiyona y'Isi y'amagare.

Australia irushije ikipe y'u Bufaransa amasegonda 5.

Ku mwanya wa gatatu, hariho Switzeland yarushijwe amasegonda 10.

U Rwanda ruri ku mwanya wa 11, rwarushijwe iminota 8 n'amasegonda 38.

18:36 GMT+0200

France ihise iyobora isiganwa

Ikipe ya France ishoje gusiganwa ikoresheje iminota 54 n'amasegonda 35.

Ihise irusha Switzerland amasegonda 4.

18:35 GMT+0200

Switzerland iyoboye irushanwa

Switzerland iyoboye irushanwa nyuma yo gusoza ikoresheje iminota 54 n'amasegonda 40.

Ihise ikura ku mwanya w'icyubahiro Spain yarushije umunota 1 n'amasegonda 45.

18:15 GMT+0200

Abasore ba Australia bageze kuri KCC.

Abasore ba Australia ari nabo bahagurutse bwa nyuma bageze kuri KCC, abakobwa ba Australia bahise bahaguruka.

Spain iracyayoboye isiganwa ryose ikurikiwe n'u Bubiligi na Ukraine.

U Rwanda ruri ku mwanya wa 6 yarushijwe iminota 6 n'amasegonda 42.

17:58 GMT+0200

Spain iyoboye isiganwa

Ikipe y'Abakobwa igeze KCC ikoresheje iminota 56 n'amasegonda 25.

Ikurikirwa na Ukrain irusha iminota 4 n'amasegonda 7 n'u Bushinwa.

17:50 GMT+0200

Ikipe y'u Budage n'iya Australia zihagurutse kuri BK Arena

Amakipe ya nyuma iy'u Budage n'iya Australia zihagurutse kuri BK Arena

Ikipe y'u Budage irimo;

HEIDEMANN Miguel
LEIDERT Louis
RUTSCH Jonas
14
GER
KOCH Franziska
15
GER
CZAPLA Justyna
16
GER
NIEDERMAIER Antonia

17:44 GMT+0200

Ikipe ya Switzerland, France na Italy zihagurutse kuri BK Arena

Ikipe y'abahungu ya Switzerland, iya France n'iya Italy zihagurutse kuri BK Arena.

Ikipe ya Switzerland, irimo;

CHRISTEN Jan
KUNG Stefan
SCHMID Mauro
LIECHTI Jasmin
REUSSER Marlen
RUEGG Noemi

Iya France irimo;

ARMIRAIL Bruno
SEIXAS Paul
SIVAKOV Pavel
KERBAOL Cedrine
LABOUS Juliette
SQUIBAN Maeva

Iya Italy irimo;

CATTANEO Mattia
FRIGO Marco
SOBRERO Matteo
PALADIN Soraya
TRINCA COLONEL Monica
VENTURELLI Federica

17:25 GMT+0200

Ikipe y'abagabo ya Spain yarushije iy'u Bushinwa

Ikipe y'abagabo ya Spain igeze kuri KCC irushije iy'abagabo y'u Bushinwa iminota 2 n'amasegonda 3.

Ikipe y'u Bushinwa (abahungu n'abakobwa) iracyayoboye isiganwa.

17:06 GMT+0200

Ubushinwa buyoboye isiganwa

Ikipe y'u Bushinwa niyo iyoboye aho yakoresheje isaha 1, umunota 1 n'amasegonda 8..

Irusha ikipe y'u Rwanda iminota 2.

17:05 GMT+0200

Ikipe ya Spain n'u Bubiligi zahagurutse kuri KCC

Ikipe y'abahungu ya Spain n'iyu Bubiligi zahagurutse kuri KCC.

Ikipe ya Spain irimo;

ALVAREZ MARTINEZ Hector
GARCIA PIERNA Raul
ROMEO ABAD Ivan
BENITO PELLICER Mireia
BLASI CAIROL Paula
OSTOLAZA ZABALA Usoa

Ikipe y'u Bubiligi irimo;

CAMPENAERTS Victor
VERMEERSCH Florian
VERVENNE Jonathan
MEERT Marieke
MOERMAN Tess
van de VELDE Julie

17:00 GMT+0200

Ikipe y'abakobwa ya Uganda na Benin zishoje gusiganwa

Ikipe ya Uganda ishoje gusiganwa ikoresheje isaha 1, iminota 5 n'amasegonda 19.

Ikipe ya Benin ishoje gusiganwa ikoresheje isaha 1, iminota 12 n'amasegonda 14.

16:52 GMT+0200

Ikipe ya Ukraine ihagurutse kuri KCC

Ikipe y'abahungu ya Ukrain ihagurutse kuri KCC.

Ikipe yose ya Ukrain igizwe na;

CHYZHYKOV Heorhii
KOZORIZ Danylo
SIMON Semen
BIRIUKOVA Yuliia
HOLOD Yelyzaveta
KULYNYCH Olha

16:48 GMT+0200

Ikipe y'abahungu ya UCI na Mauritius zihagurutse kuri BK Arena

Ikipe y'abahungu ya UCI n'iya Mauritius zihagurutse kuri BK Arena.

Ikipe ya UCI igizwe na;

DELLAI Mohamed Aziz
MULUGETA Yafiet
WAIS Ahmad Badreddin
DARWISH Alaliaa Ahmed Benbella
HASHIMI Fariba
HASHIMI Yulduz

Ni mu gihe iya Mauritius igizwe na;

de COMARMOND Aurelien
MAYER Alexandre
PIAT William
de MARIGNYLAGESSE Lucie
HALBWACHS Aurelie
le COURT de BILLOT Mary Patricia K.

16:40 GMT+0200

Ikipe y'u Rwanda y'abakobwa isigaje ibilometero 13.3

Ikipe y'u Rwanda y'abakobwa isigaje ibilometero 13.3, imaze gukoresha iminota 41 n'amasegonda 54

16:27 GMT+0200

Ikipe y'u Rwanda ishoje gusiganwa ikoresheje iminota 29'21

Ikipe y'u Rwanda y'abahungu ishoje gusiganwa ikoresheje iminota 29 n'amasegonda 21.

Ikipe y'u Rwanda y'abakobwa ihise ihaguruka.

16:20 GMT+0200

Ikipe y'abakobwa ya Uganda na Ethiopia zahagurutse

Ikipe y'abahungu ya Ethiopia yashoje ikoresheje iminota 28 n'amasegonda 47.

Ikipe y'abahungu ya Uganda irushwa n'iya mbere amasegonda 33.

16:06 GMT+0200

Ikipe y'u Rwanda isigaje ibilometero 35.2

Ikipe y'u Rwanda y'abagabo isigaje ibilometero 35.2, aho imaze gukoresha iminota 8 n'amasegonda 41.

16:02 GMT+0200

Ikipe y'u Bushinwa irahagurutse

Ikipe y'abagabo y'u Bushinwa ihagurutse kuri KCC.

Iyi kipe igizwe na;

LI You
LIU Jiankun
SU Haoyu
ZENG Luyao
ZHANG Hao
ZHAO Qing

15:58 GMT+0200

Ikipe y'u Rwanda irahagurutse

Ikipe y'u Rwanda y'abagabo ihagurutse kuri KCC.

Abakinnyi bahagarariye u Rwanda ni;

BYUKUSENGE Patrick
NKUNDABERA Eric
UWIDUHAYE Mike
INGABIRE Diane
NIRERE Xaveline
NYIRARUKUNDO Claudette

15:53 GMT+0200

Ikipe ya Ethiopia ihagurutse kuri KCC.

Ikipe y'abagabo ya Ethiopia ihagurutse kuri KCC.

Igizwe na;

ALEMAYO Tekle
HAILEMARYAM Geremedhin
REDAE Bizay
ABRHA Brhan
REDA Haftu
WATANGO Serkalem

15:51 GMT+0200

Ikipe ya Benin ihagurutse kuri KCC

Ikipe ya Benin ihagurutse kuri Kigali Convection Center.

Iyi kipe irimo;

SAIZONOU Glorad
SODJEDE Ricardo
TOSSAVI Jeroff Ted Yao
AHOUISSOU Hermionne
KPOVIHOUEDE Yetonde
METOEVI Charlotte

Ikurikiwe n'ikipe ya Uganda nayo yamaze guhaguruka igizwe na;

ARAFAT Kimuli
LOROT Lawrence
MUGALU Shafik
ALEPER Mary
MIRIA Nantume
NAKAGWA Florence

15:30 GMT+0200

Isiganwa rizajya riba hagati y'amakipe 5

Kuri uyu munsi wa kane, ubwo amakipe araba asiganwa n'igihe.

Amakipe 5 niyo abanza guhaguruka.

Harabanza gusiganwa abahungu, babiri ba mbere bagera KCC, abakobwa b'iyo kipe bagahita bahaguruka.

Amakipe yabanje gusiganwa ni Benin, Uganda, u Rwanda, Ethiopia n'u Bushinwa.

13:00 GMT+0200

Umuhanda abasiganwa bari bunyuremo

Abasiganwa barahagurukira kuri KCC bongere bagaruke kuri KCC.

Barakora urugendo rw'ibilometero 41,8.

12:00 GMT+0200

Abasiganwa bitoreje mu mihanda ya Kigali

Abasiganwa babanje kwitoreza mu mihanda ya Kigali.

Imyitozo yatangiye saa 7h-11h.

Abitoza banyuze mu mihanda yerekeza mu Kabuga ka Nyarutarama.

11:00 GMT+0200

Ni umunsi wa kane wa Shampiyona y'Isi y'Amagare

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 24 Nzeri 2025, Shampiyona y’Isi y’Amagare irakomeza ubwo amakipe avanze [abagabo n’abagore] aza kuba asiganwa n’igihe.

09h-11h: Imyitozo y'isiganwa ry'ikivunge
13h-16h45: Gutangira gusiganwa

Gutangira ni Kigali Convection Center
Gusoza ni Kigali Convection Center

19:00 GMT+0200

Mouris Michiel yegukanye ITT mu basore batarengeje imyaka 19 muri Shampiyona y’Isi y’Amagare

Mouris Michiel ukomoka muri Netherland niwe wegukanye iki gice mu bagabo aho yakoresheje iminota 29 n’amasegonda 7.

Yakurikiwe na Barry Ashlin ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika waje ku mwanya wa kabiri akoresheje iminota 29 n’amasegonda ane, arushwa na Ashlin amasegonda 6 na van Kerckhove Seff waje ku mwanya wa gatatu, wakoresheje iminota 29 n’amasegonda arushwa amasegonda 8.

17:24 GMT+0200

Brian Ishimwe ashoje gusiganwa akoresheje iminota 34'59

Brian Ishimwe ashoje gusiganwa akoresheje iminota 34 n'amasegonda 59.

Arushwa na n'umunya-Slovenia, KUNTARIČ ŽIBERT Vanja uri ku mwanya wa mbere iminota 3 n'amasegonda 39.

17:16 GMT+0200

KUITENOV Murat ayoboye isiganwa

KUITENOV Murat ukomoka muri Kazakhstan yicaye ku ntebe y'icyubahiro nyuma yo gukoresha iminota 32 n'amasegonda 9.

Akurikiwe na SUREN Roger ukomoka muri Namibia arusha isegonda 1, na YAKOVLEV Matvei arusha amasegonda 4.

16:49 GMT+0200

PROSKURYAKOV Artyom ayoboye abasiganwa

PROSKURYAKOV Artyom ukomoka muri Azerbaijan ayoboye abasiganwa aho yashoje akoresheje 32 n'amasegonda 47

Yarushije Byusa Pacifique iminota umunota 1 n'amasegonda 47.

Umunyarwanda Ishimwe Brian ahagurutse kuri BK Arena.

16:46 GMT+0200

Byusa arakicaye ku ntebe y'icyubahiro

Umunyarwanda Byusa Pacifique arakicaye ku ntebe y'icyubahiro

Akurikiwe na Sali Hafiz yarushije iminota 2 n'amasegonda 51

16:29 GMT+0200

Byusa Pacifique ashoje intera yose akoresheje iminota 34'34

Byusa Pacifique ashoje intera yose akoresheje iminota 34 n'amasegonda 34.

DEMIRCAN Muhammet Umut ukomoka muri Turkiy ahagurutse kuri BK Arena.

16:13 GMT+0200

Pacifique Byusa akase Nyanza ya Kicukiro akoresheje iminota 17'52

Pacifique Byusa akase Nyanza ya Kicukiro akoresheje iminota 17 n'amasegonda 52.

IRHAMDINE Irhamdine ukomoka muri Comoros ahagurutse kuri BK Arena.

16:03 GMT+0200

Pacique Byusa ageze IPRC Kicukiro amaze gukoresha iminota 9'32

Umunyarwanda Pacique Byusa ageze kuri IPRC Kicukiro amaze gukoresha iminota 9 n'amasegonda 32.

OUANGRAOUA Mahamadi ukomoka muri Burkina Faso ahagurutse kuri BK Arena

15:54 GMT+0200

Byusa Pacifique atangiye gusiganwa

Umunyarwanda Byusa Pacifique afunguye isiganwa ry'abahungu batarengeje imyaka 19.

Abahungu bari gusiganwa intera y'ibilometero 22,6.

14:50 GMT+0200

Megan Arens yegukanye ITT ya U19

Megan Arens ukomoka muri Netherlands yegukanye gusiganwa n'igihe mu batarengeje imyaka 19 muri Shampiyona y'Isi y'Amagare ya 2025.

Yakoresheje iminota 25 n'amasegonda 47

Ostiz Taco Paula ukomoka muri Espagne yaje ku mwanya wa kabiri arushwa amasegonda 35 na Gissinger Aune ukomoka muri Norway waje ku mwanya wa gatatu arushwa amasegonda 37.

14:38 GMT+0200

Megan Arens ahise ayobora isiganwa

Megan Arens ayoboye isiganwa akoresheje iminota 25 n'amasegonda 47

Paula Ostiz Taco ashoje isiganwa akoresheje iminota 26 n'amasegonda 22

Erin Boothman ashoje akoresheje iminota 26 n'amasegonda 36.

14:28 GMT+0200

Uko Abanyarwanda bahagaze mu irushanwa

Masengesho Yvonne ari ku mwanya wa 22 aho yarushijwe na Gissinger Oda Aune iminota 3 n'amasegonda 18

Liliane Uwiringiyimana ari ku mwanya wa 28 aho yarushijwe na Gissinger Oda Aune iminota 4 n'amasegonda 33.

14:15 GMT+0200

Gissinger Oda Aune ayoboye isiganwa

Gissinger Oda Aune ukomoka muri Norway ayoboye isiganwa, aho yakoresheje iminota 26 n'amasegonda 24.

Akurikirwa na Muller Roos yarushije amasegonda 9.

Boothman Erin ari nawe wari nimero ya nyuma yahagurutse kuri BK Arena.

13:47 GMT+0200

Rojas Lescot Marlen ayoboye isiganwa

Rojas Lescot Marlen ukomoka mu Bushinwa ayoboye isiganwa.

Akurikiwe na Safari Alexandra Safari arusha amasegonda 18 na Yvonne Masengesho arusha iminota 2 n'amasegonda 14.

13:37 GMT+0200

Masengesho Yvonne asoje isiganwa akoresheje iminota 29'43

Umunyarwanda Masengesho Yvonne asoje intera y'ibilometero 18,3 akoresheje iminota 29 n'amasegonda 43.

Ni mu gihe Poirier Thais ukomoka mu Bufaransa ariwe uhagurutse kuri BK Arena.

13:27 GMT+0200

Masengesho Yvonne asigaje ibilometero 3.7

Masengesho Yvonne asigaje intera y'ibilometero 3.7

Janse van vureen Delsia ukomoka Namibia ahagurutse BK Arena

13:18 GMT+0200

Masengesho Yvonne asigaje intera y'ibilometero 14.8

Masengesho Yvonne asigaje intera y'ibilometero 14.8.

Syafiah Syahla ukomoka muri Indonesia ahagurutse kuri BK Arena.

13:06 GMT+0200

Umunyarwanda Masengesho Yvonne afunguye umunsi wa gatatu

Umunyarwanda Masengesho Yvonne atangiye gusiganwa.

Ahagurutse BK Arena, aho ari busiganwe ibilometero 18,3.

Yahagurukiye kuri BK Arena arasoreza kuri KCC.

13:00 GMT+0200

Abanyarwanda bari busiganwa mu batarengeje imyaka 19

Abanyarwanda bari gusiganwa mu batarengeje imyaka 19 ni

1. Masengesho Yvonne
2. Uwiringiyimana Liliane

12:25 GMT+0200

Inzira abasiganwa bari bunyuremo

Abasiganwa barahagurukira kuri BK Arena baze gusoreza kuri Kigali Convection Center.

Nkuko byagenze mu minsi ibiri yabanje, abanyarwanda nibo bafungura isiganwa.

12:00 GMT+0200

Ku munsi wa gatatu abasore n'inkumi bari munsi y'imyaka 19 barasiganwa n'igihe

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 23 Nzeri 2025

Abakobwa n'abahungu bari munsi y'imyaka 19 barasiganwa n'igihe

Isiganwa riratangirira ku bakobwa

Igihe: 10:45
Intera: 18,3 km
Elevation: 350 m
Aho gutangirira: BK Arena, Kigali
Aho gusoreza: Kigali Convention Centre

Abahungu

Igihe: 02:00 PM
Intera: 22,6 km
Elevation : 350 m
Aho gutangirira: BK Arena Kigali
Aho gusoreza: Kigali Convention Centre

21:50 GMT+0200

N'iyonka yaje kwihera ijisho Shampiyona y'Isi y'Amagare

Amahanga yose yakoraniye i Kigali, ntibasize n’iyonka kwihera ijisho Shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare.

19:00 GMT+0200

Ibihe byiza byaranze isiganwa ry'abagabo rya U23 ITT

Soderqvist Jakob ukomoka muri Sweden ubwo yegukanaga gusiganwa n'igihe mu bagabo batarengeje imyaka 23 muri Shampiyona y'Isi ya 2025.

Abakinnyi batandukanye ubwo basiganwaga kuri uyu munsi wa kabiri wa Shampiyona y'Isi y'Amagare.

18:45 GMT+0200

Soderqvist Jakob atwaye U23 ITT ya Shampiyona y'Isi y'Amagare

Soderqvist Jakob ukomoka mu gihugu cya Sweden atwaye isiganwa n'igihe ry'abatarengeje imyaka 23 muri Shampiyona y'isi y'Amagare, ahembwa umudari wa Zahabu ndetse n'isaha ikorwa n'uruganda rukomeye rwa Tissot.

Uyu munya-Sweden yakurikiwe na Pringle Nate ukomoka muri Italy, yarushije intera y'umunota n'amasegonda 3, yahembwe umudari wa Feza.

Na Decomble Maxime ukomoka mu Bufaransa, waje ku mwanya wa gatatu, arushijwe n'uwa mbere umunota 1 n'amasegonda 4, ahembwa umudari wa Blonze.

18:40 GMT+0200

Abanyarwanda bashoreje he?

Niyonkuru Samuel ashoreje ku mwanya wa 28 arushwa n'uwa mbere iminota 4 n'amasegonda 50.

Tuyizere Etienne ashoreje ku mwanya wa 30 arushwa n'uwambere iminota 5 n'amasegonda 12.

18:08 GMT+0200

Pringle Nate ahise ayobora isiganwa

Umunya Newzeland, Pringle Nate ashoje isiganwa akoresheje iminota 39 n'amasegonda 28.

Arushije Walton Jonas wa kabiri, amasegonda 22.

17:59 GMT+0200

Walton Jonas akuye ku ntebe y'icyubahiro Gajdulewicz Mateusz

Umunya-Canada Walton Jonas yigaruriye umwanya wa mbere, aho ashoje irushanwa akoresheje iminota 39 n'amasegonda 51.

17:50 GMT+0200

Ibyishimo by'Abanyarwanda mu gihe cya Shampiyona y'Isi y'Amagare

Abanyarwanda ni benshi ku mihanda aho baje kwihera ijisho abasiganwa ku munsi wa kabiri wa Shampiyona y'Isi y'Amagare

17:37 GMT+0200

Niyonkuru Samuel ashoje isiganwa akoresheje iminota 43'15

Umunyarwanda Niyonkuru Samuel yashoje isiganwa akresheje iminota 43 n'amasegonda 15

Ahise ajya ku mwanya wa 5 arushwa n'uwambere iminota 3 n'amasegonda 22.

Ni mu gihe Tuyizere Etienne we ari ku mwanya wa 7, arushwa n'uwambere 3 n'amasegonda 43.

17:28 GMT+0200

Mateusz Gajdulewicz akuye ku ntebe y'icyubahiro Marolt Jaka

Mateusz Gajdulewicz ashoje isiganwa akoresheje iminota 39 n'amasegonda 52

17:10 GMT+0200

Marolt Jaka ayoboye abasiganwa

Umunya-Slovenia, Marolt Jaka, ayoboye isiganwa aho yakoresheje iminota 42 n'amasegonda 13.

Akurikirwa na Li You arusha amasegonda 43, Andrei Belyanin arusha umunota 1 n'isegonda rimwe, Andrei Belyanin arusha umunota 1'01 na Tuyizere Etienne arusha umunota 1'23.

16:50 GMT+0200

Umunyarwanda Niyonkuru Samuel ahagurutse kuri BK Arena

Umunyarwanda Niyonkuru Samuel ahagurutse kuri BK Arena.

Ni mu gihe Marolt Jaka ayoboye urutonde rw'isiganwa aho yashoje urugendo akoresheje iminota 42 n'amasegonda 13.

16:48 GMT+0200

Li You aje ku mwanya wa mbere

Umushinwa Li You ahagurukije Tuyizere ku ntebe y'icyubahiro nyuma yo gukoresha iminota 42 n'amasegonda 36.

Yarushije Tuyizere amasegonda 39.

16:34 GMT+0200

Tuyizere Etienne asoje isiganwa akoresheje iminota 43'36

Tuyizere Etienne asoje isiganwa akoresheje iminota 43 n'amasegonda 36.

Tuyizere ashoje isiganwa, Thornley Callum wo mu Bwongereza ahagurutse kuri BK Arena

16:28 GMT+0200

Tuyizere asigaje ibilometero 2.1

Tuyizere ari kuzamuka ku rusengeri rwo kwa Mignonne asigaje ibilometero 2.1.

KAM Chin Pok uturuka muri Macao ahagurutse kuri BK Arena

16:12 GMT+0200

Tuyizere akase ku isoko rya Gahanga asigaje ibilometero 15.9

Tuyizere akase ku isoko rya Gahanga, muri Kicukiro asigaje ibilometero 15.9.

Israfilov Tural uturuka muri Azerbaijan arahagurutse kuri BK Arena

16:01 GMT+0200

Tuyizere asigaje ibilometero 22.9

Tuyizere Etienne asigaje ibilometero 22.9, ari gukoresha umuvuduko wa 42km/h.

Alemayo Tekle uturuka muri Ethiopia arahagurutse

15:55 GMT+0200

Tuyizere Etienne afunguye isiganwa ry'abagabo U23 ITT

Umunyarwanda Tuyizere Etienne ahagurutse kuri BK Arena.

Arakora urugendo rw'ibilometero 31.2.

Arasoreza kuri Kigali Convection Center.

15:45 GMT+0200

Abatsinze isigarwa ry'abagore U23 ITT bahembwe

Umwongereza Zoe Backsted yaje ku mwanya wa mbere yahembwe umudari wa Zahabu

Chladonova Viktoria yaje ku mwanya wa kabiri ahembwa umudari wa Silver

Umutaliyani Venturelli Federica aza ku mwanya wa gatatu ahembwa umudari wa Blonze

14:37 GMT+0200

Zoe Backsted yegukanye U23 ITT ku munsi wa kabiri wa Shampiyona y'Isi y'Amagare

Zoe Backsted ukomoka mu Bwongereza ashoje isiganwa akoresheje iminota 30 n'amasegonda 36

Ahise afata umwanya wa mbere, akurikiwe na Chladonova Viktoria arusha umunota 1 n'amasegonda 50 na Venturelli Federica arusha iminota 2 n'amasegonda 11.

14:22 GMT+0200

Martha Ntakirutimana ashoje isiganwa akoresheje iminota 36'27

Umunyarwandakazi Martha Ntakirutimana akoresheje iminota 36 n'amasegonda 27.

Arushwa n'uwa mbere iminota 3 n'amasegonda 40

14:11 GMT+0200

Chladonova Viktoria afashe umwanya wa mbere

Chladonova Viktoria ukomoka muri Slovakia ashoje isiganwa akoresheje iminota 32 n'amasegonda 47

Agiye ku mwanya wa mbere asimbuye Ivanchenko Alena yarushije amasegonda 31

14:05 GMT+0200

Umukinnyi wa nyuma ahagarutse kuri BK Arena

Nimero ya 50 ari nawe mu kinnyi wa nyuma, Backstedt Zoe ahagurutse kuri BK Arena.

14:00 GMT+0200

Anderson Alli abaye uwa kabiri asimbuye Holmgren Ava

Anderson Alli ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari ku mwanya wa kabiri, asimbuye Holmgren Ava yarushije yarushije amasegonda 13.

13:47 GMT+0200

Umunyarwandakazi Ntakirutimana Martha arahagurutse

Umunyarwandakazi Ntakirutimana Martha ahagurutse kuri BK Arena.

IVANCHENKO Alena ayoboye urutonde rw'abasiganwa aho yakoresheje iminota 33 n'amasegonda 18, akurikirwa na Holmgren Ava yarushije amasegonda 43

13:32 GMT+0200

Carla de Araujo ahigitse Nyirarukundo

Umunya-Angola Carla de Araujo ageze ku musozo akoresheje iminota 35 n'amasegonda 28

Arushije Nyirarukundo Claudette umunota 1 n'amasegonda 45

13:30 GMT+0200

Nyirarukundo ashoje isiganwa akoresheje iminota 37'14

Umunyarwandakazi Nyirarukundo Claudette ashoje gusiganwa n'ibihe akoresheje iminota 37 n'amasegonda 14

13:22 GMT+0200

Nyirarukundo atangiye guterera kwa Mignone asigaje ibilometero 2.5

Nyirarukundo atangiye guterera kwa Mignonne asigaje ibilometero 2.5

Nimero 22, Umubiligi de SHCEPPER Lore arahagurutse

13:08 GMT+0200

Nyirarukundo asigaje ibilometero 13.2

Nyirakundo ari kuzamuka ku kiraro cya Kicukiro Center asigaje ibilometero 13.2

Nimero 12 Houssou Y Vanette ukomoka muri Benin niwe uhagurutse

13:00 GMT+0200

Claudette Nyirarukundo amaze kugenda ibilometero 16.8

Claudette Nyirarukundo amaze kugenda ibilometero 16.8

Nimero ya 7, umunya-CIV, Yabre Dahimata arahagurutse

13:00 GMT+0200

Inzira abasiganwa U23 bari kunyuramo

Inzira y'Ibilometero 22.

Batangiriye BK Arena, barasoreza KCC

12:52 GMT+0200

Umunyarwanda Claudette Nyirarukundo afunguye umunsi wa kabiri wa Shampiyona y'Isi y'Amagare

Claudette Nyirarukundo niwe ufunguye umunsi wa kabiri wa Shampiyona y'Isi y'Amagare.

Nyirarukundo asanzwe akinira Black Mamba Development Squad yo muri Uganda kuva 2025.

Akurikiwe na Carla de Araujo ukomoka muri Angola.

Hagati y'usiganwa n'undi hari gucamo umunota umwe.

12:00 GMT+0200

Abagore U23 barasiganwa ibilometero 22,6 , Abahungu U23 basiganwe ibilometero 31,2

Uko isiganwa riteganyijwe kugenda ku munsi wa kabiri wa Shampiyona y’Isi y’Amagare

Abagore U23

Igihe cyo gutangira: 10:53 Am
Intera: Ibilometero 22,6
Aho batangirira: Bk Arena
Aho gusoreza: KCC

Abagabo U23

Igihe cyo gutangira: 01:50 pm
Intera: Ibilometero 31,2
Aho gutangirira: BK Arena
Aho gusoreza: KCC

11:30 GMT+0200

Umunsi wa kabiri, abatarengeje imyaka 23 barasiganwa n'igihe / U23 ITT

Kuri uyu wa mbere tariki ya 22 Nzeri 2025, ni umunsi wa kabiri wa Shampiyona y'Isi y'Amagare

Harasiganwa abatarengeje imyaka 23, aho baraba basiganwa n'ibihe ibizwi nka (Individual time trial)

Isiganwa riratangirira ku bagore, ku isaha ya ya 10:51am

Ikipe y'u Rwanda (Team Rwanda) iraba ihagarariwe na

- NYIRARUKUNDO Claudette usanzwe ukinira Team Amani (Kenya)
- MWAMIKAZI Jazillah usanzwe ukinira Ndabaga Women cycling team (Rwanda)

Abahungu baratangira gusiganwa ku isaha ya 13.50pm.

Ikipe y'u Rwanda iraba irimo

- TUYIZERE Etienne
- NIYINKURU Samuel usanzwe akinira Team Amani (Kenya)

23:35 GMT+0200

Umujyi wa Kigali warimbishijwe

Inyubako ya Kigali Convection Center yakijwe amabara y'Ishyirahamwe ry'umukino w'Amagare ku Isi.

23:30 GMT+0200

Imihanda izakoreshwa ku munsi wa kabiri wa Shampiyona y'Isi y'Amagare

Menya imihanda izakoreshwa n'abasiganwa ku munsi wa kabiri wa Shampiyona y'Isi y'Amagare

Izakomeza ku wa mbere, tariki ya 22 Nzeri, ubwo hazaba hasiganwa abatarengeje imyaka 23.

Iki gice ni inshuro ya mbere kizaba gikinwe muri Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Imihanda izafunga kuva 8:30am-4:45pm

19:22 GMT+0200

Remco Evenepoel yegukanye gusiganwa n'igihe (ITT) akoresheje iminota 49'46

Umubiligi Remco Evenepoel yegukanye igice cyo gusiganwa n'igihe (ITT) akoreshe iminota 49 n'amasegonda 46

Akurikirwa na Wine Jay ukomoka muri Amerika arusha 1'14 na van Wilder Ilan arusha iminota 2'32

19:00 GMT+0200

Abanyarwanda bashoreje he?

Nsengiyumva Shemu ashoreje ku mwanya wa 25, yakoze urugendo rw'iminota 56'41

Mugisha Moise ashoreje ku mwanya wa 31, yakoze urugendo rw'iminota 58'40

18:54 GMT+0200

Tadej Pogacar asoreje ku mwanya wa 4

Umunya-Slovenia Tadej Pogac, ari nawe wegukanye Shampiyona y'Isi y'Amagare ya 2024, ashoje igice cyo gusiganwa n'igihe ari ku mwanya wa kane, nyuma yo gusoza inzira akoresheje iminota 52'23

18:47 GMT+0200

Isiganwa rirakomeye hagati ya Tadej Pogacar na Evenepoel Remco

Evenepoel Remco anyuze kuri Tadej Pogacar nubwo yahagurutse iminota ibiri mbere ye

18:42 GMT+0200

J. Vine ayoboye urutonde rw'isiganwa

J.Vine ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ayoboye isiganwa aho ashoje urugendo ku minota 51'

Arusha Umubiligi Ilan van Wilder umunota 1'21

18:19 GMT+0200

Mugisha Moise akoresheje iminota 58'40

Umunyarwanda Mugisha Moise ageze kuri Kigali Convection Center akoresheje iminota 58 n'amasegonda 40.

Ku rutonde ari ku mwanya wa 18.

Arushwa n'uwambere iminota 6'18.

18:07 GMT+0200

Van Wilder Ilan ayoboye urutonde rw'isiganwa

Umubiligi Van Wilder Ilan ayoboye urutonde rw'abasiganwa n'ibihe nyuma yo gukoresha igihe cy'iminota 52'22.

Uyu Mubiligi arusha Nsengiyuma Shemu uri ku mwanya wa 10 iminota 4'19.

17:55 GMT+0200

Pogacar Tadej ahagurutse kuri BK Arena

Umunya-Slovenia ari nawe watwaye Shampiyona y'Isi y'Amagare ya 2024, ahagurutse kuri BK Arena.

Pogacar yegukanye iyi Shampiyona yabereye muri Busuwisi ndetse muri uwo mwaka niwe wari watwaye Tour du France.

Uyu mukinnyi yahagurutse mbere y'iminota ibiri ya Evenepoel Remco ukomoka mu Bubiligi.

17:52 GMT+0200

Leonard Michael Shea ayoboye urutonde rw'abasiganwa

Umunya-Canada Leonard Michael Shea ayoboye isiganwa ry'igihe mu bagabo, yakoresheje iminota 53'39

Arusha Nsengiyuma Shemu uri ku mwanya wa gatanu, iminota 3'01

17:20 GMT+0200

Mugisha Moise ahagurutse kuri BK Arena

Umunyarwanda Mugisha Moise ahagurutse kuri BK Arena

17:00 GMT+0200

Abasiganwa mu bagabo bagenzi ibilometero 40,6

Dore inzira y'ibilometero 40,6 abasiganwa mu bagabo bari kunyuramo

16:52 GMT+0200

Nsengiyumva Shemu aracyayoboye

Mu basiganwa mu bagabo, Nsengiyumva Shema aracyayoboye, akurikiwe na Liu Jiankun ukomoka mu Bushinwa, arusha iminota 3'26

16:42 GMT+0200

Nsengiyumva Shemu ashoje isiganwa akoresheje iminota 56'40

Umunyarwanda Nsengiyumva Shemu ashoje inzira yose akoresheje iminota 56 n'amasegendo 40.

16:08 GMT+0200

Marlene Reusser yegukanye ITT ya Shampiyona y’Isi y'Amagare i Kigali

Marlene Reusser ukomoka mu Busuwisi yegukanye umunsi wa mbere wo gusiganwa n'ibihe nyuma y'uko yakoresheje iminota 43'08, uyu mukinnyi yahawe umudari wa zahabu.

Ku mwanya wa kabiri, hari van der Breggen Anna ukomoka muri Netherland.

Ku mwanya wa gatatu, hari Vollering Demi nawe ukomoka muri Netherland.

16:00 GMT+0200

Ibihe by'ibyishimo byaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'Isi y'Amagare

Abantu b'ingeri zitandukanye baturutse hirya no hino ku Isi baryohewe n'igice cya mbere cya Shampiyona y'Isi y'Amagare.

Ni igice cyatangiriye kuri BK Arena kirangirira kuri Kigali Convection Center, cyari kigizwe n'ibilometero 31,2.

15:39 GMT+0200

Zigart Urska wa Tadej Pogacar yaje ku mwanya wa 16

Umugore w'Umunya-Slovenia, Zigart Urska akaba n'umukunzi w'ikirangirire mu mukino w'amagare Tadej Pogacar yaje ku mwanya wa , nyuma yo gusiganwa n'igihe agasoza akoresheje 46'39.

15:05 GMT+0200

Nirere Xaverine yishimiye kwitabira Shampiyona y'Isi y'Amagare

Nirere Xaverine yavuze ko yishimiye kuba yitabiriye Shampiyona y'Isi y'amagare ibereye muri Afurika by'umwihariko mu Rwanda ku nshuro ya mbere.

Ati " Ni ibintu bisobanuye ikintu kinini kuri njye, kuko igare ni umwuga dukina tuwukunze, mbese igare ni urukundo."

Uyu munyarwandakazi ukomoka mu Karere ka Rwamagana yavuze ko yizeye ko mu minsi isigaye y'irushanwa azakomeza kwitwara neza.

15:05 GMT+0200

Igice cyo gusiganwa n'igihe mu Bagabo cyatangiye

Nsengiyumva Shemu niwe ufunguye igice cyo gusiganwa n'igihe mu Bagabo.

Iki gice kigizwe n'ibilometero 40,6, cyatangiriye kuri BK Arena kirasorezwa kuri Kigali Convection Center.

14:45 GMT+0200

M. Reusser ayoboye irushanwa akoresheje iminota 43'08

M.Reusser ukomoka muri Swizland ayoboye irushanwa nyuma yo gukoresha iminota 43 n'amasegonda 8.

Niwe umaze gukoresha igihe gito kurusha abandi.

Arusha A. van der Breggen amasegonda 51

Ni mu gihe arusha Nirere Xaverine iminota 6'59

14:05 GMT+0200

Anna van der Breggen ayoboye irushanwa

Anna van der Breggen ukomoka muri Netherland ayoboye urutonde aho yakoresheje iminota 44'01

Uyu mukinnyi yarushije Xaverine Nirere iminota 6'6

13:58 GMT+0200

Urutonde rw'uko abasiganwa b'abagore bahagaze

Sigrid Ytterhus Haugset ukomoka muri Norway ayoboye urutonde kugeza ubu, yakoresheje iminota 46'24

Arusha Nirere Xaverine iminota 3'43

13:45 GMT+0200

S. Paladin na Zhang H barushije Nirere Xaverine

S. Paladin ukomoka muri Italy yashoje gusiganwa n'igihe akoresheje iminota 48'36

Yarushije Nirere Xaverine iminota 1'31

Zhang H ukomoka mu Bushinwa yakoresheje iminota 47'23

Yarushije Nirere Xaverine iminota 2'44

13:34 GMT+0200

F. Potapova ashoje akoresheje iminota 51'21

S. Paladin ukomoka muri Kazakstan ashoje gusiganwa n'igihe akoresheje iminota 51 n'amasegonda 21

Nirere Xaverine yamurushije igihe kingana n'umunota 1'13

13:25 GMT+0200

N. Flolova ashoje akoresheje iminota 51'8

N. Flolova ashoje inzira y'ibilometero 31,2 akoresheje iminota 51 n'amasegonda 8

Nirere Xaverine yamurushije igihe kingana n'umunota 1'1

13:12 GMT+0200

Nirere Xaverine ashoje gusiganwa n'igihe akoresheje iminota 50'7

Nirere Xaverine ari nawe wavuye kuri BK Arena ari nimero ya mbere, ageze ku musozo w'inzira y'ibilometero, kuri Kigali Convection Center akoreshe iminota 50 n'amasegonda 7

13:03 GMT+0200

Xaverine asoje akazamuko ka kabiri (Intermediate 1)

Umunyarwanda Xaverine asoje akazamuko ka kabiri (Intermediate 2) asigaje ibilometero 4

12:57 GMT+0200

Nirere Xaverine asigaje ibilometero 9

Umunyarwanda Nirere Xaverine asigaje ibilometero 9, ni mu gihe amaze kugenda iminota 35'

12:42 GMT+0200

Nirere Xaverine asoje akazumuko ka mbere (Intermediate 1)

Nirere Xaverine ari nawe watangije irushanwa asoje akazamuko ka mbere ibizwi nka Intermediate amaze gukoresha iminota 19 n'amasegonda 10

12:20 GMT+0200

Abasiganwa b'abagore nibo bagiye gutangira

Ku isaha ya saa 9:20 muri BK Arena hagiye gutangira gusiganwa abagore.

Ni isiganwa ry'umuntu ku giti cye aho basiganwa n'igihe (Individual time trial).

11:00 GMT+0200

Abakunzi b'umukino w'amagare barenga ibihumbi bateraniye kuri BK Arena

Abakunzi b'umukino w'amagare barenga ibihumbi bateraniye kuri BK Arena n'ahandi hantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali, aho biteguye gukurikira Shampiyona y'Isi y'Amagare igiye kubera bwa mbere muri Afurika, by'umwihariko mu gihugu cy'u Rwanda.

Mbere y'uko irushanwa ritangira abari muri BK Arena basusurukijwe n'urubyiruko rutwara amagare mu buryo bwihariye, bagamije kwerekana ubuhanga bwabo.

20:40 GMT+0200

Serivisi z'Ubuvuzi zizakomeza gutangwa nk'ibisanzwe mu gihe cya shampiyona y’Isi y’Amagare

Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko serivisi z’ubuvuzi zizakomeza gutangwa nkuko bisanzwe mu gihe cya shampiyona y’isi y’Amagare igiye kubera mu Mujyi wa Kigali .

Gusa ivuga ko mu gihe umuntu agize ikibazo cyangwa akeneye ubufasha , yahamagara imirongo y’imbangukiragutabara harimo 912 mu gihe asahaka Serivisi z'imbangukiragutabara (Ambulance) ndetse na 114: Ubufasha, amakuru kuri serivisi z'ubuvuzi.

20:00 GMT+0200

Abarenga 400 bitabiriye isiganwa ryo kwinezeza ku magare

Abarenga 450 bitabiriye isiganwa ryo kwinezeza rizwi nka Social Ride, ribanziriza Shampiyona y'Isi y'Amagare, aho bakora ibilometero 15 bazenguraka ibice bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali.

14:00 GMT+0200

Abakinnyi n'abandi bashyitsi batandukanye batangiye kugera mu Rwanda

Abakinnyi n’abandi bashyitsi b’ingeri zitandukanye bageze mu Rwanda, aho bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare igiye kubera muri Afurika by’umwihariko mu Rwanda ku nshuro ya mbere.

Ni Shampiyona yitabiriwe n’amakipe 110 agizwe n’abakinnyi 1396, n’abandi 919 bakina ku giti cyabo, aho bazaba bahatana mu byiciro 13.

13:43 GMT+0200

Dore ahantu wabasha gukurikirana iyi shampiyona y’Isi y’Amagare

Ihuriro Mpuzamahanga ry’Abasiganwa ku magare UCI ryatangaje Televiziyo zifite ububasha bwo kwerekana ibi birori bya Shampiyona y’isi y’Amagare bigiye kubera mu Rwanda kuva tariki ya 21-28 Nzeri 2025.
UCI ivuga ko televiziyo zo ku mugabane wa Afurika zemerewe kuyerekana zirimo SuperSport, uyu muyoboro ugaragara muri yo muri Afurika y’Epfo , Nigeria, Ethiopia, Congo, and Tanzania ndetse na RBA yo mu Rwanda.

Muri Amerika y’Amajyaruguru harimo : FloSport izagaragara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada.

Amerika y’Amajyepfo ni Direct TV igaragara muri Brazil, Colombia, Argentina, Peru, na Venezuela.
Ku mugabane wa Asia, shampiyona y’isi y’Amagare izaba ica kuri Astro yo muri Malaysia.

Umugabane w’Uburayi usanzwe wakira iyi shampiyona , televiziyo nyinshi zizaba ziri gutambutsa uyu mukino .
Muri izo televiziyo harimo ZDF (Ubudage ), BBC (Ubwongereza), France : TV France, RAI (Ubutaliyani ), TVE (Espagne), VRT na RTBF (Ububiligi), NOS (Ubuholande), SRG (Ubusuwisi), na TV 2 (Denmark).

Shampiyona y’Isi y’Amagare izaba ica kandi kuri Eurosport no kuri Warner Bros.
Ku mugabane wa Oceania amagare azaba ari kwerekanwa kandi kuri STAN (Australia).

Usibye kuri Televiziyo zitandukanye, amakuru ajyanye n’iyi shampiyona y’isi y’Amagare azaba ari gucaho ako kanya ku mbuga nkoranyambaga za UCI haba kuri shene ya Youtube n’izindi zirimo Facebook ya UCI, Instagram : @uci_cycling, TikTok : @uci_cycling
X : @UCI_cycling

13:11 GMT+0200

Abakora ingendo z’Indege bahawe amabwiriza mbere y’itangira rya shampiyona y’Isi y’Amagare

Sosiyete y’u Rwanda itwara abantu n’ibintu mu kirere, RwandAir, yatangaje ko kubera u Rwanda rugiye kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare kuva tariki ya 20-28, imwe mu mihanda izaba ifunze, bityo abazakora ingendo kuri ayo matariki bakwiye kubizirikana hakiri kare.
Sosiyete ya RwandAir mu itangazo ryayo,isaba abagenzi bose bazakora ingendo zijya mu mahanga n’iz’imbere mu gihugu, kubanza kugenzure imwe mu mihanda izaba ifunguye izabafasha kugerera ku gihe ku kibuga Mpuzamahanga cy'indege cya Kigali.

RwandAir yibutsa ko Polisi y’Igihugu izibutsa imihanda izaba ifunguye binyuze ku mbuga nkoranyambaga zayo nka X.

Iyi sosiyete yibutsa ko abakora ingendo z’imbere mu gihugu ( Domestics Flights) igenzura risanzwe rikorwa ku kibuga cy’indege rizajya ritangira mbere y’amasaha atatu ngo indege ihaguruke, risozwe mbere y’isaha ngo indege ihaguruke.

Ni mu gihe abakora ingendo mpuzamahanga igenzura rizajya rikorwa mbere y’amasaha ane ngo indege ihaguruke risozwe mbere y’isaha imwe n’iminota 30 ngo indege ihaguruke.

Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera mu Mujyi wa Kigali tariki ya 21-28 Nzeri 2025, imyiteguro y’iri rushanwa ikaba yarasojwe , hasigaye gutangira .

Kigali igiye gukora amateka yo kuba umujyi wa mbere wo muri Afurika wakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare, aho iri rushanwa ngarukamwaka rizakinwa ku nshuro ya 98 kuva ribaye bwa mbere mu 1921.

03:43 GMT+0200

BK Arena yarimbishijwe ,yiteguye kwakira amagare

BK Arena yarimbishijwe neza, yiteguye umunsi wa mbere wa Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Aha ni ho irushanwa rizatangirira ku munsi wo ku Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri, risorezwe kuri Kigali Convection Center.

23:00 GMT+0200

Uko umutekano uzaba uhagaze n'icyo abaturage basabwa - Twaganiriye n'Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yaganiriye na Umunota, ku myiteguro ya Polisi y'u Rwanda mu gutuma Shampiyona y'Isi y'Amagare igiye kubera muri Afurika ku nshuro ya mbere, by'umwihariko mu Mujyi wa Kigali, izasiga yanditse amateka.

Umuvugizi yagarutse ku ngingo zikurikira

- Abanya-Kigali barasabwa kubahiriza amategeko bazaba bahabwa na Polisi yo ku Muhanda
- Abafana basabwe kuzaza ku bwinshi kwihera ijisho abasiganwa ku magare
- Moto n'Imodoka za Polisi zizaba ziri gukora muri Shampiyona y'Isi y'Amagare
-Amategeko yose azaba agenderwaho yagenwe na UCI
- Inzira zizakoreshwa n'abari mu isiganwa n'izishobora gukoreshwa n'abanyamaguru
- Abafite inyubako zo kureberaho abasigawa, basabwe kuzajya binjiza abantu bafitiye ubushobozi
- Polisi yijeje umutekano usesuye mu gihe kiri rushanwa.

21:30 GMT+0200

Polisi y'u Rwanda yijeje Abanya-Kigali umutekano usesuye mu gihe cya Shampiyona y'Isi y'Amagare

Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali, ACP Boniface Rutikanga yateguje umutekano usesuye mu gihe cya Shampiyona y'Isi y'Amagare.

Ati" Isiganwa rizagenda neza cyane, rwose nta kibazo, nta nkomyi ntazindi mpungenge dufite, kandi kugenda neza kwaryo nuko n'abantu bazanezerwa."

21:00 GMT+0200

Umujyi wa Kigali wateguye umunsi wo kwishimira Amagare

Guhera ejo, ku wa gatandatu, saa sita kugeza saa munani z’amanywa (12:00–14:00)

Abanya-Kigali bararikiwe gutegura amagare yabo no kuzana n’inshuti mu isiganwa rizenguruka umujyi wa Kigali!

Hazaba hari abasiganwa 753, baturutse mu bihugu 46 birimo u Rwanda, u Bubiligi, Kenya, USA, u Bufaransa, u Budage, u Butaliyani, u Buholandi, u Buhinde, Comores, Irlande, Colombia, u Bushinwa, Andorra, Turukiya, n'ibindi...

Inzira bazanyuramo ni KCC – Gishushu – Nyarutarama – Kabuga ka Nyarutarama – Golf Course – MINAGRI – KABC – Kabindi – Kimicanga Junction – Medheal – Kabindi bagaruka kuri KCC.

Ahazaparakwa imodoka ni KG 617 St: Kicukiro, Rebero, Gikondo, Kimihurura, Kabeza, KG 5 Avenue: Kacyiru, Umujyi (Town), Nyamirambo, Gisozi n'Akarere ka Gasabo: Nyarutarama, Kibagabaga, Kagugu, Gacuriro, Kimironko, Remera, Kinyinya

Imihanda yose izakoreshwa izafungwa kuva saa tano za mu gitondo (11:00 AM) kugeza saa munani (2:00 PM).

Abazitabira bazasusurutswa na DJ PiAA n'umushyushyarugamba, David Bayingana.

16:30 GMT+0200

MINISPORT, Umujyi wa Kigali, Polisi y'u Rwanda na RDB baganiriye n'itangazamakuru ku myiteguro ya Shampiyona y'Isi y'Amagare

Kuri Sitade Amahoro habereye ikiganiro n’itangazamakuru cyahuje Minisiteri ya Siporo, Umujyi wa Kigali, Polisi y’u Rwanda ndetse na RDB, aho bagaragarije abanyamakuru amategeko n’amabwiriza azakurikizwa mu gihe cya Shampiyona y’Isi y’Amagare, isigaje amasaha make ngo itangire i Kigali.

14:00 GMT+0200

Porogarame ya Waze Rwanda izajya yifashishwa mu kugaragaza imihanda ifunze n'iri gukoreshwa mu gihe cya Shampiyona y'Isi y'Amagare

Mu gihe cya Shampiyona y'Isi y'Amagare, Waze Rwanda iri gukorana na Polisi y'u Rwanda mu gutanga amakuru agezweho ku ikoreshwa ry’imihanda binyuze kuri porogaramu ya @waze.

Abakoresha iyi porogaramu bazajya babona inzira z’indi bashobora gukoresha ndetse n’aho imihanda yafunzwe mu Mujyi wa Kigali.

Ushobora kunyura kuri iyi porogarame ukabona imihanda yose izakoreshwa ku munsi w'ejo ku wa gatandatu, kuva saa 8:00 AM kugeza saa 2:00 PM

13:30 GMT+0200

Amaduka, resitora, utubari n'utubyiniro byemereye gukora kugeza saa 04:00 mu gihe cya Shampiyona y'Isi y'Amagare

RDB yatangaje ko amaduka, ibigo by'ubucuruzi bunyuranye, resitora, utubari n'utubyiniro byemerewe gukora kugeza saa Kumi za mu gitondo hagati ya tariki 19-28 Nzeri 2025.

Ni amabwiriza mashya yashyizweho n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, mu rwego rwo korohereza abazitabira Shampiyona y'Isi y’Amagare izabera i Kigali no gucunga neza impinduka zishobora kugaragara mu mikoreshereze y'imihanda. #UmunotaNews

13:30 GMT+0200

Icyumweru cya Shampiyona y'Isi y'Amagare si Guma mu rugo, ni icyumweru cy’ibirori!

Twatangiye kubara amasaha ngo Icyumweru cy’amateka gitangire.

Ni igihe cyo kwandika amateka, kandi nawe wabigiramo uruhare. Urasabwa kuzaboneka kuri 'Fan Zones' no ku muhanda hafi yawe aho isiganwa rizanyura.

Si icyumweru cya Guma mu rugo, ni icyumweru cy’ibirori!

10:30 GMT+0200

Abafana bibukijwe aho bashobora kuzafanira Amagare

Mu gihe habura umunsi umwe gusa ngo Shampiyona y'Isi y'Amagare ibere mu Rwanda, umujyi wa Kigali wagusangije aho wowe mufana ushobora kurebera amagare

Wareba abazasiganwa muri Shampiyona y'Isi y'Amagare imbonankubone wibereye aho bazahagurukira, aho bazanyura hose ku mihanda, n’aho bazasoreza, haba hafi y’aho utuye, cyangwa se aho ukorera, ndetse wanakoresha buryo bw'iyakure nka televiziyo niba utazabasha kugera aho ubareba imbonankubone.

Ntuzacikwe n’iri siganwa ry’imbonekarimwe, uzaze twandike amateka!

10:00 GMT+0200

Menya imihanda izakoreshwa mu myitozo ku wa gatandatu, tariki ya 20 Nzeri 2025

Polisi y'u Rwanda yatangaje imihanda izakoreshwa mu myitozo ya Shampiyona y'Isi y'Amagare, ejo ku wa gatandatu, tariki ya 20 Nzeri 2025.

Iyi mihandi ni kuva BK Arena- Kimironko Simba Supermarket- Chez Lando- Prince House- Sonatube- Nyanza- Gahanga Master City hanyuma ukagaruka Sonatube- Rwandex- Kanogo- Roindpoint yo mu Mujyi hanyuma bakagaruka Kanogo- Mediheal- Ku Muvunyi- Kigali Convection Center.

Undi muhanda ni KKC- Gishushu- MTN Nyarutarama- Mu kabuga ka Nyarutarama- kazenguruka kuri Golf- SOS- Minagri- KBC- Mediheal- Ku Muvunyi- KCC.

Iyi mihanda izaba ikoreshwa kuva saa 8:00 AM kugeza saa 2:00 PM.

Mu gihe cy'imyitozo y'Amagare, abandi banyamaguru basanzwe bakifashisha imihanda ikurikira;

Nyamata- Mugendo- Ntunga- Rebero- Gikondo- Rugunga- Biryogo- Mu mujyi Downtown cyangwa se bakaba bakoresha Kuri12- Kigali Parents- Kimironko- Kibagabaga ku Mavaze- Kagugu- Utexrwa- Kinamba- Yamaha- mu Mujyi.

Bashobora kandi gukoresha kuri 12- Giporoso - Kabeza- Niboyi- Kicukiro Center- Gatenga- Gikondo- Rugunga- mu Mujyi DownTown.

Naho amakamyo ni ukuva mu Nganda- Birembo- Kinyinya- Gasanze- Nyacyonga- Gatsata- Nyabugogo- Giti cy'Inyoni.

01:35 GMT+0200

Tadej Pogačar uhabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y'Isi y'Amagare yageze i Kigali

Tadej Pogačar uhabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y'Isi y'Amagare, izabera i Kigali, tariki ya 21-28 Nzeri 2025, yageze mu Rwanda.

Pogi na bagenzi be bo muri Slovenie bacumbitse muri Delight Hotel iherereye i Gacuriro. #UmunotaNews #Kigali2025

00:00 GMT+0200

Ikipe y'Igihugu y'Umukino wo gusiganwa ku Magare ‘Team Rwanda’ yerekanye umwambaro mushya

Ikipe y'Igihugu y'Umukino wo gusiganwa ku Magare ‘Team Rwanda’ yerekanye umwambaro mushya izakoresha muri Shampiyona y’Isi y’amagare; UCI World Road Championship izabera mu Mujyi wa Kigali, guhera tariki ya 21-28 Nzeri 2025. #UmunotaNews #Kigali2025

20:17 GMT+0200

Iri joro, umuhanda ukorerwamo imitozo yo kwitegura Shampiyona y'isi muri Kigali urafungwa isaha imwe: (00h00) kugeza saa saba zijoro (01h00),

Polisi y'u Rwanda yatangaje ko tariki 19 Nzeri 2025 guhera saa sita z'ijoro (00h00) kugeza saa saba z'ijoro (01h00), umuhanda:
BK Arena - Kimironko Simba Supermarket - Rwahama - Chez Lando - Prince House - Sonatube - Kicukiro Centre - Nyanza - Gahanga, Kugaruka Sonatube - Rwandex - Kanogo - Mediheal - Women Foundation Ministries - Ku Muvunyi - KCC
Uraza kuba ukorerwamo imitozo yo kwitegura Shampiyona y'umukino w'amagare ku Isi izabera mu Rwanda. Ibi biratuma urujya n'uruza rudakomeza nk'uko byari bisanzwe.
Abapolisi baraba bahari kugira ngo babayobore. Ugize ikibazo wahamagara 0788311216 | 0788311502 | 0788311155.

19:00 GMT+0200

Abafana batandukanye, bavuye hirya no hino ku isi, bamaze kugera mu Rwanda baje kwihera ijisho Shampiyona y'Isi y'amagara.

Abafana batandukanye, bavuye hirya no hino ku isi, bamaze kugera mu Rwanda baje kwihera ijisho Shampiyona y'Isi y'amagara.
Muri bo, harimo Matteo Sametti n'umuryango we, bavuye Kasama muri Zambia, bagera i Kigali banyonga igare.
Ni urugendo rwa Km 1,500.

Abanyarwanda barashishikarizwa kuzitabira gufana no kwihera ijisho abasiganwa muri Shampiyona y'Isi y'amagare.

16:40 GMT+0200

Gare ya Nyanza ya Kicukiro izimukira kuri Canal Olympia

Umujyi wa Kigali watangaje ko guhera tariki 20 kugeza 24 Nzeri 2025 mu gihe cya Shampiyona y'Isi y'Amagare muri Kigali, Gare ya Nyanza ya Kicukiro izimukira kuri Canal Olympia ku i Rebero.

15:50 GMT+0200

Dore gahunda yose ya Shampiyona y'isi y'amagare ya 2025 igiye kubera i Kigali

Ku Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri 2025
• Guhera Saa 10h10: Isiganwa ryo gusiganwa n’igihe umuntu ku giti cye, mu bagare; (Abakuru). Bazasiganwa intera ya Km 31,2.
• Guhera Saa 13h45': Isiganwa ryo gusiganwa n’igihe umuntu ku giti cye mu bagabo, (Abakuru). Bazasiganwa intera ya Km 40,6.

Aho bizabera: BK Arena → KCC Roundabout

Kuwa Mbere, tariki ya 22 Nzeri 2025
• Saa 10h35: Isiganwa ryo gusiganwa n’igihe ku giti cyabo, mu batarengeje imyaka 23 mu abagore (km 22,6).
• Saa 13h35: Isiganwa ryo gusiganwa n’igihe ku giti cyabo, mu batarengeje imyaka 23 mu bagabo (km 31,2)

Aho bizabera: BK Arena → KCC Roundabout

Ku wa Kabiri, tariki ya 23 Nzeri
• Saa 10h45: Isiganwa ryo gusiganwa n’igihe ku giti cyabo, (Juniors) abagore (km 18,3)
• Saa 14h00: Isiganwa ryo gusiganwa n’igihe ku giti cyabo, (Juniors) abagabo (km 22,6)

Aho bizabera: BK Arena → KCC Roundabout

Ku wa Gatatu, tariki ya 24 Nzeri 2025
• Saa 12h30: Isiganwa ryo gusiganwa n’igihe mu makipe, (km 41,8,)
Aho bizabera: KCC Roundabout → KCC Roundabout

Ku wa kane, tariki ya 25 Nzeri
• Saa 13h05: Isiganwa ryo mu muhanda, U23 abagore (km 119,3, kuzamuka kwa metero 2 435).
Aho bizabera: KCC Roundabout → KCC Roundabout

Ku wa Gatanu, tariki ya 26 Nzeri 2025
• Saa 08h00: Isiganwa ryo mu muhanda, (Juniors) abagabo (km 119,3)
• Saa 12h00: Isiganwa ryo mu muhanda, U23 abagabo (km 164,6)
Aho bizabera: KCC Roundabout → KCC Roundabout

Ku wa gatandatu, tariki ya 27 Nzeri
• Saa 08h20: Isiganwa ryo mu muhanda, (Juniors) abagore (km 74)
• Saa 12h05: Isiganwa ryo mu muhanda, (Elite) abagore (km 164,6)
Aho bizabera: KCC Roundabout → KCC Roundabout

Ku cyumweru, tariki ya 28 Nzeri
• Saa 09h45: Isiganwa ryo mu muhanda, abagabo (km 267,5, hazaba harimo kuzamuka kwa metero 5,475).
Aho bizabera: KCC Roundabout → KCC Roundabout

23:30 GMT+0200

Abagenda n'amaguru bateganyirijwe aho kwambukira

Abagenda n'amaguru bateganyirijwe aho kwambukira mu gihe cy'isiganwa ry'Amagare ku isi, rizabera mu Rwanda kuva ku itariki 21-28 Nzeri 2025

23:00 GMT+0200

Imbuga ya Kigali Convention Centre yarimbishijwe

Mu gihe habura iminsi 3 gusa ngo Shampiyona y'Isi y'amagare itangire hano i Kigali mu Rwanda, ahazabera ibirori byo guhemba abahinze abandi kuri Kigali Convention Centre harangije kurimbishwa.

Isiganwa riteganyijwe ko rizatangira ku itariki ya 21 Nzeri 2025, rirangire ku itariki ya 28 Nzeri 2025.

23:00 GMT+0200

Menya imihanda izakoreshwa na bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange

Umujyi wa Kigali watangaje imihanda izakoreshwa na bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange muri Kigali ubwo hazaba hakinwa Shampiyona y'Isi y'Amagare.

Umujyi wa Kigali kandi watangaje ko gihe cy'iri siganwa, abakoresha bisi bazajya bishyura igiciro cy’urugendo rwose kuko ibyapa baviraho byahindutse.

02:00 GMT+0200

Polisi y'u Rwanda yatangaje imihanda yatangiye gufungwa kubera Shampiyona y'Amagare

Polisi y'u Rwanda yatangaje ko kuva tariki ya 17 Nzeri 2025, umuhanda uva mu mujyi werekeza Kimihurura unyura kuri RIB ugana kuri Kigali Convection Center, uraza kuba ufungiye ku Kabindi guhera saa sita z'ijoro.

Mu itangazo Polisi y'u Rwanda yasangije ku mugoroba wo ku wa kabiri, tariki ya 16 Nzeri 2025, rivuga ko uyu muhanda uraba ufunze byagateganyo kubera imyiteguro ya Shampiyona y'Isi y'Amagare, izatangira ku Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri 2025.

Abakoresha ibinyabiziga basanzwe bakoresha uwo muhanda bagiriwe inama yo kunyura umuhanda uva mu Mujyi, werekeza Kimicanga ugakomereza Kacyiru cyangwa umuhanda uva Mu mujyi ukanyura ku Kabindi ugakomeza kuri Roundpoint ya Kimihurura ukomereza ku kicaro gikuru cy'Ingabo z'u Rwanda.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda ACP Boniface Rutikanga yatangaje imwe mu mihanda izifashishwa n'abanyamaguru irimo iya Gahanga na Nyanza ku baturutse Bugesera, aho bagiriwe inama yo kuzajya baca ku Mugendo hafi n'ikiraro cya Nyabarongo, bagaca Ntunga bagatunguka ku Irebero hafi na Canal Olympia bakamanukira kuri Roundpoint iri hafi na Kaminuza ya UTB.

Ni mu gihe abantu baturutse mu bice by'Uburasirazuba bw'Umujyi wa Kigali bazajya bazamukira kuri 12 ku muhanda wa Kigali Parents, bakomereze Kimironko, berekeza Kibagabaga bakomereze ku muhanda uzamuka Kagugu, banyure mu muhanda mushya berekeza ku Kinamba bakomereze Nyabugogo bagere no mu Mujyi.

Polisi y'u Rwanda kandi yatangaje aho abanyamaguru bazajya bambukira mu bice bitandukanye.

KCC - KIMIHURURA

Hagati ya Kigali Heights na University of Kigali (KG7 / KN5)

Imbere y'Ambasade y'Abaholandi (KN5 / KG692)

Munsi ya KABC ku nyubako y'Ubumwe (KG5 / KN5)

Ku Kabindi (Traffic lights, KN5 / KG2 / KG4)

Imbere ya RIB hafi na esikariye zijya kuri "Don Bosco"

Kimicanga (KN5 / KG3)

Mediheal (KN14 / KG666)

Ikunde fitness (KN14 / KG623 / KG668)

Ishuri rya Don Bosco (KN14 / KG672)

Cimerwa Kimihurura (KN14 / KG676 / KG625)

KCC - GISIMENTI

Rompuwe Gisimenti (KN5 / KG1 / KG11)

Kuri Rompuwe yo kuri KCC ku marembo asohoka

Inzovu Mall (Ku cyapa cya bisi)

GISHUSHU - NYARUTARAMA - KACYIRU

Ku Gishushu (KN5 / KG6 / KG9)

Sitasiyo ya SP

Highland hotel (KG9 / KG 270)
17: Kuri Save the children (KG9 / KG 274)

MTN Center (KG9 / KG276)

Mu masangano Nyarutarama - Kibagabaga
(KG9 / KG519 / KG278)

Rose Garden Apartments

Sawa City mu kabuga ka Nyarutarama (KG9 / KG13)

Woodland mu kabuga ka Nyarutarama (KG9 / KG14 / KG15)

Kigali golf (KG13 / KG537)

MINAGRI (KG548 / KG571)

St Dominique Kacyiru (KG548 / KG567 / KG563)
NYABUGOGO - KIMISAGARA - NYAMIRAMBO

Imbere yo kwa Mutangana (KN5 / KN8)

Traffic lights za Nyabugogo (KN1 / KN20 / KG3)

Mont Kigali

Kabusunzu (KN20 / KN210)

Kabusunzu (KN20 / KN197)

Nyamirambo KN119 / KN 111.

14:00 GMT+0200

Abakinnyi bazahagararira u Rwanda muri Shampiyona y'Isi bari mu myitozo ya nyuma

Abakinnyi b'u Rwanda (Team Rwanda) bakina umukino wo gusiganwa ku magare, bakoze imyitozo i Nyamata mu Bugesera bitegura Shampiyona y'Isi y'amagare.

02:00 GMT+0200

Abanyeshuri b'i Kigali basabwe kubyaza umusaruro Shampiyona y'Isi y'Amagare

Minisiteri y'Uburezi yasabye abanyeshuri bo mu Mujyi wa Kigali ko mu cyumweru bazamara batajya ku ishuri kubera Shampiyona y'Isi y'Amagare, bazakoresha icyo gihe mu kwiga no kumenya byinshi bijyanye n'umukino w'amagare.

Ni ibikubiye mu itangazo MINEDUC yanyujije ku rubuga rwa X kuri uyu wa kabiri tariki ya 16 Nzeri 2025, ryibutsa ko amashuri yo mu Mujyi wa Kigali azafunga by'agateganyo mu gihe cya Shampiyona y'Isi y'Amagare.

Minisiteri y'Uburezi ivuga ko nubwo abanyeshuri batazaba bajya ku ishuri, ariko bashobora gukoresha uwo mwanya mu kwiga no kugira ubumenyi ku mukino w'amagare.

Ati" Abanyeshuri barasabwa gufata uyu mwanya nk'igihe cyo kwiga no kumenya byinshi ku mikino y'amagare n'uburyo utegurwa ku rwego mpuzamahanga.”

Minisiteri y'Uburezi yasangije umuyoboro (link) w'igitabo cyihariye cy'uburezi cy'amarushanwa y'amagare, harimo na UCI, gishobora kwifashishwa mu masomo aricyo; https://www.reb.gov.rw/index.php?elD=dumpFile&t=f&f=142870&token=38fa17d2c15a8a7083be7a373c804974f2d21b25

Shampiyona y'lsi y'Amagare izabera mu Mujyi wa Kigali guhera tariki ya 21-28 Nzeri 2025, nyuma yaho amasomo azakomeza guhera tariki ya 29 Nzeri 2025.

Iyi Minisiteri ivuga ko iyo minsi abanyeshuri bazaba batagiye ku ishuri izongerwa ku ngengabihe y'amashuri.

Ibigo by'amashuri byasabwe gutegura mbere uburyo bwo kwigisha hakoreshejwe ikoranabuhanga, gutegura imikoro abanyeshuri bazajyana mu rugo n'andi masomo ashobora kubafasha.

02:00 GMT+0200

Menya aho warebera amagare: Abayobozi bashishikarije Abanya-Kigali kuzaza kwihera ijisho Shampiyona y’Isi y’Amagare

Abayobozi batandukanye mu nzego za Leta batumiye abanya-Kigali kuzitabira kwihera ijisho Shampiyona y'Isi y'Amagare ibura iminsi ibarirwa ku kiganza ngo ibere mu Rwanda.

Shampiyona y'Isi y'Amagare izatangira tariki ya 21- 28 Nzeri 2025, ni ku nshuro ya mbere izaba ibereye ku mugabane wa Afurika, by'umwihariko mu Rwanda.

Mu mashusho yanyujijwe ku rubuga rwa X, agaragaza abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire ashishikariza abatuye muri Kigali kuzaza kwihera ijisho amagare ku isoko rya Kimironko aho nawe azaba ari.

Ati" Muzaze muri benshi dushyigikire abazasiganwa muri Shampiyona y'Isi y'Amagare, njye nzaba ndi ku isoko rya Kimironko, wowe uzaba uri he?"

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Amb. Christine Nkulikiyinka, we avuga ko azaba ari kumwe n'abari i Gahanga, ati " Gahanga twagiye."

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Candy Basomingera, we yageneye ubutumwa abo mu bice bya Nyabugogo, ati " Nyabugogo twagiye."

Naho umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yasabye abatuye mu bice bya Norvege nabo kutazabura.

Minisitiri w'Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yibukije ko siporo ari ubuzima, asaba abatuye n'abaturiye kwa Mutwe kuzatazabura.

Ati" Siporo ni ubuzima natwe ntago tuzahabura, njye nzaba ndi kwa Mutwe."

Umuyobozi w'Urwego rushinzwe Iterambere, RDB, Jean Guy Afrika, we yatumiye abo ku Kabindi.

Naho umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, atumira abanya-Kigali, aho abasiganwa bazasoreza kuri KCC- Kimihurura.

Ati" Hanyuma ayo magare azasoreza hano ku Kimihurura kuri KCC, nzaba mpari nawe ntuzabure."

Umujyi wa Kigali wateganyije ahantu hatandukanye abanya-Kigali bashobora kuzakurikiranira amagare, bidagadura baryoherwa n'irushanwa ndetse hazaba hari n'ibyo kunywa no kurya.

02:00 GMT+0200

Umuhanda uva ku kibuga cy’Indege cya Kigali uzafungwa muri Shampiyona y'Isi y'Amagare

Rwanda Airports Company yatangaje ko umuhanda uva ku Kibuga cy’Indege cya Kigali giherereye i Kanombe, uzajya uba ufunze kumanywa kuva tariki ya 20 - 28 Nzeri 2025, kubera Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Ni ubutumwa basangije ku rubuga rwa X, mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo u Rwanda rwakire Shampiyona y’Isi y’Amagare izaba ibereye ku mugabane wa Afurika ku nshuro ya mbere.

RAC yatangaje ko Polisi y’u Rwanda izaba iri gufasha abasanzwe bakoresha uwo muhanda kubereka izindi nzira banyuramo, ndetse byinshi kuri uku gufunga imihanda bizajya bigenda bitangazwa.

U Rwanda by’umwihariko umujyi wa Kigali ugeze kure imyiteguro yo kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare izahabera kubaba tariki ya 21 kugeza 29 Nzeri 2025.

Abatuye mu Mujyi wa Kigali barimo abanyeshuri n’abakozi basabwe kuzaba bagumye mu rugo, kugirango hirindwe ko bagorwa n’ingendo cyane ko inzira basanzwe bakoresha zizaba zirimo kuberamo irushanwa.

Imihanda izaba iri gukoreshwa ku munsi wa mbere kugeza ku wa gatatu (21-23 Nzeri), bisi zizifashisha imihanda irimo: Nyanza–Nyabugogo Canal Olympia–RP Nyarutarama–Ryayumva–Nyabugogo, Nyanza-Downtown, Canal Olympia–Gikondo–Cercle Sportif–Kiyovu–City Hall–Nyabugogo Market–Downtown, ndetse na Nyanza–Remera–Kimironko.

Hashobora kandi kwifashishwa imihanda ya Canal Olympia – Gikondo – Sodoma – Gatenga – Kicukiro Center – St Joseph – Kabeza – Giporoso, ndetse n’indi irimo Kanombe – Kabuga – Kimironko.

Indi nzira ni Kimironko – Kibagabaga – Akabuga ka Nyarutarama – Kinamba – Nyabugogo (Downtown), hamwe n’iyihuza Downtown – Kimironko, Remera, cyangwa Downtown – Kinamba – Kacyiru – Gishushu – Gasabo Office – Nyagatovu – Kimironko.  

Indi mihanda yunganira iyi nayo isbobora kunyurwamo ni Mugendo–Nunga–Rebero–Gikondo–Rugunga–Biryogo–Downtown, hamwe n’uwo Kuri 12–Kigali Parents–Kimironko–Kibagabaga–Kagugu–Utexrwa–Kinamba–Downtown.

Umuhanda wa 3 uzanyura kuri Kuri 12 – Giporoso – Kabeza – Niboye – Kicukiro Centre – Gatenga – Gikondo – Rugunga – CHUK – Downtown.

Umuhanda wa 4 uzaba uca kuri Gahanga Cricket – Kagasa Cell – Rwabutenge – Muyange – Kicukiro Centre. Umuhanda wa 6 uzaca kuri Nyanza Junction – Rebero – Gikondo – Rugunga – Biryogo – Downtown.

Ku rundi ruhande, amakamyo azakoresha inzira ya Free Zone–Birembo–Kinyinya–Gasanze–Nyacyonga–Gatsata–Nyabugogo–Giti cy’inyoni.

02:00 GMT+0200

Shampiyona y'Isi y'Amagare: Amashuri y'i Kigali azafunga, abakozi ba Leta bakorere mu rugo

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guhera ku itariki ya 21 kugeza ku wa 28 Nzeri 2025, amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali azaba afunze n'abakozi ba Leta bagakorera mu rugo mu rwego rwo kurushaho kwakira neza Shampiyona y’Isi y’Amagare, UCI Road World Championships, izaba iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya mbere.

Iri rushanwa ritegerejwe n’Isi yose rizabera mu Mujyi wa Kigali, rizitabirwa n’abarenga 1,000 baturutse mu bihugu bisaga 75, barimo abakinnyi bo mu byiciro byose, abatoza, abayobozi, abanyamakuru ndetse n’abandi bafatanyabikorwa ba siporo y’amagare.

Mu itangazo ryasohowe na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 13 Kanama 2025, rivuga ko mu gihe cy'iri rushanwa amashuri yose aherereye mu Mujyi wa Kigali azaba afunze, ndetse n'abakozi ba Leta bakorera bakazakorera mu rugo, uretse abatanga serivisi z’ingenzi bazakomeza imirimo nk’uko bisanzwe.

Ibigo byigenga bishoboka ko byakora hifashishijwe ikoranabuhanga nabyo byasabwe gushyira mu bikorwa iyi gahunda yo gukorera mu rugo, hagamijwe kugabanya urujya n’uruza rw’abantu no koroshya ibikorwa by'iri rushanwa.

Guverinoma y'u Rwanda yakomeje igira iti "Mu gihe cy’irushanwa, imihanda imwe n’imwe izafungwa by’agateganyo mu masaha runaka ku mihanda yagenwe kugira ngo harindwe umutekano w’abakinnyi, abayobozi n’abaturage."

Biteganyijwe ko iyi mihanda izafungwa izatangazwa mbere hanyuma Polisi y’u Rwanda igakorana n’inzego z’ibanze kugira ngo hashyirweho izindi nzira zizaba zifashishwa muri icyo cyumweru.

Ku nshuro ya mbere Shampiyona y'Isi y'Amagare izaba ibereye i Kigali ndetse no muri Afurika, ni ishema rikomeye ku Rwanda ndetse no ku Mugabane wose.

Biteganyijwe ko iri rushanwa rizakurikirwa n’abakunzi ba siporo hirya no hino ku Isi barenga miliyoni 300.

Abanyarwanda n’abashyitsi bazaba bari mu Rwanda bashyiriweho ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali bashobora gukurikiranira iri rushanwa “Fan Zones”, ahazajya haba hari umuziki, ibiribwa, n'ibindi bibafasha kwidagadura.

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere narwo rwatangiye ubukangurambaga bugamije gushishikariza abashyitsi gusura ibyiza nyaburanga by’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “ Visit Rwanda”, aho bashobora gusura nka Pariki y’Ibirunga, iy’Akagera, iya Nyungwe, Kivu Belt n’ahandi hagiye hatoranywa.

Mu rwego rwo kwirinda impanuka zabaye mu marushanwa aheruka, UCI yatangaje ko abasiganwa bose bazitabira irushanwa bazaba bafite "GPS trackers", kugira ngo bakurikiranwe buri kanya mu rwego rwo kurushaho kubungabunga umutekano wabo.

02:00 GMT+0200

AMAFOTO: Dutemberane Kigali iri kurimbishirizwa kwakira Shampiyona y'Isi y'Amagare

Kigali, Umurwa w’u Rwanda , ukaba mu mutima wa Afurika,  ni yo yonyine yatoranyijwe ku mugabe wa Afurika ngo yakire Shampiyona y'Isi y'Amagare.

Ibi bivuze ko ibihugu byinshi byari byatanze ubusabe bwo kwakira iri siganwa ariko u Rwanda ruba ari rwo ruhabwa ayo mahiwe.

Shampiyona y'Isi y'Amagare (UCI Road World Championships) ni amarushanwa mpuzamahanga ategurwa buri mwaka n’Impuzamashyirahamwe y’Amagare ku Isi (UCI - Union Cycliste Internationale).

Ikinwa n’abakinnyi bahagarariye ibihugu byabo, atari amakipe yabo ya buri munsi (nk’ayabigize umwuga) .

Izabera mu mujyi wa Kigali kuva tariki ya 21 kugeza 29 Nzeri 2025, ni rimwe mu masiganwa azaba akomeye yabayeho kuko rizaba rigizwe n’inzira y’ibilometero 267,5 irimo akazamuko ka metero 5.475.

Kugeza ubu imyiteguro yo kwakira iyi shampiyona irarimbanijwe ndetse ibisabwa byose ngo iri siganwa ribe byamaze gutegurwa.

Umunota watembereye mu bice bitandukanye byo mu mujyi wa Kigali, ureba aho imyiteguro igeze by'umwihariko aho iyi shampiyona y'Isi y'Amagare izanyura.

02:00 GMT+0200

Aba ‘VIP’ bazirikanwe, inkorokoro mu mukino w'amagare ziriteguye! UCI iri ku marembo ya Kigali

Ku nshuro ya mbere mu mateka, Shampiyona y'Isi y'Amagare igiye kubera ku mugabane wa Afurika, mu gihugu cy'u Rwanda, mu Mujyi wa Kigali, guhera ku itariki ya 21 - 28 Nzeri 2025.

Mu mwaka ushize wa 2024, iyi shampiyona yabereye mu mujyi wa Zurich, mu gihugu cya Switzerland, yegukanwa na Tadej Pogačar ukomoka mu gihugu cya Slovenia, nyuma yo gusoza ari uwa mbere, inzira y'ibilometero 273.9.

Shampiyona y'Isi y'Amagare izakinwa mu byiciro birimo abakiri bato mu bagabo no mu bagore; abatarengeje imyaka 23 mu bagabo no mu bagore; n’abakuru mu bagabo no mu bagore.

Hari abazakina basiganwa mu muhanda bisanzwe; abasiganwa n’ibihe nk’ikipe, ndetse n’abazasiganwa n’ibihe ku giti cyabo.

Abakuru bazakinira mu nzira y’ibilometero 267,5, irimo agasozi kazamuka ka metero 5.475.

Ibihugu bizitabira irushanwa muri rusange ni Leta Zunze Ubumwe za Amerika, izaba ihagarariwe n'abakinnyi nka Chloe Dygert, Slovenia izaba ihagarariwe na Tadej Pogačar, u Bubiligi buzaba buhagarariwe n'abarimo Remco Evenepoel, u Bufaransa buzaba buhagarariwe n'abarimo Pauline Ferrand‑Prévot, Ireland, Netherlands, u Rwanda n'ibindi.
Gura itike yawe hano: https://etike.rw/

12:24 GMT+0200

Umunyarwandakazi afunguye Shampiyona y'Isi y'Amagare

Umunyarwandakazi Nirere Saverine niwe usohotse muri BK Arena bwa mbere, agiye kugenda intera y'ibilometero 31.2 kugeza aho irushanwa riri busorezwe kuri Kigali Convection Center.

02:00 GMT+0200

Minisitiri Mukazayire yageneye ubutumwa abakora mu itangazamakuru bazitabira Shampiyona y’Isi y’Amagare

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yahaye ikazendetse anagenera ubutumwa abakora mu rwego rw’itangazamakuru bazitabira Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Minisitiri Mukazayire yabasabye ko ibihe bazagirira mu Rwanda bizarenga kwitabira iri rushanwa ahubwo bagasobanukirwa neza umuco, imiterere by’igihugu, ndetse abizeza ko Abanyarwanda ari abantu bagira urugwiro no kwakira neza ababagana.

Minisitiri Mukazayire yabugeneye abakora mu itangazamakuru barimo abanyamakuru, abafotozi n’abafata amashusho ndetse n’abandi bazitabira Shampiyona y’Isi y’amagare igiye kubera mu Rwanda no ku Mugabane wa Afurika ku nshuro ya mbere.

Kuva iri rushanwa ryatangira mu 1921, ni inshuro ya mbere rigiye kubera ku mugabane wa Afurika, bikaba ari amateka akomeye yanditswe mu mukino w’amagare.

Minisitiri Mukazayire yagize ati ” Ni ibyagaciro gakomeye kubakira ku butaka bwacu mu irushanwa rya Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025, igiye kubera muri Afurika ku nshuro ya mbere.”

Ubutumwa bwe bukomeza bugira buti ” Tubashimiye ko muzaba muri kumwe natwe ndetse n’uruhare rwa buri wese mu guteza imbere umukino wo gusiganwa ku magare. Uretse kwitabira amarushanwa, ndanabashishikariza gusura no gusobanukirwa u Rwanda: umuco warwo, imiterere yarwo, cyane cyane abaturage barwo, bazwiho urugwiro no kwakira neza ababagana bigaragaza isura y’igihugu cyacu.”

Iri rushanwa rizahuza abakinnyi b’icyiciro cya mbere bakina umukino w’Amagare ku Isi.

Minisitiri Mukazayire yanatangaje ko uyu mwaka hazatangizwa ku mugaragaro isiganwa ryihariwe ry’abakobwa batarengeje imyaka 23 (Under-23 Women’s Road Race), nk’indi ntambwe igaragaza iterambere ry’uburinganire n’ubushobozi bw’abagore muri uyu mukino w’amagare.

Umuyobozi Ushinzwe ibijyanye no gutangaza amakuru muri UCI, Christophe MARCHADIER, yavuze ko guhitamo u Rwanda nk’igihugu kizakira iri rushanwa bifite igisobanuro gikomeye. Byerekana uko umukino w’amagare ukomeje gukura no kugera ku migabane yose y’Isi.

Akomeza avuga ko u Rwanda rusanzwe ruzwi kuri siporo y’amagare binyuze muri Tour du Rwanda, ariko kuri ubu rwanditse izina rikomeye kurushaho.

Iri rushanwa rizafasha mu kongera abakunzi b’amagare, kwerekana ubwiza bw’u Rwanda ndetse no guteza imbere umukino w’amagare muri Afurika.

MARCHADIER yabwiye abanyamakuru ko bari ku isonga mu gusakaza aya mateka azaba abereye muri Afurika, binyuze mu gusangiza amafoto, inkuru, ibiganiro n’amashusho, bagafasha gusangiza Isi yose gukurikirana ibizaba bibera muri iyi Shampiyona.

02:00 GMT+0200

Umujyi wa Kigali watangaje imihanda izakoreshwa mu gihe cy’Irushanwa ry’Isi ry’Amagare 2025

Umujyi wa Kigali watangaje imihanda izakoreshwa na bisi, amakamyo ndetse n’indi ishobora kunyurwamo, mu gihe imihanda isanzwe izaba irimo gukoreshwa mu Irushanwa ry’Isi ry’Amagare (UCI Road World Championships 2025).

Ni irushanwa riteganyijwe kubera i Kigali kuva ku itariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025.

Umujyi wa Kigali uvuga ko gutangaza iyo mihanda, ari mu rwego rwo kugira ngo imirimo y’imodoka, abagenzi ndetse n’ibikorwa bya buri munsi bidahagarara burundu.

Iri rushanwa, rizitabirwa n’abakinnyi b’amagare bo ku rwego rwo hejuru baturutse hirya no hino ku isi, rizatuma imihanda imwe n’imwe yo mu mujyi wa Kigali ifungwa cyangwa ikoreshwa mu buryo bwihariye.

Uko Imihanda yagenwe

Ku munsi wa mbere kugeza ku wa gatatu (21-23 Nzeri), bisi zizifashisha imihanda irimo: Nyanza–Nyabugogo Canal Olympia–RP Nyarutarama–Ryayumva–Nyabugogo, Nyanza-Downtown, Canal Olympia–Gikondo–Cercle Sportif–Kiyovu–City Hall–Nyabugogo Market–Downtown, ndetse na Nyanza–Remera–Kimironko.

Hashobora kandi kwifashishwa imihanda ya Canal Olympia – Gikondo – Sodoma – Gatenga – Kicukiro Center – St Joseph – Kabeza – Giporoso, ndetse n’indi irimo Kanombe – Kabuga – Kimironko.

Indi nzira ni Kimironko – Kibagabaga – Akabuga ka Nyarutarama – Kinamba – Nyabugogo (Downtown), hamwe n’iyihuza Downtown – Kimironko, Remera, cyangwa Downtown – Kinamba – Kacyiru – Gishushu – Gasabo Office – Nyagatovu – Kimironko.  

Indi mihanda yunganira iyi nayo isbobora kunyurwamo ni Mugendo–Nunga–Rebero–Gikondo–Rugunga–Biryogo–Downtown, hamwe n’uwo Kuri 12–Kigali Parents–Kimironko–Kibagabaga–Kagugu–Utexrwa–Kinamba–Downtown.

Umuhanda wa 3 uzanyura kuri Kuri 12 – Giporoso – Kabeza – Niboye – Kicukiro Centre – Gatenga – Gikondo – Rugunga – CHUK – Downtown.

Umuhanda wa 4 uzaba uca kuri Gahanga Cricket – Kagasa Cell – Rwabutenge – Muyange – Kicukiro Centre. Umuhanda wa 6 uzaca kuri Nyanza Junction – Rebero – Gikondo – Rugunga – Biryogo – Downtown.

Ku rundi ruhande, amakamyo azakoresha inzira ya Free Zone–Birembo–Kinyinya–Gasanze–Nyacyonga–Gatsata–Nyabugogo–Giti cy’inyoni.

Iyi gahunda igamije umutekano w’abagenzi n'abari mu irushanwa.

Umujyi wa Kigali usaba abaturage gukoresha inzira zateguwe mu gihe cy’irushanwa, hagamijwe kwirinda akajagari no guha umutekano abari mu marushanwa ndetse n’abaturage muri rusange. 

UCI Road World Championships 2025 izaba ari ku nshuro ya mbere ibereye muri Afurika, bikaba biteganyijwe ko izazamura isura ya Kigali nk’umujyi w’imyidagaduro, siporo n’amahoro, ndetse ikazakurura ba mukerarugendo n’abashyitsi bavuye hirya no hino ku isi.

02:00 GMT+0200

Tadej Pogačar wanditse amateka muri 'Tour du France' ategerejwe muri Shampiyona y'Isi i Kigali

Umunya-Sloveniya, Tadej Pogačar, umaze gutwara Tour de France inshuro enye, yemeje ko azitabira Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships) izabera i Kigali, mu Rwanda, kuva ku itariki ya 21 kugeza kuya 28 Nzeri 2025.

Pogačar, w’imyaka 26, ni we uheruka kwegukana Tour de France ya 2025 yabereye mu Bufaransa.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Tadej Pogačar yavuze ko atazitabira Isiganwa ry’amagare rya Vuelta a España 2025, rizabera i Madrid muri Espagne muri Kanama, ahubwo azafata ikiruhuko mbere yo kwerekeza i Kigali muri Shampiyona y'Isi y'Amagare.

Yakomeje avuga ko yagize ikibazo cy'uburwayi mu gihe cyo gusoza Tour du France, gituma umubiri umutegeka gufata ikiruhuko mbere yo kuza mu Rwanda muri Shampiyona y'Isi izaba igiye kubera ku nshuro ya mbere muri Afurika.

Uyu mmukinnyi ari nawe wegukanye Shampiyona y'Isi y'Amagare ya 2024, yabereye i Zurich, muri Switzerland, avuga ko yiteguye kongera kwegukana iyi iyi Shampiyona izaba iri kubera i Kigali.

Yongeyeho ko mbere yaho azabanza kwitabira amasiganwa azabera muri Canada, mu mujyi wa Québec na Montréal, mbere yo kwerekeza i Kigali.

Ati" Nzagerageza kugaruka ndi mu buryo bwiza bwo gusiganwa muri icyo gice, cyane cyane niteguye kuzakina neza Shampiyona y’Isi."

Shampiyona y’Isi y'Amagare ya 2025 izaba ari inshuro ya mbere ibereye ku mugabane wa Afurika. Umujyi wa Kigali niwo watoranyijwe kuzakira iri rushanwa rizahuza abakinnyi b’icyiciro cya mbere bo mu bihugu birenga 70.

Ni Shampiyona izakinwa iminsi umunani hagati yo ku Cyumweru tariki 21 Nzeri na tariki 28 Nzeri 2025, aho izakinwamo ibyiciro 13 birimo abagabo, abagore n’abakiri bato.

Showing all 266 updates
Show Less
[fluentform id="3"]